Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Kigali Convention Center hagiye kubera igitaramo cyo Kuramya Imana cyateguwe n’ Umuryango “Corona Space”

$
0
0

Umuryango Corona Space n’umuryango umaze igihe kitari gito ukora ibikorwa bitandukanye hano mu Rwanda, aho kuri ubu bateguye igitaramo cy’amateka kizabera mu mujyi wa Kigali munyubako shya ya Kigali Convention Center,  iki gitaramo kikaba cyarahawe intego igira iti;”Taste of Paradise” .

15057882_1384557041563867_1690421063_n

Umwe mubashinzwe kugenzura ibikorwa byuyumuryango Bwana Roger  yatangarije Isange.com Ko imyiteguro bayigeze kure, avuga kandi  ko iyo Concert izabera muri Kigali Convention Center, avuga ko impamvu bahisemo ko ariho ikigitaramo cyabera  ngo nuko  ariho babona haborohereza muri byinshi birimo Salle nziza yabugenewe kandi nini inafite na Facilities zose bakenera. Yatubwiye Ko ibiciro bitazaba bihanitse kuko bifuza Ko abantu benshi bazashobora kuramya no guhimbaza Imana, kwinjira bikazaba ari kuva ku 10.000frw na 15.000frw kugeza kuri 20.000frw. hakazaba hateganyijwe imyanya yibyo byiciro byose.

imwe

Iki gitaramo kizabera muri Convention Center

Abajijwe kubirebana nuburyo abantu bazinjira yavuzeko abantu bazagura amatike twatekereje ko buri wese yanjya ahamworoheye hazamubera hafi, akaba ariyo mpamvu twayashyize ahantu hatandukanye,: Simba Super market yo mu mujyi, Simba ya Kacyiru, Simba ya Kimironko, Nakumatty(KCT), Ndori Supermarket, Station Kobil..doreko imiryango izafungura guhera I Saa16h30’, naho igitaramo nyirizina kikazatangira  I Saa18h00’

Korale de Kigali nayo izitabira iki gitaramo

Korale de Kigali nayo izitabira iki gitaramo

Bumwe mu butumwa yatanze Umuyobozi wa Corona Space Organisation yavuze kandi  ko Nimba uwo dukorera ari umwe kuki duhanganye? Ese nuko imyemerere yacu itandukanye kandi uwo dukorera ari umwe? Ibi ni bimwe mubyibazwa n’ Umuryango Corona Space gusa ngo waba uje ugamije guteza imbere umuziki wa Gospel mu  Rwanda, ndetse no gusubiza bimwe muri ibi bibazo abantu bakunze kwibaza. Ni nyuma yuko biri kugenda bigaragara ko hari bamwe mu bahanzi n’abanyamuziki  bari kugenda bakurikira cyane ibintu bitandukanye nibyo bahamagariwe gukora bityo bikabatera kuva muri Gospel.

14690903_1603373629964356_5120944755479744718_n

Israel Mbonyi nawe n’umwe mubiteguye kuzataramira abazitabira ikigitaramo

Bamwe mubazitabira iki gitaramo harimo Israel Mbonyi, TruePromises, Alarm Ministry,Korali de Kigali,  biteganwa ko bifuza ko iki gitaramo kizajya kiba ari igitaramo ngaruka mwaka.

 

Isange.com izakomeza kubakurikiranira hafi ibyiki gitaramo


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles