Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Menya amateka yaranze icumu ryatewe mu rubavu rwa Yesu, n’uburyo ryahirimbaniwe n’ibihangange birimo Hitler.

$
0
0

Nk’uko byanditswe mu Ivanjiri  ya
Yohani 19:34, ubwo Yezu yari ku musaraba
umwe mu basirikare yamutikuye icumu mu
rubavu havamo *amazi avaze n’amaraso.*

Ibi byabaye kugira ngo ibyahanuwe
n’umuhanuzi Yesaya bisohore. “Nyamara
ibicumuro byacu ni byo yatikuriwe,
yashenjaguriwe no gukizwa kwa muntu, igihano
kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi
imibyimba ye niyo adukirisha” Yesaya 53:5”.

Nk’uko biri mu kwemera kwa  Gikristu, amaraso
n’amazi byavuye mu rubavu rwa Yezu nibyo
adukirisha ibyaha, indwara n’izindi ntimba
zitandukanye.

Nk’uko bisobanurwa n’abahanga
batandukanye mu *bumenyamana* *(théologie),*
umusirikare watikuye Yezu icumu mu rubavu
amazina ye ni *LONGINUS* akaba yari
umusirikare uyobora itsinda ry’abasirikare
100 mu ngabo za *Pilato* akaba yarafite
inararibonye mu kwica urubozo abo shebuja
*Pilato* yamaze guciraho iteka ryo gupfa.

Ariko *LONGINUS* yaje kugira ikibazo
cy’uburwayi apfa ijisho ibi byamuteye
ubusembwa butashoboraga gutuma aguma
kuba mu ngabo ariko na none bitewe nuko
shebuja *Pilato* yamwemeraga nk’umusirikare
ufite uburambe mu kubabaza yaje kubona ko  kumutakaza mu ngabo ze yaba
ahombye cyane.

Niko kumuhindurira
inshingano amuvana mu mutwe yakoragamo
amujyana kuba ukuriye ibikorwa byo ku
musozi wa *Gologota* I Nyabihanga umusozi
wicirwagaho abamaze guhabwa igihano cg’
urupfu cyo ku musaraba.

Abicirwaga kuri uyu musozi babaga ari
abagome bagombaga kwicwa urupfu
rw’agashinyaguro kuko bavugaga ko abo
banzwe n’Imana ndetse n’isi ikaba itabemera,
niyo mpamvu bababambaga ku musaraba ngo
batandukane n’isi n’ijuru.

Kuri yu musozi niho
Yezu kristu yabambwe.
Yezu kristu ku musaraba
Nk’uko yari abimenyereye mu kubabaza
abantu kwe, *Longinus* yategetse ko bavuna
amaguru abari babambanywe na Yezu kristu ngo
bapfe vuba kuko *isabato* yari yegereje ariko
bajya kugera kuri Yezu we basanga yapfuye
batamuvunnye amaguru (Yohani 19:32).

Ibi
byarakaje *Longinus* kuba Yezu kristu atanze
atamuvunnye amaguru, n’uburakari bwinshi
niko kumutera icumu mu rubavu agira ngo
arebe koko ko yapfuye havamo amazi
n’amaraso ariko ibi byabereye *Longinus*
umugisha kuko amazi avanze n’amaraso
byaguye kuri rya jisho ryari rihumye
rirahumuka.
Iri cumu *Longinus* yakoresheje ashinyaguza
urubavu rwa Kristu ryaje gufatwa nk’icumu
ridasanzwe ndetse abami b’abami benshi
barifata nk’ikirango cy’ububasha butangaje
bakoreshaga berekana ko ubwami bwabo
bukomeye.

Ryafashwe kandi nk’intwaro ikomeye ku
buryo urifite atashobora gutsindwa kubw’iyo
mpamvu buri umwe wese washakaga kuba
igihangange ku isi no kubaka ubwami
butanyeganyega yarwanaga iy’inkundura
kugirango iryo cumu arifate mu biganza bye.

Iri *cumu* ryagiye rihabwa amazina
atandukanye ariko iryahuriwe ho nabenshi
ndetse arinaryo ryatumaga rimaranirwa
rikanizerwamo imbaraga ni *Icumu Ritagatifu.*

Kuva mu kinyejana cya *mbere* kugeza mu cya
*gatandatu* iri cumu ryari mu biganza
by’ubwami bw’abami bw’abaroma ribitswe
muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero,
Umwami w’abami w’abaroma yakoresheje iri
cumu nk’ikimenyetso cyo gukomera ku bwami
bwe ndetse akavugako igihe cyose arifite nta
washobora kumurwanya ngo amutsinde kandi
ni nako ryasimburanaga mu biganza
by’abami b’abaromani uko ingoma
zasimburanaga.

Ahagana mu 1350, Umwami w’abami
w’abadage witwaga *Charles Magne* (soma
*sharire manye*) yarwaniye gupfa no gukira ngo
iri cumu arishyikire amaze kurifata
yarikoresheje mu ntambara aho ngo ingabo ze
zizeraga ko iyo arishyize hejuru batsindaga
urugamba yarimanura bagatsindwa.

Uku niko
ubwami bw’abadage bwakomeje gufata iri
cumu ritagatifu nk’intwaro ikomeye
yabafashije kuba igihangange ku isi.

Mu 1806,
ubwo ubwami butagatifu bw’abaromani
bwasenyukaga burundu iri cumu ryatwawe
mu nzu ndangamurage ya *Hofburg*(ofubage)
mu mugi wa Vienne muri *Otrishe.*

Mu 1908 *Hitler* yamenye iby’iri cumu. uko
yakuraga afite inyotay’ubutegetsi no kuba
umwami w’abami w’abadage kandi akabyutsa
ubwami bw’abadage mu burayi, yumvaga
icyamufasha kugera ku nzozi ze ntakindi uretse
gushyikira icumu ritagatifu.

Ku wa 12/03/ 1938 ingabo za *Hitler*
zigaruriye igihugu cya Otrishe ariko aziha
amabwiriza yo kurwanira gushira, ariko
bagashyikira icumu ritagatifu kandi ababwira
ko ntawemerewe kurikozaho ibiganza mbere
yuko arikoraho.

Bidatize ku wa 15/03/1938,
*Hitler* yakandagiye mu mujyi wa *Viennes* muri
*Otrishe* kandi ashyira mu biganza bye icumu
ryatewe mu rubavu rwa Yezu kristu na *Longinus*
aritwara mu majyepfo y’ubudage mu mujyi
wa *Nurmberg* (soma nirimbege) aho ryari
Ryarashyizwe na *Charles Magne* mbere y’uko
rijyanwa I Vienne.

Umugenerali w’umunyamerika witwa *George Patton* we yise iri cumu ingabo irinze
ubukiristu ku isi, yagize inyota yo gufata iri
cumu mu biganza bye kandi yumvaga
kurigira akanaritwaramu gihugu cye cya
*Amerika* ari ubutwari no kuzana itsinzi
n’ubuhangange ku gihugu cye. Ibi byatumye
ubwo yarwanaga intambara ya kabiri y’isi,
*Patton* yarwanye inkundura kandi ashyiraho
itsinda ryihariye ry’abasirikari abaha
n’ibikoresho bikomeye kugira ngo byanga
byakunda bashyikire iri cumu.
Nyuma y’intambara y’imyaka itanu, mu 1945
ubwami bwa Hitler bwarasenyutse ndetse
ingabo za *Generale Patton* zishyikira icumu
ritagatifu zirikuye mu buvumo ryari
ryashyizwemo n’ingabo za *Hitler* mu mugi wa
Nermberg.

Nyuma y’impaka ndende, mu 1951 icumu
ritagatifu ryasubijwe mu ngoro ndangamuco
ya Ofubage *(Hofburg)* mu mujyi wa *Viennes*
muri Otirishe aho *Hitler* yari yararikuye
akaba ari naho riri magingo aya kandi rikaba
ririnzwe mu buryo bukomeye.

Amateka y’icumu ryatikuwe mu rubavu rwa
Yezu kristu agaragaza ko mu bami babayeho
bagakora amateka yanyeganyeje isi, Yezu ari
we mwami w’abami kuko abo isi yita abami
b’abami nabo bemeje kandi bagaragaza
hejuru yabo hari ubasumba kandi ko
kumwiringira aribyo bitanga icyubahiro,
ubutware no kuramba.

N’ubwo yabambwe
nk’umugome ariko ibyakoreshejwe byose
bamubamba byahindutse ibirango
n’ibyububasha bidasanzwe, kuko yari umwami
w’abami.

Ni Umwami uganje ubu n’Iteka ryose.

*AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YEZU MU RUBAVU*

Nk’uko byanditswe mu Ivanjiri  ya
Yohani 19:34, ubwo Yezu yari ku musaraba
umwe mu basirikare yamutikuye icumu mu
rubavu havamo *amazi avaze n’amaraso.*

Ibi byabaye kugira ngo ibyahanuwe
n’umuhanuzi Yesaya bisohore. “Nyamara
ibicumuro byacu ni byo yatikuriwe,
yashenjaguriwe no gukizwa kwa muntu, igihano
kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi
imibyimba ye niyo adukirisha” Yesaya 53:5”.

Nk’uko biri mu kwemera kwa  Gikristu, amaraso
n’amazi byavuye mu rubavu rwa Yezu nibyo
adukirisha ibyaha, indwara n’izindi ntimba
zitandukanye.

Nk’uko bisobanurwa n’abahanga
batandukanye mu *bumenyamana* *(théologie),*
umusirikare watikuye Yezu icumu mu rubavu
amazina ye ni *LONGINUS* akaba yari
umusirikare uyobora itsinda ry’abasirikare
100 mu ngabo za *Pilato* akaba yarafite
inararibonye mu kwica urubozo abo shebuja
*Pilato* yamaze guciraho iteka ryo gupfa.

Ariko *LONGINUS* yaje kugira ikibazo
cy’uburwayi apfa ijisho ibi byamuteye
ubusembwa butashoboraga gutuma aguma
kuba mu ngabo ariko na none bitewe nuko
shebuja *Pilato* yamwemeraga nk’umusirikare
ufite uburambe mu kubabaza yaje kubona ko  kumutakaza mu ngabo ze yaba
ahombye cyane.

Niko kumuhindurira
inshingano amuvana mu mutwe yakoragamo
amujyana kuba ukuriye ibikorwa byo ku
musozi wa *Gologota* I Nyabihanga umusozi
wicirwagaho abamaze guhabwa igihano cg’
urupfu cyo ku musaraba.

Abicirwaga kuri uyu musozi babaga ari
abagome bagombaga kwicwa urupfu
rw’agashinyaguro kuko bavugaga ko abo
banzwe n’Imana ndetse n’isi ikaba itabemera,
niyo mpamvu bababambaga ku musaraba ngo
batandukane n’isi n’ijuru.

Kuri yu musozi niho
Yezu kristu yabambwe.
Yezu kristu ku musaraba
Nk’uko yari abimenyereye mu kubabaza
abantu kwe, *Longinus* yategetse ko bavuna
amaguru abari babambanywe na Yezu kristu ngo
bapfe vuba kuko *isabato* yari yegereje ariko
bajya kugera kuri Yezu we basanga yapfuye
batamuvunnye amaguru (Yohani 19:32).

Ibi
byarakaje *Longinus* kuba Yezu kristu atanze
atamuvunnye amaguru, n’uburakari bwinshi
niko kumutera icumu mu rubavu agira ngo
arebe koko ko yapfuye havamo amazi
n’amaraso ariko ibi byabereye *Longinus*
umugisha kuko amazi avanze n’amaraso
byaguye kuri rya jisho ryari rihumye
rirahumuka.
Iri cumu *Longinus* yakoresheje ashinyaguza
urubavu rwa Kristu ryaje gufatwa nk’icumu
ridasanzwe ndetse abami b’abami benshi
barifata nk’ikirango cy’ububasha butangaje
bakoreshaga berekana ko ubwami bwabo
bukomeye.

Ryafashwe kandi nk’intwaro ikomeye ku
buryo urifite atashobora gutsindwa kubw’iyo
mpamvu buri umwe wese washakaga kuba
igihangange ku isi no kubaka ubwami
butanyeganyega yarwanaga iy’inkundura
kugirango iryo cumu arifate mu biganza bye.

Iri *cumu* ryagiye rihabwa amazina
atandukanye ariko iryahuriwe ho nabenshi
ndetse arinaryo ryatumaga rimaranirwa
rikanizerwamo imbaraga ni *Icumu Ritagatifu.*

Kuva mu kinyejana cya *mbere* kugeza mu cya
*gatandatu* iri cumu ryari mu biganza
by’ubwami bw’abami bw’abaroma ribitswe
muri Bazirika yitiriwe Mutagatifu Petero,
Umwami w’abami w’abaroma yakoresheje iri
cumu nk’ikimenyetso cyo gukomera ku bwami
bwe ndetse akavugako igihe cyose arifite nta
washobora kumurwanya ngo amutsinde kandi
ni nako ryasimburanaga mu biganza
by’abami b’abaromani uko ingoma
zasimburanaga.

Ahagana mu 1350, Umwami w’abami
w’abadage witwaga *Charles Magne* (soma
*sharire manye*) yarwaniye gupfa no gukira ngo
iri cumu arishyikire amaze kurifata
yarikoresheje mu ntambara aho ngo ingabo ze
zizeraga ko iyo arishyize hejuru batsindaga
urugamba yarimanura bagatsindwa.

Uku niko
ubwami bw’abadage bwakomeje gufata iri
cumu ritagatifu nk’intwaro ikomeye
yabafashije kuba igihangange ku isi.

Mu 1806,
ubwo ubwami butagatifu bw’abaromani
bwasenyukaga burundu iri cumu ryatwawe
mu nzu ndangamurage ya *Hofburg*(ofubage)
mu mugi wa Vienne muri *Otrishe.*

Mu 1908 *Hitler* yamenye iby’iri cumu. uko
yakuraga afite inyotay’ubutegetsi no kuba
umwami w’abami w’abadage kandi akabyutsa
ubwami bw’abadage mu burayi, yumvaga
icyamufasha kugera ku nzozi ze ntakindi uretse
gushyikira icumu ritagatifu.

Ku wa 12/03/ 1938 ingabo za *Hitler*
zigaruriye igihugu cya Otrishe ariko aziha
amabwiriza yo kurwanira gushira, ariko
bagashyikira icumu ritagatifu kandi ababwira
ko ntawemerewe kurikozaho ibiganza mbere
yuko arikoraho.

Bidatize ku wa 15/03/1938,
*Hitler* yakandagiye mu mujyi wa *Viennes* muri
*Otrishe* kandi ashyira mu biganza bye icumu
ryatewe mu rubavu rwa Yezu kristu na *Longinus*
aritwara mu majyepfo y’ubudage mu mujyi
wa *Nurmberg* (soma nirimbege) aho ryari
Ryarashyizwe na *Charles Magne* mbere y’uko
rijyanwa I Vienne.

Umugenerali w’umunyamerika witwa *George Patton* we yise iri cumu ingabo irinze
ubukiristu ku isi, yagize inyota yo gufata iri
cumu mu biganza bye kandi yumvaga
kurigira akanaritwaramu gihugu cye cya
*Amerika* ari ubutwari no kuzana itsinzi
n’ubuhangange ku gihugu cye. Ibi byatumye
ubwo yarwanaga intambara ya kabiri y’isi,
*Patton* yarwanye inkundura kandi ashyiraho
itsinda ryihariye ry’abasirikari abaha
n’ibikoresho bikomeye kugira ngo byanga
byakunda bashyikire iri cumu.
Nyuma y’intambara y’imyaka itanu, mu 1945
ubwami bwa Hitler bwarasenyutse ndetse
ingabo za *Generale Patton* zishyikira icumu
ritagatifu zirikuye mu buvumo ryari
ryashyizwemo n’ingabo za *Hitler* mu mugi wa
Nermberg.

Nyuma y’impaka ndende, mu 1951 icumu
ritagatifu ryasubijwe mu ngoro ndangamuco
ya Ofubage *(Hofburg)* mu mujyi wa *Viennes*
muri Otirishe aho *Hitler* yari yararikuye
akaba ari naho riri magingo aya kandi rikaba
ririnzwe mu buryo bukomeye.

Amateka y’icumu ryatikuwe mu rubavu rwa
Yezu kristu agaragaza ko mu bami babayeho
bagakora amateka yanyeganyeje isi, Yezu ari
we mwami w’abami kuko abo isi yita abami
b’abami nabo bemeje kandi bagaragaza
hejuru yabo hari ubasumba kandi ko
kumwiringira aribyo bitanga icyubahiro,
ubutware no kuramba.

N’ubwo yabambwe
nk’umugome ariko ibyakoreshejwe byose
bamubamba byahindutse ibirango
n’ibyububasha bidasanzwe, kuko yari umwami
w’abami.

Ni Umwami uganje ubu n’Iteka ryose.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>