Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Korali Bethifague ya ADEPR Cyahafi yasuye urwibutso rwa Gisozi, ihigira amateka menshi.

$
0
0

Uru ruzinduko rwa korali Bethifague yo muri  Paruwasi ya ADEPR Cyahafi ku rwibutso rwa Gisozi  ku inshuro  yayo ya mbere yarukoze irangajwe imbere n’umuvugizi wa ADEPR Bish.Sibomana Jean rukaba rwabaye ku cyumweru tariki ya 26/03/2017 ku saha ya saa tanu(11h00’) za mu gitkondo aho babanje gusobanurirwa amateka agize urwibutso,  bakanasura ibice byose uko ari bitatu birugize,  hanatangirwa n’ubutumwa butandukanye ku mateka mabi yaranzwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Hasobanuwe ko kuri uru rwibutso hashyinguwe  imibiri y’abatutsi bagera ku 259,000 bakuwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Habayeho kandi kunamira izi nzirakarengane hashyirwa indabo ku mva rusange zishyinguwemo hanashyirwaho indabyo bikaba bakozwe n’Umuvugizi wa ADEPR afatanije n’umushumba wa  Paruwasi ya Cyahafi. Hakurikiraho umuyobozi w’abaririmbyi ba Korari Bethifague hanafatwa umunota umwe wo kwibuka inzirakarengane zihashyinguye. Havuzwe isengesho rigufi  ryo gusabira abahashyinguye bose n’abandi bashyinguye mu nzibutso zitandukanye ziri hirya no hino mu gihugu bisozwa hafatwa n’ifoto y’urwibutso.

Bishop Sibomana yashimiye uko korale yateguye igikorwa cyo gusura urwibutso kugira ngo barusheho gusobanukirwa uko Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 yagenze. Yasabye abakiri bato guhagarara kigabo birinda ingengabitekerezo ya Jenoside ari nako babungabunga ibyagezweho baharanira iterambere ry’igihugu cyacu. Yaboneyeho gukomeza  ashishikariza abari aho  bose guharanira gufatana mu mugongo by’umwihariko muri ibi bihe bikomeye tugiyemo cyo kwibuka abacu bazize Jenoside.

Nyuma  yigikorwa cyogushyira indabo kumva  ahashyinguye imibiri  y’inzirakarengane zigera ku259000 hatanzwe inkunga yo gufasha urwibutso mu kubungabunga amateka y’igihugu cyacu, bashimirwa cyane inkunga bateye urwibutso. Hakurikiyeho kwandika mu gitabo cy’abashyitsi  bikorwa n’umuyobozi n’umuvugizi wa ADEPR Bish. Sibomana Jean. Hasozwa hafatwa ifoto ya Korari yose nk’urwibutso rw’umunsi w’urugendo rwabo rwo kuwa 26/03/2017 ku gisozi.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>