Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Nyuma yo gusura inzu y’isanamitima n’ubwiyunge ya Rabagirana Ministries ,Urubyiruko rwibumbiye muri Never Again Club rwiyemeje gufasha abandi mu rugendo rw’isanamitima

$
0
0

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Mata 2017 nibwo abasore n’abakobwa bibumbiye muri Never again Clubs basuraga inzu ya Rabagirana Ministries yiswe  Light House ,Iherereye  ku cyicaro Gikuru cy’uyu muryango i Masaka ho mu mujyi wa Kigali.

Uru rubyiruko ni urwibumbiye mu matsinda agamije kurwanya Jenoside mu bigo by’amashuri yisumbuye azwi nka Never again Clubs.Abasuye iyi nzu  ikungahaye ku bumenyi bujyanye no gufasha abantu mu rugendo rw’isanamitima,ni abaturutse mu rwunge rw’amashuri rwa Masaka ho mu mujyi wa Kigali.Mu kiganiro bahaye Isange.com mbere y’uko binjira  muri iyi nzu,basobanuye ko bashishikajwe no gusobanukirwa neza urugendo rw’isanamitima n’ubwiyunge mu rwego rwo kugira ngo bafashe na bagenzi babo bafite ibibazo bishingiye ku ngaruka za Jenoside ibintu bavuga ko basanzwe bakora ari ko nta murongo nyawo bari bafite ariko bakavuga ko nyuma yo gusura Reconciliation Light House ngo nta kabuza bagomba kuhakura impamba izabafasha kwita kuri bagenzi babo yabao aho batuye cyagnwa no mu mashuri bakomokamo.

 

Rugamba Aimable ,ni umwe muri aba banyeshuri  yavuze ko ashimira cyane uyu muryango Rabagirana Ministries ku nyigisho nziza z’isanamitima babigisha ariko yongeraho ko bigiye kuba akarusho gusura inzu nk’iyi irimo ubumenyi butandukanye bujyane n’isanamitima.Yongeyeho kandi ko bigiye kumufasha kumenya imikoreshereze y’ubumenyi afite mu bijyanye n’isanamitima n’ubwiyunge.

Ubuyobozi bwa Rabagirana Ministries buvuga  ko bwahisemo kuganriza uru rubyiruko mu rwego rwo kububakamo  ubumuntu no kubakomeza mu rugendo rw’isanamitima.Bakomeza bavuga ko urubyiruko rwakira imitekerereze inyuranye  bityo ko bakeneye kwitabwaho kugira ngo bakomeze gukura bafite impamba izatuma   bageza mu busaza baharanira ubwiyunge.Babwiwe kandi ko Umugambi w’Imana ari uko yaremye  abantu mu ishusho yayo kugira ngo bishimirane yaba mu byo badahuje n’ubushobozi bwabo burutanwa ariko bagahimbaza Imana kuko ari cyo yabaremeye.

Mu byo beretswe  harimo amashusho,indirimbo,imivugo,ibishushanyo n’ibindi nka bimwe mu byifashishwa mu gutanga ubutumwa bw’isanamitima n’ubwiyunge.Bakanguriwe kandi ko nk’abanyarwanda bagomba kumva ko ari bamwe  bakishimira ubudasa bwabo yaba ku bushobozi butandukanye bafite n’ibindi .

Aba banyeshuri bahavuye bafashe umwanzuro wo kugenda bakigisha bagenzi babo uburyo barwana n’imitekerereze yanduye ,ahubwo bakimakaza  igitekerezo cy’Imana cyo kwishimira ubudasa no guhimbaza Imana.

Rabagirana Ministries ni umuryango umaze imyaka 3 mu bikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge,ukaba  umaze guhugura abantu b’ingeri zinyuranye

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>