Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Umushumba w’Anglican ku Isi ati “gucira urubanza abatinganyi ni ikosa” Mugabe ati “ashywi”

$
0
0

Umushumba w’itorero ry’anglican ku Isi Musenyeri   Justin Welby yavuze ko gucira urubanza  abakora imibonano mpuzabitsina n’abo babihuje ari ikosa  Perezida Mugabe wa Zimbabwe  we  arabirwanya yivuye inyuma.

Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe

Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe

Mu kiganiro Musenyeri  Justin yagiranye na Perezida   bavugana uburyo Idini rye rifata umuco w’abakora imibobnano mpuzabitsina n’abo babihuje, yamubwiye ko abayoboke b’anglican babifata mu buryo butandukanye ku Isi.

Ni mu kiganiro bagiranye Justin avuye muri zambiya mu nama y’abakuru b’idini.

Yavuze ko ubundi bemera ko   benshi mubayoboke b’iryo dini bemeza ko kubakana ari kubana umwanya muremure hagati y’umugabo n’umugore.

Musenyeri Welby yavuze ko ari ikosa kubacira urubanza cyangwa kubahana kubera aho bahagaze kubijanye no kwubakana cyangwa gukundana.

_89303979_160408235433_justin_welby_640x360_reuters_nocredit

Ikinyamakuru  BBC kivuga ko Justin abajijwe icyo ibiganiro byagezeho yavuze ko atabeshya ko ibyo bavuganye babyumvikanyeho.

Ibiganiro bya Mugabe w’umugatolika utemera ukubana kw’abahuje ibitsina  na Justin byamaze igihe kitageze ku isaha wibanze ku iyobokamana kurusha Politiki.

Ikibazo cyo kwemera abantu babana bahuje igitsina byagumye kutumvikanwaho cyane m idini rya Anglican kw’isi, cyane cyane muri Afurika. Ndetse no muri Kiliziya Gatolika aho mu minsi ishize  umushumba wa kiliziya Gatolika Papa Francis yahamagariye abihaye Imana gatolika ku Isi kutabafata nk’ibicibwa.

The post Umushumba w’Anglican ku Isi ati “gucira urubanza abatinganyi ni ikosa” Mugabe ati “ashywi” appeared first on .::Urubuga rwa mbere rwa Gikiristo ::..


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>