Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live

Isozwa rya Groove Awards Rwanda 2016 rizitabirwa na bimwe mu byamamare muri muzika ya Gospel

$
0
0

Kuri iki cyumweru tariki 13 Ugushyingo 2016  nibwo hateganyijwe umuhango wo gusoza kumugaragaro irushanwa rya Groove Awards Rwanda aho hazaba hatangazwa n’ abahanzi batsindiye ibihembo by’uyu mwaka wa 2016 mu irushanwa Groove Awards ribaye ku nshuro ya kane ribera mu Rwanda.

Rene Hubert

Rene Hubert

Umwe mu bakozi ba Groove Awards Rwanda, akaba ari nawe ushinzwe gutangaza amakuru y’iri rushanwa, Bwana Rene Hubert  yatangaje  ko Daddy Owen azaba ari mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru ndetse akazafatanya n’abantu bose bazitabira ibirori bya Groove Awards 2016

Biteganyijwe ko Umuhanzi Daddy Owen uzaba yaturutse mugihugu cya Kenya ko nawe azitabira uyumuhango

Biteganyijwe ko Umuhanzi Daddy Owen uzaba yaturutse mugihugu cya Kenya ko nawe azitabira uyumuhango

Kumurongo wa telephone aganira n’ Umunyamakuru wa Isange.com  yagize ati:” Isozwa rya groove award dufitemo ibikorwa bitandukanye, kuko dufite n’abahanzi bazaririmba barimo aba hano mu Rwanda , nka Serge Iyamuremye,Gabby, Diana Kamugisha,Gisubizo Ministry, na Kingdom. Hakaza n’umwe  mubazaturuka hanze y’u Rwanda ariwe Daddy Owen ubarizwa mu gihugu cya Kenya”.

Yasoje avuga ko agira  abantu inama yo kuhagera kare kugira ngo bazicazwe neza ku babishaka kandi ngo amasaha azubahirizwa. Biteganyijwe ko  Iki gitaramo kizatangira Saa16h00’ biteganyijwe ko hazaba hatangiye igikorwa cyo gutambuka ku itapi itukura, naho Saa 18h00’ akaba aribwo  igikorwa rusange kizaba gitangiye

dsc_0350

Dore urutonde rw’abahatanira ibihembo bya Groove Awards Rwanda 2016

1 Male Artist Of The Year: Albert Niyonsaba, Bigizi Gentil Kipenzi, Kayitana Janvier, Serg­­e Iyamuremye, Thacien Titus

2 Female Artist Of The Year: Favor Uwikuzo G, Gogo Gloria, Grace Ntambara, Mama Paccy, Stella Manishimwe Christine

3 Choir Of The Year: Ambassadors of Christ choir, Gibiyoni choir, Gisubizo Ministries, Healing worship team, Heman worshipers International

4 New Artist/Group Of The Year: Arsene Tuyi, Cedric Sebba, Claver Papy, Manzi Olivier, Sano Olivier

5 Song Of The Year: Amfitiye byinshi- Gisubizo Ministries, Icyo yavuze- Manzi Olivier, Itangazo- Gibiyoni choir, Ntacyo mfite- Bigizi Gentil Kipenzi, Nzamuhimbaza- Kingdom of God Ministries

6 Worship Song Of The Year: Amfitiye byinshi- Gisubizo Ministries, Bara iyo migisha- Healing worship team, Nzamuhimbaza- Kingdom of God Ministries, Ubutumwa- Janvier Muhoza, Warakoze- Daniel Svesson Ft Aime, Simon Kaberaand Patinet Bizimana

7 Hiphop Song Of The Year: Igitangaza: Blaise Pascal, Inzira inyerera: P Professor, Nyibutsa: The Chrap, Waratoranyijwe: Rev Kayumba, Yesu ni Umwami: MD

8 Video Of The Year: Arankunda: Gaby Kamanzi, Change me: Regy Banks, Yehova: Janvier Kayitana, Ntacyo mfite: Bigizi Gentil Kipenzi, Urihariye: Gogo Gloria

9 Dance Group Of The Year: Bounegers Drama team, Planet shakers, Praise again drama team, Shekinah Drama team, Shining stars

10 Gospel Radio Show Of The Year: Gospel Impact: Contact Fm, Himbaza show: City Radio, Magic Gospel mix: Magic fm, Nezerwa: Inkoramutima radio, Top stories: Umucyo Radio

11 Radio Presenter Of The Year: Ange Daniel Ntirenganya, Justin Belis, Mbabazi Felix, Nicodem N Peace, Vainqeur Munyakayanza

12 Tv Show Of The Year: Himbaza show- Flash fm, Jambo Gospel: Family Tv, Power of the praise- Royal tv, Shalom Gospel show- Clouds tv, The Grace show- TV1

13 Christian Website: Agakiza.org, Ibyiringiro.rw, Issabato.com, Iyobokamana.com, Ubugingo.com

 

Uyu muhango ukazabera i Kigali muri Serena Hotel aho kwinjira bisaba kuba ufite urupapuro rw’ubutumire(Invitation)


Kigali Convention Center hagiye kubera igitaramo cyo Kuramya Imana cyateguwe n’ Umuryango “Corona Space”

$
0
0

Umuryango Corona Space n’umuryango umaze igihe kitari gito ukora ibikorwa bitandukanye hano mu Rwanda, aho kuri ubu bateguye igitaramo cy’amateka kizabera mu mujyi wa Kigali munyubako shya ya Kigali Convention Center,  iki gitaramo kikaba cyarahawe intego igira iti;”Taste of Paradise” .

15057882_1384557041563867_1690421063_n

Umwe mubashinzwe kugenzura ibikorwa byuyumuryango Bwana Roger  yatangarije Isange.com Ko imyiteguro bayigeze kure, avuga kandi  ko iyo Concert izabera muri Kigali Convention Center, avuga ko impamvu bahisemo ko ariho ikigitaramo cyabera  ngo nuko  ariho babona haborohereza muri byinshi birimo Salle nziza yabugenewe kandi nini inafite na Facilities zose bakenera. Yatubwiye Ko ibiciro bitazaba bihanitse kuko bifuza Ko abantu benshi bazashobora kuramya no guhimbaza Imana, kwinjira bikazaba ari kuva ku 10.000frw na 15.000frw kugeza kuri 20.000frw. hakazaba hateganyijwe imyanya yibyo byiciro byose.

imwe

Iki gitaramo kizabera muri Convention Center

Abajijwe kubirebana nuburyo abantu bazinjira yavuzeko abantu bazagura amatike twatekereje ko buri wese yanjya ahamworoheye hazamubera hafi, akaba ariyo mpamvu twayashyize ahantu hatandukanye,: Simba Super market yo mu mujyi, Simba ya Kacyiru, Simba ya Kimironko, Nakumatty(KCT), Ndori Supermarket, Station Kobil..doreko imiryango izafungura guhera I Saa16h30’, naho igitaramo nyirizina kikazatangira  I Saa18h00’

Korale de Kigali nayo izitabira iki gitaramo

Korale de Kigali nayo izitabira iki gitaramo

Bumwe mu butumwa yatanze Umuyobozi wa Corona Space Organisation yavuze kandi  ko Nimba uwo dukorera ari umwe kuki duhanganye? Ese nuko imyemerere yacu itandukanye kandi uwo dukorera ari umwe? Ibi ni bimwe mubyibazwa n’ Umuryango Corona Space gusa ngo waba uje ugamije guteza imbere umuziki wa Gospel mu  Rwanda, ndetse no gusubiza bimwe muri ibi bibazo abantu bakunze kwibaza. Ni nyuma yuko biri kugenda bigaragara ko hari bamwe mu bahanzi n’abanyamuziki  bari kugenda bakurikira cyane ibintu bitandukanye nibyo bahamagariwe gukora bityo bikabatera kuva muri Gospel.

14690903_1603373629964356_5120944755479744718_n

Israel Mbonyi nawe n’umwe mubiteguye kuzataramira abazitabira ikigitaramo

Bamwe mubazitabira iki gitaramo harimo Israel Mbonyi, TruePromises, Alarm Ministry,Korali de Kigali,  biteganwa ko bifuza ko iki gitaramo kizajya kiba ari igitaramo ngaruka mwaka.

 

Isange.com izakomeza kubakurikiranira hafi ibyiki gitaramo

Gukora kugiti cyabo ngo yaba ariyo nzira yabo yo kuva muri Alarme Ministries

$
0
0

Serugo Ben n’umudamu we Mbanza Chance bazwi cyane mu ndirimbo zitandukanye muri Alarme Ministries nyuma y’indirimbo baherutse gushyira hanze yitwa Ririmbira Umwami haribazwa niba baba batagiye gusohoka muri Alarm Ministries.

Twifuje kumenya niba nyuma yo gukora kugiti cyabo byaba bizatuma bava mu itsinda rya Alarm Ministries, Serugo Ben akaba agira ati: “ Ibi turikubikora mu rwego rwo kwagura ubwami bw’Imana nkuko ijambo ry’Imana rivuga ngo ibisarurwa ni byinshi ariko abasaruzi ni bake niyo mpamvu natwe itsinda ryo mu rugo rigomba kubaho kandi rigafatanya n’andi matsinda yose mu kwubaka ubwami bw’Imana ibi kandi ntibizatuma tudakomeza gukora inshingano sindi dufite muri Alarm Ministries, twebwe turi abanyamuryango ndetse turi n’abaririmbyi kandi tuzakomeza kuba abaririmbyi ba Alarm Ministries nubwo twakora umuziki kuruhande.”

Mbanza Chance we akaba yadutangarije ko kuririmba ku giti cyabo nka ‘Couple’ bazabikomeza na cyane ko biri mu muhamagaro wabo n’iyerekwa bafite ry’uko inzu yabo izakorera Imana. Yagize ati: “Tuzakomeza kuririmba nka couple, twembi dusengera Foursquare. Vision ni ukubaka ubwami bw’Imana uhereye mu rugo (Njye n’inzu yanjye tuzakorera Uwiteka) Joshua 24: 15”

Umunyamabanga mukuru wa Alarm ariwe Gakunzi David yamaganiye kure amakuru avuga ko Ben na Chance bashobora kuva muri Alarm Ministries kubera gukora kugiticyabo aho yagize ati “ Ntabwo Ben na Chance bashobora kuva muri Alarme Ministries kubera gukora indirimbo zabo kuko itsinda ryacu rya Alarm rihuriramo n’abaririmbyi batandukanye kandi bashobora no gukora indirimbo kugiti cyabo kandi natwe dushimishwa no kubona umwe muritwe ufite umuhamagaro kandi dushimishwa no kumufasha.”

Ben na Chance bari mu myiteguro yi igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana bazakora ku italiki ya 27 ugushyingo 2016 muri Forsquere Gospel Church aho bari gufashwa na Alarm Ministries ndetse na Sensitive ltd

Yavutse ntamaso afite ababyeyi be bahitamo kuzamura icyubahiro cy’Imana kuko ibahaye umwana udasazwe

$
0
0

Umwana w’umuhungu wavutse adafite amaso afite ababyeyi b’abakirisitu bizeye ko kubyara umwana utagira amaso ari igikorwa Imana yakoze kugirango ifungure amaso yabo babone icyubahiro cyayo babone n’agaciro k’ubuzima.

christian-buchanan

Nyuma y’imyaka 2 amaze gushyingirwa n’umusore biganaga muri kaminuza, mu umugi wa Nash uherereye muri Leta ya Tennessee Lacey yaje kwibaruka umwana nyuma yuko abaganga bakurikiranaga uyu mubyeyi bamubyiye ko yabyaye umwana ufite ubumuga butandukanye.

wj858d4266e2mpaj8yv2

Ariko nubwo yari avukanye ubumuga bwinshi butandukanye ababyeyi baretse uyu mwana arakomeza abaho nyuma yo kurebera mu byuma bagasanga ntamaso afite kandi afite n’ubundi bumuga butandukanye bw’ingingo.

Ariko bamwe mu nshuti z’uyu muryango bamaze kumva ko ibyuma biri kwerekana ko uyu mwana ntamaso afite kandi afite n’ubundi bumuga bw’ingingo butandukanye basabye uyu muryango ko batareka umwana umeze gutyo avuka, ariko uyu muryango urabyanga.

christian_cape_01

Umuntu umwe yabwiye uyu muryango akoresheje imbuga nkoranya mbaga ko aba babyeyi bikunze kuberako bari bakeneye umwana ariko batari bakwiye kureka uyu mwana abaho, ariko Lacey yasubije uyu muntu n’abandi bamubazaga iki kibazo ko ibyo bari kuvuga ariko isi ibona ibintu ariko atariko Imana ibona ibintu, kandi ko badakwiye gukurikiza ubushake bw’abantu ahubwo bakwiye gukurikiza ubushake bw’Imana.

536f493298cb51

Yavuze ko bakwiye gukunda uyu mwana nubwo atameze nk’abandi kuko ubudasa bw’abantu bugaragaza icyubahiro cy’Imana mu kurema, aho gukomeza kumva amabwire y’abantu, avuga ko Chritian aramutse apfuye byababaza cyane kuko nubwo ameze gutya bizeye ko azaba umuntu ukomeye cyane muri iyi si.

894913_485256268196621_837648163_o

Lacey yavuze ko mugihe Christian azaba ari mukuru abasha kumwa neza azamubwira ko amukunda cyane, kandi ko ari umuntu udasanzwe Imana yahisemo ngo amubere umuhungu kand ko abishimira Imana.

Uyu mubyeyi Lacey Buchanan akaba yiteguye gushyira ahagaragara igitabo kitwa “Through the eyes of hope” mu kinyarwanda ni “Mu maso y’ibyiringiro” kizasohoka mu Ukwakira 2017 kizavuga k’ubuzima bw’umwana we Christian.

Chorale Christus Regnat igiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 mu gitaramo cy’imbaturamugabo

$
0
0

Chorale Christus Regnat ni korali yo muri Paruwasi Regina Pacis /Remera, muri Arkidiyosezi ya Kigali. Ikaba ari korali imaze kuba ubukombe mu bijyanye na muzika ikoze neza, cyane cyane mu gitambo cya Misa no mu bindi bikorwa byubaka umuntu kuri roho ndetse n’umubiri.

Aha n’igihe Chorale Christus Regnat yari yiteguye gutaramira abakunzi bayo mu ntangiriro z’uyu mwaka

Aha n’igihe Chorale Christus Regnat yari yiteguye gutaramira abakunzi bayo mu ntangiriro z’uyu mwaka

Ni muri urwo rwego Chorale Christus Regnat yabateguriye igitaramo cyo gushimira Imana ibyiza bagezeho muri iyi myaka 10 bamaze bamamaza ijambo ry’imana binyuze mu ndirimbo.

iyi nayo ni cover ya Album nshya bazaba bamurika yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”

iyi nayo ni cover ya Album nshya bazaba bamurika yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”

Muri iki gitaramo cy’imbaturamugabo Chorale Christus Regnat izaboneraho n’umwanya wo kubamurikira Album yabo ya 5 yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”. Ikaba ari album nziza, igizwe n’indirimbo nziza zahimbwe n’abahanga muri muzika, kandi by’umwihariko ikaba irimo ubuhanga mu miririmbire ndetse no mu micurangire.

Aba ni abagize ijwi rya Basse na Tenor

Aba ni abagize ijwi rya Basse na Tenor

Kwinjira muri icyo gitaramo ni amafaranga ibihumbi bitanu (5,000 frw) ku bantu bakuru ndetse n’ibihumbi bibiri (2,000 frw) ku bana.

Agashya muri iki gitaramo n’uko babateguriye n’igitabo cy’izo ndirimbo kandi zanditse ku manota

Agashya muri iki gitaramo n’uko babateguriye n’igitabo cy’izo ndirimbo kandi zanditse ku manota

Icyo gitaramo kizabera kuri Lemigo Hotel, kuri icyi cyumweru, tariki ya 13/11/2016, saa kumi n’ebyiri (18h00’) za ni mugoroba. Amatike aragurishirizwa kuri librairie Sainte famille, kuri Centre Christus, ndetse no kuri Paruwasi Regina Pacis. Amatike kandi azanagurishirizwa ku muryango kuva saa kumi (16h00) za ni mugoroba.

Kubura muri iki gitaramo n’uguhomba uburyohe bw’amajwi meza y’aba baririmbyi ba Nyiribiremwa.

 

Nd. Bienvenu/Isange.com

Mu karere ka Kamonyi Korali Abaragwa yateguye igiterane cy’ iminsi 2 cyo gushima Imana

$
0
0

Ku itariki 10-11 Ukuboza 2016 nibwo Korali abaragwa ibarizwa mu itorero rya ADEPR Paruwasi ya  Rugarika Umudugudu wa Masaka  yateguye igiterane yise”NKWIRIYE GUKORA UMURIMO W’ UWANTUMYE” , iki giterane kazaba kigamije gushimira Imana muri byishi bayakoreye hamwe no gushyigikira umurimo w’imana muri  Korali Abaragwa.

15087011_331373997224690_705426512_n-2

Bamwe mubashizwe gutegura iki giterane batangarije Isange.com, ko bateguye iki giterane mu rwego rwo gushima Imana  banavuga  kandi ko iki giterane kizaberamo kuvuga bimwe mu byo Imana yabakoreye  bana boneraho no kuyiragiza ibiri imbere, biteganyijwe ko iki giterane kizabera  mu itorero rya ADEPR Paruwasi ya Rugarika Umudugudu waho wa Masaka.

Umuvugabutumwa Andre Ndereyimana

Umuvugabutumwa Andre Ndereyimana nawe ni umwe mu bazitabira ikigiterane

Iki giterane kandi kizitabirwa n’amakorari atandukanye ndetse n’abavugabutumwa bakomeye barimo nka Ev. Ndereyemana Andre uzwi cyane nkumwe mubayobozi bakuru bagegura ibiterane bikomeye nka “GARUKA USHIME”  hamwe n’ibindi bitandukanye kikazaba kirimo kandi na  Past. Habimana Bernard Rev. Ndatimana Bonke, hamwe n’abandi batandukanye.

uyu ukenyeye igitenge niwe Riberakurora Inocent bakunze kwita “Biva muri uyumwuga”

uyu ukenyeye igitenge niwe Riberakurora Inocent bakunze kwita “Biva muri uyumwuga”

Iki giterane kandi kizitabirwa na bamwe mu bahanzi bakomeye nka Riberakurora Inocent bakunze kwita “Biva muri uyumwuga” ndetse  n’undi umenyerewe cyane mundirimbo yise “Ibya yesu ni kumurongo” Tubibutse ko ikigiterane kizanjya gitangira Saa tatu(09h:00’) kugeza Saa kumi n’ebyiri(18h00’) buri wese akaba ahawe ikaze muri iki giterane byumwihariko abantu bifuza gufatanya na Korari Abaragwa gushimira Imana ibyo yakoze.   kwinjira bizaba ari ubuntu.

 

Nd. Bienvenu/Isange.com

Reba uko umuhango wa korali Christus Regnat yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 wagenze (AMAFOTO)

$
0
0

Kuri iki cyumweru dusoje  13 Ugushyingo 2016, nibwo Chorale Christus Regnat yo Paruwasi Regina Pacis /Remera yizihije isabukuru y’imyaka 10 imaze ivutse, mu muhango yanamuritsemo Album yayo ya 5 y’indirimo za Audio. Muri iki gitaramo kandi, iyi chorale yanaboneyeho gutanga ibihembo ku bahanzi, ibigo n’abandi bakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Frere Camille wa St Aloys Rwamagana, Bonaventure Niyibizi na Sen. Bernard Makuza

Frere Camille wa St Aloys Rwamagana, Bonaventure Niyibizi na Sen. Bernard Makuza

Iyi Chorale yari yakereye gususurutsa abataramyi ku buryo bugaragara

Iyi Chorale yari yakereye gususurutsa abataramyi ku buryo bugaragara

Bonaventure Niyibizi (Umuyobozi wa Radiant) na Senateri Bernard Makuza bari baje gushyigikira Chorale

Bonaventure Niyibizi (Umuyobozi wa Radiant) na Senateri Bernard Makuza bari baje gushyigikira Chorale

abaririmbyi umutambagiro

abaririmbyi umutambagiro

rw1_8924

201605_RW_001

abanaabaririmbyi

Nyuma y’Amateka akomeye Korali Maranatha GPC iri mu mishinga yo gukora Album vol.1

$
0
0

Korali Maranatha ni imwe mu makorari abarizwa mu munjyi wa Kigali mu itorero  God’s Power Church riherereye mu karere ka Kicukiro ikaba yaratangiye ivugabutumwa mu myaka 5 ariko kuri ubu bakaba bamaze kugera ku rwego rushimishije kugeza n’aho batangiye gukora indirimbo zabo zambere  zamajwi(Album Audio).

dsc_0205

Ubuyobozi bw’iyi Korali buvuga ko bushimira Imana kuri byose yakoze kuva muri  batangira iyi korali ngo kugeza nanubu Imana ikaba yarabakoresheje iby’ubutwari.Ubu buyobozi kandi buravuga ko bageze ku bikorwa bikomeye ugereranije n’uko batangiye birimo nko gufashanya ndetse no gufasha abandi batishoboye n’ibindi.

Korali Maranatha GPC

Aba ni bamwe mubagize Korali Maranatha GPC

Iyi korali kandi iratangaza ko ubu yatangiye igikorwa cyo gutunganya zimwe mundirimbo zabo(Audio) kuburyo mu minsi ya vuba baraba bazishyize kumugaragaro.

korali Maranatha GPC

Korali Maranatha kandi ivuga ko iteganya imishinga itandukanye mu gihe kiri imbere mu rwego rwo gushimangira ivugabutumwa bakora imwe muri iyo mishinga harimo nko kubanza bakarangiza umushinga batangiye wo gukora indirimbo zamajwi(Audio) nyuma hakazigwa n’uburyo zazakorerwa amashusho.

 

Nd. Bienvenu/Isange.com


Al Qaida: Umurwanyi w’umugore yaguranye imbunda Bibiliya nyuma yo kwakira Yesu!

$
0
0

Inkuru ya Actualite chretienne.

Muri iki gihe harimo kuvugwa ubuhamya bwinshi bw’Abayisilamu bahinduka Abakristo . Ibyo birimo kuba cyane cyane hariya mu Burasirazuba bwo hagati. Muri Siriya kiriya gihugu cyayogojwe n’intambara, naho niko bimeze. Iyi ni inkuru y’umugore w’umurwanyi muri Al Kayida uherutse guhinduka umukristo , inkuru tugezwaho n’uwitwa Frere John, umukristo w’umunya Siriya ukorana n’umuryango “ Voice of martyrs” wo Muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika.

Hashize amezi abiri, abakristo bo muru sengero rwa gikristo rushya rwo muri Siriya, babonye umugore akomeza kugenda agaruka aho mu rusengero. Bagezaho ngo babonye yegera umwe mu bayobozi bari aho niko kumubwira inkuru ye.

Uwo mugore ngo yari muri rimwe mu matsinda y’intagondwa ya Al Kayida, aho yari umurwanyi akaba yarahoraga agendana imbunda y’ubwoko bwa  Ak 47 akaba kandi ibyo yarabifatanyaga n;umurimo w’ubuganga avura abarwanyi bakomeretse.

Umunsi umwe ariko ngo yaje kuza aho ku rusengero yumva ubutumwa bwiza, avuga ko yatangiye kujya aza kenshi nyuma ngo agahura na Yesu.Uyu mugore avuga ko yatinya gutangaza ukwizera kwe gushya ngo hatagira umurega agafungwa.

“ Nakomeje gutinya kubibabwira kuko natekerezaga ko mwandega, ngafungwa”

Ubu rero uyu mugore ngo yasimbuje imbunda ye Bibiliya, ijambo ry’Imana rimuha uburinzi nyabwo n’urufunguzo rw’ubuzima buhoraho.

Frere John avuga ko we ubwe hari ibyo yiboneye bidasanzwe. Ngo yagiye kubona abona umwe mu bakristo b’aho ngaho yinjira mu musigiti bari mo gusenga afite Bibiliya. John avuga ko yahise asenga kugira ngo uyu mukristo atabwiriza ubutumwa mu musigiti kuko byashoboraga kumuviramo akaga. John avuga ariko ko ariko byagenze uwo mugabo ngo yafunguye Bibiliya atangira kubigisha , abandi ngo bamubaza ibibazo. Ngo byageze  hagati, umwe mu bayisilamu asohoka afite umujinya mwinshi. Amaze kugenda rero ngo nibwo Imana yatangiye gukora. Abagore batatu bose batangiye kuvuga ukuntu babonye Yesu mu nzozi, no mu iyerekwa.

John avuga ko ikimutangaza ari ukwizera abakristo b’aho ngaho bafite ngo nubwo hari itotezwa. Ngo hari abanze kuva aho bizeye uburinzi bw’Imana kandi banahamya ko niyo bapfa hari izuka ry’igiciro bafite kubwa Yesu.

Adolphe MITALI.

Intambara y’ubutita iraca ibintu hagati ya UNESCO, Abayahudi n’Abayisilamu ku rusengero rw’i Yerusalemu.

$
0
0

Itsinda ry’Abakristo b’Abanya Israeli rirashaka gusakaza Bibiliya Muri UNESCO.

Mu rwego rwo kugaragaza ukutemeranya n’icyemezo UNESCO( Umuryango w’Abibumbye wita ku burezi, n’umuco) yafashe kuri Yerusalemu, ikirengagiza isano riri hagati y’Abayahudi n’Abakristo n’ahitwa Mont Du Temple, (umusozi w’Urusengero), ahubwo uwo muryango ugashimangira iryo sano hagati y’Umurwa Wera Yerusalemu;  n’Abayisilamu, Itsinda ry’Abakristo bo muri Isirayeri rirahamagarira Abakristo bo ku isi yose kohereza za Bibiliya kuri uriya muryango UNESco.

Ku rubuga rwa internet rwa Ambasade mpuzamahanga ya Gikristo I Yerusalemu( Ambassade Chretienne Internationale de Jerusalem) hagaragara aya magambo:

Abakristo bo ku isi bose bakwiye gufata Bibiliya , bagashaka ikaramu bakagenda baca akarongo munsi y’ahavuga hose Yerusalemu n’Urusengero, barangiza bakayohereza kuri Unesco, I New York.”

Icyo cyifuzo ngo cyaritabiriwe kuko amagana ya Bibiliya amaze kugera kuri uwo muryango, kandi ngo hiteguwe ko ibindi bihumbi bya Bibiliya bizagerayo mu minsi iri imbere.

“ Twizeye ko UNESCO izabona  ibihumbi bya za Bibiliya bikayigaragarira ko Abakristo n’Abayuda aribo bafitanye isano (umurage), na Yerusalemu n’Urusengero kurusha Abayisilamu.

Ambassade Chretienne Internationale de Jerusalem, ni umuryango w’Abayisilaheri wa Gikristo, washyiriweho gushyigikira Leta ya Israeli.

Bivugwa ko mu gihe iki cyemezo cya UNESCO cyaba gikurikijwe, Antikristo yahita atangira gukora ibikorwa bye kuko ari bwo ikizira ikzahita gihagarara ahera.

Adolphe MITALI.

Ubutabera bwo mu Bufaransa bwahannye uwitwa Christine Boudin ku mpamvu zuko yavuze ko ubutinganyi ari ikizira!

$
0
0

Ubutabera bwo mu Bufaransa bwahannye uwitwa Christine Boudin ku mpamvu zuko yavuze ko ubutinganyi ari ikizira.

Kuwa, 02/11, umugore witwa Christine Boudin yakatiwe n’urukiko rw’Ubujurire bwi Paris,  mu gihugu cy’U Bufaransa, kwishyura ama Euros 5000 y’amande, n’andi ma Euros 5000  y’akababaro n’inyungu ku mashyirahamwe atatu baburanaga; ku mpamvu yo kuba yaratangarije ikinyamakuru “ Magazine Charles”, Ko Ubutinganyi ari ikizira (ishyano).

Nubwo Bibiliya ivuga ko ubutinganyi ari amahano, Uwitwa Christine Boudin wo mu gihugu cy’UBufaransa yahaniwe ko yabivuze.

Twamenyesha abacyumva iyi nkuru bwa mbere ko uru rubanza rwatangiye mu mwaka wa 2014, akaba ari bwo bwa mbere Christine Boudin yagaragaye imbere y’ubutabera, aregwa kuba yaratangarije ikinyamakuru Charles (magazine Charles), aya magambo “Ubutinganyi ubwabwo ni ikizira, ariko si ubukora. Icyaha nta na rimwe cyemerwa, ariko umunyabyaha iteka arababarirwa.”

Ibi si ubwa mbere bibaye kuko na none mu Bufaransa mu kwezi kwa Gicurasi, abakristo babiri bari bakatiwe mu Rukiko rwa Mbere rw’I Remezo, bahanaguweho icyaha mu rw”ubujurire. Abo bakristo bakaba bari bakatiwe n’urwo rukiko rwa mbere ku kirego cy’uko bari batangaje ubuhamya bw’umutinganyi wari warasubiye kubahiriza imibonano mpuza bitsina mu buryo Imana yayigennye,(heterosexual)  nyuma yuko ahindukiye akaba umukristo!

Christine Boudin rero nawe amaze gukatirwa igihano cy’amande aremereye.Aha  Umuntu yakwibaza niba aba pasteri , abavugabutumwa ndetse n’abakristo bazajya bakatirwa mu gihe banditse cyangwa bavuze ibintu bisa nk’ibyo uyu mugore yavuze.

Ikinyamakuru Info chretienne cyo cyunze muryo   Christine  yavuze kivuga kiti  “ Ubutinganyi bwo ni  ikizira,  ubukora si we ikizira,  icyaha ntikizigera  cyemerwa ariko umunyabyaha azahora ababarirwa”

Dore uko icyo gitangazamakuru info chretienne  gikomeza gitangaza:

“Ariya mashyirahamwe se aharanira inyungu z’abatinganyi azaturegera ko twatangaje ibi? Twe turi abakristo , ntabwo ducira urubanza abatinganyi; ariko dutangaza ukwemera , n’ukwizera kwacu gushingiye kuri Bibiliya., kuvuga kuti

“’Ntugatinge abagabo, ni ikizira” Aba Lewi 18,22

“Niba se umukristo atagifite uburenganzira bwo guhamya ibyo Bibiliya ivuga, ni ubuhe bukristo yaba asigaranye? Yaba se umunyu n’urumuri rw’isi ate?”

Twifashishije info chretienne.

Adolphe MITALI.

TB Joshua speaks on his false U.S. election prophesy.

$
0
0

The founder of The Synagogue Church Of All Nations, Temitope Joshua, on Sunday said his earlier prophecy on the U.S. presidential election was given different interpretation by people “on a different level” with him.

In his Sunday sermon, Mr. Joshua (popularly known as TB Joshua) said people would need the spirit of a prophet to be able to recognize one.

“We have seen the outcome of the election in America,” Mr. Joshua said in a message later posted on the church’s official website and Facebook page.

He also hinted that his reference to Hilary Clinton as eventual winner was reflected in her winning more popular votes than Donald Trump.

“Having read, you will notice that it is all about the popular vote, the vote of the majority of Americans. In this case, we need the Spirit of a Prophet to recognize a Prophet. Our levels are different. We are not on the same level.

“We might have great cathedrals, huge bells, and all kinds of activities that are good by human standards but human point of view is limited.

“1 Corinthians 1:25. The foolishness of God is wiser than that of men and the weakness of God is stronger than that of men. There is no shortcut to spiritual maturity unless earthly understanding gives way to spiritual enlightenment.”

Last Sunday, with two days to the US Presidential election, Mr. Joshua had predicted a “narrow” victory for Hillary Clinton, the Democratic Party presidential candidate.

“Ten days ago, I saw the new President of America with a narrow win,” he had said in his prophecy which was later posted on the church’s official Facebook account.

“The new President will be facing several challenges over many issues, including: passing bills, attempts to possibly pass a vote of no confidence on the new President. The boat of the new President will be rocked.

“By the way, in order not to keep you in suspense, what I frankly saw is a woman.”

But on Wednesday, Donald Trump, the Republican candidate and Mrs. Clinton’s main opponent, clinched the ticket to the White House by winning 306 electoral colleges to Mrs. Clinton’s 232.

Mrs. Clinton, however, garnered more votes with 60,981,118 to Mr. Trump’s 60,350,241 votes.

In the aftermath of Mrs. Clinton’s defeat, Nigerians trooped to social media to mock Mr. Joshua over the failure of his prophecy.

On Wednesday morning, Mr. Joshua deleted the prophecy from the church’s official Facebook account.

In its place, he posted a seven-line message urging his members to join him in prayer.

On Sunday, Mr. Joshua said people tried to interpret the prophecy “on the basis of their own minds and ideas.”

“The prophecy seems (sic) to cause uproar, to many who gave it different meaning and interpretation,” he said.

“Finally, campaigns and elections in any democratic country in the world are never about one person, it is about the country we care and love. Whichever way it happens, we must accept the outcome and then look to the future (God), the Author and Finisher.

“Democracy is all about accommodation. All democrats must value the process of democracy more than the product. God bless the United States of America.”

Mu Rwanda : Paster Jackie Mugabo yateguye igiterane yise”Heart To Heart”

$
0
0

Nyuma yo gutegura igiterane mu gihugu cy’ Ubwongereza akacyita “Heart To Heart”. Kikaza kwitabirwa n’abatari bake muri icyo gihugu, kuri ubu hatahiwe abanyarwanda, umushumba w’itorero Gates of Hope Christian Center,  Pastor Jackie Mugabo yagiye amenyekanye cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza, ariko kuri ubu ayoboye itorero Gates of Hope Christian Center ku isi.

jacky

Paster Jackie Mugabo kumurongo wa telephone aganira n’umunyamakuru wa Isange.com yagize ati:” nkuko insanganyamatsiko ibivuga hazareberwa hamwe uburyo twarushaho kugirana ubusabane n’Imana tureba ukuntu twagenda nkayo tukanakora nkayo  kuko nzineza ko hari ibintu byinshi bizahinduka muri twe.

15037207_1172285799533143_4366669972522777273_n-copy-2

Abajijwe impamvu yahisemo iyi nsanganyamatsiko yagize ati:” Heart to Heart ni iyerekwa ryanziye kuko iyo ugiranye ubusabane n’Imana muri wowe hari ibintu byinshi bihinduka, iyo urebye ubu usanga hari ukuntu imbaraga zikuzimu zibsiye ubwoko bw’Imana zikabatera kwangana kugambanirana, iryo yerekwa rero ryaraje rinyereka ko iyo umaze kugirana Ubusabane n’Imana aribyo nakwita”Heart to Heart with God” ugomba gukurikiza rya tegeko rivuga ngo ukundishe Uwiteka Imana umutima wawe wose n’ubwengbwawe bwose kandi ukunde mugenzi wawe nkuko wikunda” Yasoje avuga ko imbaraga zikuzimu zitazigera ziruta izimana kuko zihora ziri hejuru, ndizera ko abantu nibarushaho kwegera Imana nayo  izabashyiramo urukundo rwayo.

15037207_1172285799533143_4366669972522777273_n-copy

Pastor Jackie Mugabo akomeza avuga ko itorero Gates of Hope Christian Center rikomeje gukura, agashimangira ko ibi ari ibikorwa bya Sisterhood in Christ kandi ngo bikomeje kujya imbere. Biteganyijwe  ko Iki giterane kizaba kuri ikicyumweru tariki 20 Ugushyingo 2016 guhera Isaa 15h00’ kugeza Isaa 20h00’ z’umugoroba.

Nd. Bienvenu/Isange.com

Aline Gahongayire yatewe ibyishimo bikomeye no kuba Knowless agiye kubyara

$
0
0

Umuririmbyi Aline Gahongayire ndetse na Niyonshuti Ange Tricia [umugore wa Tom Close], aba bombi ni inshuti magara z’umuryango wa Knowless na Clement ndetse bakoranye bya hafi kuva batangira kwitegura ubukwe kugeza ubu.

4-792

Aline Gahongayire watewe ibyishimo bikomeye no kuba Knowless agiye kubyara, yavuze ko ‘umwana Knowless atwite ari umugisha ndetse ko binejeje’. Yanaremye agatima abagore bihebye batekereza ko bashobora kuba barabaye ingumba, yabibukije ko nta kinanira Imana’.

1-1368

Yagize ati “Uwaguhaye gutwita azaguha no kubyara […] Ijambo ryiza ni mugenzi w’Imana. Imana iracyakora, nawe utegereje humura Imana iracyakora, nturi ingumba nawe uzabyara, uzaheka, uzarera, uzashyingira kuko Imana irabishoboye. Imana ihe umugisha ishimwe Butera Knowless Kabebe…”

8-413

Knowless ntahwema kugeragaza ko afite amashyushyu n’ubwuzu bwo kubona umwana atwite, agira ati:” “Mfite ibyishimo bikomeye kuba ngiye kwakira umwana w’umukobwa. Nahoze nifuza kubyara umukobwa. Ntabwo nahita ntangaza itariki nyabo ariko reka tuvuge ko ari vuba aha.”

6-542

Ubu Knowless na Producer Clement baritegura kubyara nyuma y’amezi atatu barushinze kuko basezeraniye mu Mujyi wa Nyamata mu busitani bwegeranye na Golden Tulip Hotel ku itariki ya 7 Kanama 2016.

Amakorali akomeye agiye kwifatanya na korali Abavandimwe ya SDA Gatsata mu gitaramo cyo kumurika Album ya 3 y’amashusho

$
0
0

Korali Abavandimwe muri Kristo ikorera umurimo w’Imana mw’itorero ry’abadiventiste  muri Paruwasi ya Gatsata iteguye igitaramo gikomeye yise “Abavandimwe Live Concert “ izamurikiramo Album ya 3 yabo y’amashusho bise ngo “Sohoka muri Baburoni” muri iki gitaramo gikomeye bazafashwa n’amakorali akunzwe harimo Abakurikiye Yesu ya SDA Kakiru,Abahamya ba Yesu ya SDA Muhima .El Shadai ya SDA Bibare n’andi makorali akorera umurimo w’Imana hano mu Gatsyata.

Mu kiganiro isange.com yagiranye na bwana Karengera Callixte ,umuyobozi wa korali Abavandimwe yavuze ko mbere ya byose ashima Imana uburyo igenda ibiyereka mu murimo wayo kuko mu myaka 18  korali imaze ibayeho bashoboye gukoramo ibikorwa  y’inshi bigargaza iterambere ry’umurimo w’Imana nkaho bakozemo Album enye z’amajwi n’eshatu z’amashusho ,iya gatatu akaba ariyo barimo bitegura kumurika.

Muri aya magambo uyu muyobozi yagize ati:” Mu by’ukuri korali Abavandimwe muri Kristo dukorera hamwe kandi mu bumwe bw’urukundo ari nayo mpamvu y’iterambere tugenda tugeraho ati: Ntanubwo ari ukuririmba gusa korali abavandimwe tunakora ibikorwa byo gufasha abatishoboye nk’aho twubakiye umuntu inzu, buri mwaka tugira uburyo bwo gufasha abantu tubaha ubwisungane mu kwivuza n’ibindi bikorwa byinshi bifitiye itorero n’igihugu muri rusange akamaro.

Album ya gatatu ya Korali Abavandimwe muri Kristo igiye gushyirwa kumugaragaro yitwa ngo “Sohoka muri Baburoni” ikaba izamurikwa mu gitaramo gikomeye bise Abavandimwe Live Concert kizitabirwa n’amakorali akunzwe nka Abakurikiye Yesu ya SDA Kakiru,Abahamya ba Yesu ya SDA Muhima .El Shadai ya SDA Bibare n’andi makorali akorera umurimo w’Imana hano mu Gasyata ndetse n’abavugabutumwa batandukanye.

Iki gitaramo k’imbaturamugabo kizaba kuri iki cyumweru k’italiki ya 20 Ugushyingo 2016 kuva kw’isaha ya saa sita kugera saa kumi n’ebyiri (12h00-18h00) kikazabara kurusengero rw’itorero ry’abadiventiste mu Gatsata .

Korali Abavandimwe muri Kristo Yesu iteguye igitaramo cyo kumurika Album yabo ya 3 y’amashusho yatangiye umurimo w’Imana kuva mu mwaka w’i 1998 ubu igizwe n’abaririmyi 28 , kimwe n’izindi korali nyinshi iyi nayo mw’itangira ryayo ntibyari byoroshye ariko uko iminsi yagiye ishira niko bagendaga batera intambwe ubu bakaba bamaze gukora Album enye z’amajwi ,eshatu z’amashusho kandi bakaba bakomeje iterambere uko iminsi ishira .

 


Abana bari mu biruhuko bateguriwe amasomo ya Muzika abafasha kwagura ubumenyi.

$
0
0
Ishuli rya Muzika ritwa David’s Temple riherereye mu mujyi wa Kigali ku Itorero ry’Inkurunziza, riramenyesha ababyeyi bose bafite abana bari mu biruhuko (Kuva ku myaka 6 kuzamura), ko ribafitiye gahunda idasanzwe yo kubigisha gucuranga ibikoresho bya muzika birimo, Piano, Guitars n’ingoma.
 
Iri shuli rifite abarimu b’inzobere bamenyereye kwigisha abana kuko bamaze kwigisha abatari bake kuva iri shuli ryatangira. Amasomo azatangira kuwa mbere tariki ya 21/11/2016 kwiyandikisha bikaba byaratangiye, bikazarangirana n’impera z’icyumweru gitaha cyo kuwa 28/11/2016 kuko imyanya ari mike.
 
Ha umwana wawe aya mahirwe kuko amafaranga y’ishuli ari make ugereranije n’ayandi mashuli. Muri David’s Temple Music School, umwana yiga afite umutekano ndetse n’ibikoresho bihagije. Fasha umwana wawe gukuza impano ye  binyuze mu kwiga umuziki mu buryo bwa kinyamwuga. Ese wari uzi ko umuziki ushobora gufasha umwana wawe kurushaho gufunguka mu mutwe?
abana
 
Amasomo agenewe abana azatangira kuwa 21/11/2016 kugera 24/12/2016. (Abana bajye mu biruhuko by’iminsi mikuru).
 
Azasubukurwa kuwa 05/01/2017 asozwe kuwa 23/01/2017.
Iri shuli kandi rifite na gahunda yo kwakira abantu bakuru, kwiyandikisha bikaba byaratangiye. Igihe cyo gutangira amasomo abagenewe bakazakimenyeshwa mu minsi mike.
Ukeneye ubusobanuro burambuye yahamagara kuri telefoni igendanwa : 0788301895.

Dore bimwe mu bikorwa Korali Maranath GPC ihishiye Abanyarwanda murizi mpera z’umwaka

$
0
0

Korali Maranath GPC ni Korali ibarizwa mu itorero rya God’s Power Churh riherereye mu karere ka kicukiro,  Ikaba igizwe n’abaririmbyi 43 barimo ingeri zose (abubatse, urubyiruko), Iyi chorale kandi ikaba yaratangiye umurimo w’Imana mu mwaka w’20011, nyuma ikaza kwemezwa nka chorale nkuru mu mwaka.

Uyu niwe Umuyobozi wa Korali Maranath GPC Bwana Rwiyegura Eugene

Uyu niwe Umuyobozi wa Korali Maranath GPC Bwana Rwiyegura Eugene

Umuyobozi wa Korali  Maranath GPC aganira n’umunyamakuru wa Isane.com Bwana Rwiyegura Eugene yagize ati:”Bimwe mubikorwa dufite nakwita ko bihambaye harimo nko gusohora indirimbo 4 dufite kandi ubu ntekereza ko ziri kugenda zirangira(Imana y’ imyembaraga, Umunezero udasazwe, Nzabona yesu, Ntacyo nzatinya,) ikindi nuko turi gutegura igiterane kizaba ku itariki 16-17-18 Ukuboza 2016 dore ko tuna tekereza kuzakora inama rusange izasoza igihebwe cy’uyumwaka tukaba tunitegura kandi kuzakora byibuze indirimbo imwe yamashusho nkuko twagiye tubisabwa nabatari bake bifuza kuzanjya badukurikirana batari inaha”.

Yakomeje  agira  ati”Iki  giterane kizabera ku itorero tubarizwamo ariryo God’s  Power Churh naho iyo nama yo ikaba itumiwemo abanyamuryango bose ba Korari Maranath GPC

Korali Maranath GPC imaze kuba imwe mu makorali ari kugenda azamuka hano mu munjyi wa Kigali

Korali Maranath GPC imaze kuba imwe mu makorali ari kugenda azamuka hano mu munjyi wa Kigali

Iyi Korali ikaba itangiye kumenyekana  kubera zimwe mundirimbo bafite zigenda zikomeza kubaka imitimayabeshi bakaza no kubasaba ko bazazishyira ahagaragara kugirango bajye babasha kuvumva biboroheye.

 

Isange.com izakomeza kubakurikiranira ishyirwa hanze ryizi ndirimbo zitegerejwe n’abatari bake.

ADEPR Ruyenzi: Stella Christine Manishimwe, Olive Umurerwa, Torero, na Eric Cyamika mu giterane

$
0
0

Muri iyi minsi abantu bafite inzara y’ijambo ry’Imana kandi barimo kurishakisha gusa ugasanga hari n’abirukanka hirya no hino bishakira ababahanurira n’ababasengera ngo ibibazo bibabujije amahoro bikurweho.

Abantu batuye mu karere ka Kamonyi ku musozi wa Ruyenzi mu murenge wa Runda bo,bari kubyinira ku rukoma kubera ko umudugudu wa ADEPR Ruyenzi wabateguriye igiterane cy’iminsi irindwi kuva kuwa 14-21/11/2016 kigamije ububyutse no guhembuka ariko abakirisitu b’uyu mudugudu n’inshuti zabo bahanga amaso inyubako y’urusengero batekereje kubaka kuri uriya musozi,biteze ko ruzaba ari urwa mbere mu bwiza muri uriya murenge wa Runda ndetse no muri Kamonyi yose.

Tuganira na Pastor Jean Marie Vianney Kalisa, umuyobozi w’umudugudu wa Ruyenzi, yadutangarije ko icyi giterane cyatumiwemo abavugabutumwa beza baba muri iki gihugu harimo umudamu wahamagajwe mu ntara y’amajyaruguru, kikazasozwa n’umuvugabutumwa Vincent uzava muri Paruwasi ya Remera.

Pastor Kalisa kandi yadutangarije ko muri iki giterane bateruriye hamwe n’umushumba w’Itorero ry’akarere Reverend Bimenyimana n’umushumba wa paruwasi ya Runda uyu mudugudu ubarizwamo, Rev Rutayisire Pascal mu migendekere myiza ya kino giterane,aho nabo batumiye bagenzi babo, inshuti zabo n’abo bayobora kuzaza muri iki giterane.

Pastor Kalisa kandi yatubwiye ko iki giterane kizajya gitangira buri munsi saa cyenda kigasozwa saa mbili z’umugoroba uretse ku wa gatandatu kizatangira saa tatu za mu gitondo hanyuma ku cyumweru kigatangira mu gitondo kikarangiza umunsi wose. Iki giterane kandi cyatumiwemo abahanzi bubatse izina muri ADEPR nka Stella Christine Manishimwe, Olive Umurerwa, Torero, Eric Cyamika hamwe n’amakorari yo kuri uyu mudugudu.

Abajijwe intumbero ya kino giterane, Pastor Kalisa Jean Marie Vianney yagize ati:’’Nyuma y’uko abakirisitu ba Ruyenzi bitekerereje bo ubwabo bakumva bakwiye kwiyubakira urusengero rw’icyitegererezo,batekereje kwinjira muri icyi gikorwa babanje kwegera Imana bityo bategura iki giterane cy’ububyutse n’impemburo,twanatumiyemo abantu benshi ngo bazanaze bafatanye natwe gusengera iyi nyubako ariko abo Imana yahaye umugisha bakagira n’icyo bagambirira kuyikoraho.”

Pastor Kalisa yarangije akangurira abantu bose kwitabira kino giterane, yibutsa ko umudugudu wa Ruyenzi wubatse I Runda umuntu akimara kwambuka Nyabarongo ava I Kigali, akaba saba abantu bose bashaka kugira ibihe byiza mu buryo bw’umwuka, abafite ibyifuzo bifuza gusengerwa nabo bakazahaboneka kuko Imana irimo kuhakorera imirimo n’ibitangaza.

By Pascal Mwenenyirindekwe

Umugabo n’umugore b’Abayisilamu bahindutse abakristo nyuma yo kubona mu nzozi umugabo “wambaye ibyera”

$
0
0

Amir na Rasha, umugabo n’umugore bashakanye bakaba barabaga mu gihugu cya Siriya, bagihunzemo kubera intambara bajya mu gihugu cya Libani. Aho niho bahindutse bakaba abakristo nyuma yo kubona mu nzozi “umugabowambaye ibyera”, wanabahanuriye ko bazabyara akana ka gakobwa, ibyo bikaba byarasohoye.. Ako gakobwa ubu bagahaye izina rya Kristina (Christine).

Nkuko umuryango “Open Doors”, ubivuga, Amir na Rasha bari barahunze umugi babagamo wa Homs muri Siriya baza kwisanga bari mu mahema mu nkambi y’impunzi muri Libani. Hejuru y’ibibazo byose bari baranyuzemo haje kwiyongeraho urupfu rwa nyina wa Rasha warashwe mu gihe yasohokaga gufata akayaga hanze y’amahema, hashize igihe gito hakurikiraho urupfu rwa musaza we.

Muri iyi mibabaro yose, guhura na Yesu nibyo byonyine byashoboraga kubahumuriza. Ibyo nibyo byababayeho. Dore uko byagenze.

Mu gihe cy’amezi atatu ashize ubwo Rasha yari atwite inda y’amezi umunani nibwo Rasha yabonye igitangaza. Reka tumurekere ijambo.

” Nari ndyamye nsinziye ngiye kubona mbona Yesu arambonekeye yambaye ibyera.  Yararambwiye ati ‘ Ndi Kristo,  Ugiye kuzabyara akana k’agakobwa’ nyuma y’ukwezi kumwe nibwo twahise tubyara akana kacu keza k’ agakobwa.”

Ni muri icyo gihe Amir Umugabo wa Rasha nawe yamwiyeretse mu buryo bumwe nk’ubwa Rasha, amwiyereka yambaye ibyera . Ngo yamubwiye ko ari Yesu,  Amir avuga ko Yesu yamubwiye Aya magambo “ Ndi umukiza wanyu, mugiye kunkurikira”

“Twiyemeje kumukurikira tureka imihango yacu ya kiyisilamu. Akana kacu twakise Christina”

Uyu mugabo n’umugore bavuga ko nubwo bari mu buzima bubi, kubona Yesu ngo byabateye kugira ibyiringiro n’ibyishimo,

Uko kwizera kwabo gushya ariko kubazanira ingorane zo kuba babona akazi bitewe nuko bari mu gihgu cya Kiyisilamu, impunzi bari kumwenazo ngo ntizishobora kubafasha kuko babaye abakristo. Ibyo kandi bishyira ubuzima bwabo mu kaga ko kuba batakaza ubuzima bwabo, bityo ngo nta hantu hazwi baba, ngo bahora bimuka uko bukeye.

Amir aravuga ati ”Umuryango wanjye wamenye ko twabaye abakristo , kuri bon go iryo ni ishyano nko gutwika Kaaba Y’I Maka.’ Nyuma ariko yuko mvuye mu mwijima nkajya mu mucyo, ndifuza kurinda umuryango wanjye”

Nubwo bahura n’ibyo bibazo ariko ngo bakomeje kugira ibyiringiro.

“Ikintu cya mbere cy’ingenzi kuri twe nuko twamenye Yesu nk’umukiza wacu. Azadukiza. Dusenga umwami  wacu iteka, tumuramya mu mudendezo kandi atraturinda. Imana izatunganya ikibazo cyacu.”

Natwe dukwiye kubasengera.

Actualites chretienne

Adolphe MITALI.

 

 

Ev.Niyonkuru Nuru agiye kwimikwa anahabwe inkoni y’ubushumba na Apotre Sosthene Serukiza

$
0
0

hagiye gushira umwaka Pastor Niyonkuru Nuru  atangije Itorero rya Ennhakore Center Chuch, iri torero akaba yararitangije nyuma y’ivugabutumwa n’ibiterane bikomeye azwiho yagiye akoresha nkuko n’ubundi akomeje intego ye yo gukorera Imana’ ni muri ubwo buryo rero kuri uyu wagatandatu taliki ya 19 Ugushyingo 2016 iri torero rya Enhakore rifite ibiroli bikomeye byo gengerwa k’uyu mushumba waryo Nuru Niyonkuru  uyu akaba ari umuhango uzakorwa n’intumwa y’Imana Apotre Serukiza Sosthene kuva mw’itorero rya Guerrison des Ames .

uyu ni Evangeliste Niyonkuru NURU wagiye avuga ubutumwa bwiza ahantu hatandukanye atibagiwe no gusengera igihugu cy'u Rwanda

Uyu ni Evangeliste Niyonkuru NURU wagiye avuga ubutumwa bwiza ahantu hatandukanye atibagiwe no gusengera igihugu cy’u Rwanda

Pastor Nuri Niyonkuru yavuzeko mbere na mbere yuzuye ishimwe ku Mana ijyenda ibana nawe mu murimo wayo ikamukomereza umuhamagaro kandi ikaba yaramufashije gutangiza iri torero rya Ennhakore Center Chuch ndetse umurimo w’Imana ukaba ugenda utera imbere umunsi ku munsi.

Muri aya magambo Pastor Nuru Niyonkuru yagize ati: ubu nakoraga umurimo w’Imana ariko ntarasengerwa ku bushumba kumugaragaro ariko ubu kuri uyu wa gatandatu duteguye ibiroli bikomeye byo gusukwaho amavuta no guhabwa inkoni y’ubushumba kandi biranshimishije cyane kuko mbikoze nyuma yuko nsobanukiwe ko ndi mu muhamagaro w’Imana.

Apotre Serukiza Sosthene niwe uzakora uyu muhango wo kwimika Nuru Niyonkuru

Apotre Serukiza Sosthene niwe uzakora uyu muhango wo kwimika Nuru Niyonkuru

Uyu mukozi w’Imana yakomeje avugako uyu muhango uzakorwa n’intumwa y’Imana Apotre Serukiza Sosthene wo muri Guerrison des Ames ni kuwagatandatu w’italiki ya 19 Ugushyingo 2016 kurusengero rwa Enhakore Center Church kuva kw’isaha ya saatanu kugeza saa munani z’umugoroba.

tubibutse ko no kw’italiki ya 21 Ugushyingo 2016 bazahita binjira mu giterane cy’amasengesho y’iminsi 21 kizaba gifite insanganyamatsiko iri gitabo cy’Abarewi 6 :6 hagira hati « Umurimo wa Pentecote uhore waka ku gicaniro ntukagire ubwo uzima »

 

Nd. Bienvenu/Isange.com

Viewing all 2000 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>