Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live

Korali Abahetsi ya Adepr Remera yatumiwe mu ivugabutumwa muri Rugarika

$
0
0

Ntibisazwe kuko ubu usigaye usanga  amakorali abarizwa mu matorero atandukanye asa naho yahagurukiye gukora ivugabutumwa hirya no hino ku isi ndetse no mu gihugu imbere, akaba ari muri urwo rwego rero Korali Abahetsi ibarizwa mu itorero rya ADEPR Paruwasi Remera Umudugudu wa Remera igiye kwerekera mu Ntara y’amajyepfo kuri ADEPR  Paruwasi ya Rugarika ku mudugudu waho wa Mugonero.

10260_967970959936237_3525352466574626343_n

Korali Abahetsi  ibarizwa mu itorero rya ADEPR Remera Paruwasi  ya  Remera, iyi ni imwe mu makorali akunzwe cyane hano mu Rwanda,  by’ umwihariko mu Munjyi wa Kigali doreko iyi korali yagiye itwara bimwe mu bikombe bikomeye bihatanirwa n’amakorali atandukanye,

10847928_779988662067802_8530203418087374970_n

Ni kuri  iki cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2016 nibwo Korali Abahetsi izerekeza mu ntara y’amajyepfo  mu itorero ryaho rya ADEPR Paruwasi ya Rugarika ku mudugudu  wa Mugonero,  Mu ijambo  ry’ Umuyobozi  w’ungirije  wa  Korali Abahetsi  , yagize ati “ubu turi mu myiteguro kandi twizeye ko Imana izabana natwe kuko isazwe ihorana natwe, ku cyumweru nibwo  Tuzajya ku mudugudu wa Mugonero Paruwasi ya Rugarika,  Tukaba tuzajyayo mu gitondo aho niho tuzirirwa umunsi wose, igiterane tuzajyamo  kigamije ivugabutumwa kikaba cyarateguwe n’Umudugudu waho waMugonero”,

3558_967970756602924_59140151492456017_n

Akomeza agira ati:”ntakabuza twizeye ko nyir’umurimo azajyana natwe  nkuko asanzwe akorana natwe  Imana izaturinda kandi idushoboze kuko twe ntacyo twakwishoboza”

Reba imwe mundirimbo za Korali Abahetsi

Tubibutse ko iki giterane cyateguwe  n’itorero  rya ADEPR Umudugudu wa Mugomero, abagiteguye bakaba bemeza ko bagiteguye bagamije gukurira Imana ubwatsi k’umirimo ikomeye yakoze.

Nd. Bienvenu/Isange.com


Alarm Ministries na True Promises bazafatanya na Yves mu gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana

$
0
0

Umuramyi Rwagasore Yves mu mpera z’iki cyumweru taliki ya 20 ugushyingo 2016 azataramana n’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana aho azaba afatanya namatsinda nka Alarme Ministries na Trues Promises.

Umuhanzi Yves Rwagasore ubarizwa mu itsinda The Power of Cross, nyuma y’igihe gito atangiye kuririmba ku giti cye, yateguye igitaramo gikomeye azafatanyamo n’amwe mu matsinda akunzwe mu Rwanda ari yo Alarm Ministries ndetse na True Promises.

Umuhanzi Yves aratangazaa ko hari byinshi wakungukira imbere y'Imana mu gihe witabiriye ubutumire bwayo

Umuhanzi Yves aratangazaa ko hari byinshi wakungukira imbere y’Imana mu gihe witabiriye ubutumire bwayo

Mu kiganiro Gito Rwagasore Yves yagiranye na ISANGE.COM yatubwiye ko igitaramo cye yise “Shout of Praise evening”, kizaba ku cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2016 kikabere Kimironko ku rusengero rwa Foursquare Gospel church kuva i saa cyenda z’amanywa kugeza saa moya z’umugoroba, kwinjira akaba ari ubuntu.

Mu magambo ye Rwagasore Yves yagize Ati: “Igitaramo cyanjye nacyise Shout of Praise evening, intego yanjye ni uguhimbaza Imana nyishimira ko ikomeje kunyiyereka mu muhamagaro w’uburirimbyi. Nzaba ndi kumwe na Alarm Ministries na True Promises hamwe na Pastor Muhire kuva muri Zion Temple. Kwnjira ni ubuntu”

Yakomeje agira ati: “uyu ni umwanya mwiza kubazitabira iki gitaramo cyanjye kugirango twese tuzabashe gufatanya guhimbaza Imana twese hamwe kandi ndizera ko uzahagera wese azashimishwa n’ibyo azahabonera.”

Ubuhanuzi bw’ibinyoma buhejeje aba FDLR benshi mu mashyamba ya Kongo-Majoro Karemera

$
0
0

Maj Karemera Innocent, wari umusirikare w’umutwe FDLR, aratangaza ko kuba hashize imyaka 22 bamwe mu bagize uwo mutwe barinangiye kugaruka mu Rwanda babiterwa n’ubuhanuzi yita ‘Ibinyoma’ ku Rwanda bukunze gutangwa n’abakuriye uwo mutwe.

Nyuma yo gutsindwa n’izari ingabo za RPF/RPA mu rugamba rwo kubohora igihugu mu 1994, bamwe mu bari bagize izari ingabo z’u Rwanda(FAR) icyo gihe, bahungiye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bashinga umutwe wa FDLR; umutwe uvugwaho kuba indiri ya bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Hari bamwe mu bagize umutwe wa FDLR bahisemo gutahuka mu mahoro mu gihugu cyababyaye nyuma yo gutsindwa ariko abandi bahitamo gutsimbarara ku gukomeza kurwanya u Rwanda.

Ku bwa Maj. Karemera wari uzwi nka Kamere Innocentus muri FDLR akaba n’umushinjacyaha mukuru w’uwo mutwe mu gace k’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, yerura ko kuba imyaka 22 ishize hakiri abasirikare ba FDLR badakozwa ibyo gutahuka mu gihugu cyababyaye babiterwa n’ibitekerezo bihabanye n’ukuri k’u Rwanda bagenda binjizwamo n’ababakuriye.

Agira ati “Twabwiraga abasirikare batoya ko u Rwanda rutuwe n’abanyamahanga, ko nta gihugu cyabo gihari, ko abanyamahanga bacyigaruriye.” Na none, “Twababwiraga ko igihugu cy’u Rwanda nta munyarwanda urimo ndetse ko n’abatahuka bagera mu ngando bagahita babica!”

‘Amasezerano y’Imana’ kimwe mu bihejeje benshi ishyanga

Nk’umusirikare mukuru uzi imikorere ya FDLR, Maj. Karemera agaragaza ko abayobozi bakuru b’uwo mutwe bimirije imbere kumvisha abasirikare batoya ko Imana yamaze guha u Rwanda FDLR aho ngo babwirwa ko kuba badatahuka biterwa n’uko hari bamwe mu bagize uwo mutwe bagambanira bagenzi babo ubundi Imana igahanisha bose kudatahuka.

Ati “Aho mu mashyamba bitwaza ubuhanuzi bw’ibinyoma; baravuga ngo igihugu gituwemo n’abantu Imana yagitije ngo none yagihaye aba FDLR (…) ubugome bwabo babwitirira n’Imana; bakagenda babeshyera Imana ngo yabahaye igihugu, ngo ni bo bonyine bagomba gutaha igihugu, iyo igihe kigeze ntibatahe barabeshya ngo hari uwakoze icyaha, ni yo mpamvu Imana yabahannye.”

Maj. Karemera yiyemerera ko ari mu bacengezaga amatwara ya FDLR gusa ngo nyuma y’uko umugore we n’abana batahutse mu Rwanda, amakuru bamuhaye yaramuhinyuje nuko na we afata icyemezo cyo gutahuka mu gihugu cyamubyaye.

Agira ati “Nyuma yo kugenda mvugana n’abantu batahutse, ndetse nkohereza n’umudamu wanjye akaza mu gihugu n’abana bagatangira bakiga, akajya iwacu muri Nyaruguru agasanga ababyeyi banjye bose n’abavandimwe banjye baraho, naje kubona ko iyo ari ingengabitekerezo mbi, ko iyo ngengabitekerezo ari iyo kubeshya.”

Yungamo ati “Twe rero tumaze kubona ingengabitekerezo yabo, tukabona uko imiryango yacu yatahutse mu Rwanda ibayeho, twafashe icyemezo cyo kwitandukanya n’abo bagome.”

Inzitizi ku bashaka gutahuka

Maj. Karemera avuga ko ubunararibonye afite ari uko abarwanyi benshi b’Umutwe wa FDLR bafite inyota yo gutahuka mu Rwanda, gusa ngo bazitirwa n’uko umenyekanye ko ashaka gutahuka ashyirwa mu kato aho ngo ashinjwa kuba ‘icyitso cy’inyenzi’ ubundi agahita yicwa.

Ati “Nubwo Leta y’u Rwanda muri rusange, n’imiryango mpuzamahanga bakomeje gushishikariza abana b’Abanyarwanda gutahuka mu gihugu cyabo, inzitizi ziracyari nyinshi; iyo ugaragaweho ko ushaka gutahuka uricwa, uricwa noneho bo bagahita bavuga ngo ‘uri inyenzi! uyu ni icyitso’.”

Maj. Karemera ahamagarira bagenzi be bakiri mu mashyamba ya Kongo kureba kure ‘bakikuramo ubuhanuzi bw’ibinyoma’ bahabwa ubundi bagafata icyemezo bagatahuka.

Ati “Icyo nababwira ni uko ibyo by’ubuhanuzi babanza bakabyivanamo; Imana ikunda Abanyarwanda bose kimwe cyane cyane  abari imbere mu gihugu; cyane cyane ko nubundi na kera abakurambere bacu bavugaga ko Imana yirirwa ahandi igataha mu Rwanda.”

Akomeza agira ati “Bakwiye [aba FDLR] kumva ko ibyo abo basaza bababeshya ari ukugira ngo babaherekeze mu busaza bwabo babashe kwiberaho bakaba barabahinduye nk’igishoro cyabo, bakumva ko ibyo by’ubuhanuzi ari ibintu bahimba; nabanye nabo, nabaye muri commendement kuva muri 1998 kugeza ejo bundi ntahuka, ibyo bintu biba ari ibihimbano.”

Mu butumwa atanga, Maj. Karemera anakebura abayobozi bakuru ba FDLR…

Ati “Ndagira ngo rwose bashyire umutima impembero; bohe kuguma bashuka abana b’Abanyarwanda bareke gukomeza kugira abo bana b’abandi ingwate (….) na bo baza bagatahuka mu gihugu n’ababa bumva hari icyo umutima wabo ubaciraho urubanza bakaba bajya mu nkiko bakaburana kuko mbere y’uko umuntu ahamywa icyaha aba akiri umwere.”

Maj. Karemera ni umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR 57 basubijwe mu buzima busanzwe mu cyiciro cya 58 cy’ingando cyasojwe mu byumweru bibiri bishije mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare (RDRC), kiri i Mutobo mu Karere ka Musanze.

Uyu mugabo akomoka mu Karere ka Nyaruguru mu Majyepfo y’u Rwanda.

Cpl Nikuze, umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR wasuijwe mu buzima busanzwe mu ngando y'ikiciro cya 58
Cpl Nikuze, umwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR wasuijwe mu buzima
busanzwe mu ngando y’ikiciro cya 58

Inkuru ya Izubarirahse.rw

Kurikira ubuhamya bwa Zamda KAMPIRE wavuye mu idini ya Islam.

$
0
0

Ubu buhamya Zamda Kampire yabutanze kuri Radio Umucyo akaba ariho natwe twabukuye .Mu rwego rwo kubahiriza ijambo ry’Imana ritubwira  ngo “dushime Uwiteka… twamamaze imirimo yakoze… imitima y’abashaka Uwiteka yishime” twasanze ubu buhamya tutabumenya ngo tubwigumanire ahubwo bukwiye kugera ku  bwoko bw’Imana, ngo imbuto ya Mwuka Wera yo kwihangana ibonekamo ibashe gutera abandi bageragezwa ,gukomera.

 Zamda Kampire bita Mama Rukumani, ni umuvugabutumwa mu itorero rya ADEPR, ni umubyeyi ufite imyaka 43 akaba afite abana batandatu, ubu akaba akora umurimo w’Imana ku Mudugudu wa Mubuga, Paroisse Gatare, Kicukiro, Zamda nkuko abivuga ngo yavukiye mu cyahoze ari Komini Butamwa I Mageragere, akaba yarashakiye I Gahanga, mu cyahoze  ari Komini Kanombe.

Zamda kampire rero nkuko ririya zina ribyerekana , yavukiye , anakurira mu idini ya Islamu. Kampire aravuga ati “ Amazina yanjye ubwayo afite ubuhamya,izina rya Kampire ryaturutse ku kuba ababyeyi banjye barashakanye bakamara imyaka 6 batarabyara ,aho  mvukiye rero ngo basanze izina rinkwiriye ari Kampire”

Izina rya Zamda naryo Kampire avuga ko yarikoreye cyane, avuga ko ari izina ryo “guhoha’, bivuga ko ari iry’umugereka. Kuvuga rero ko yarikoreye ngo nuko ababyeyi be nubwo bari abayisilamu, bari ab’umuhango gusa, ngo kuko batitaga ku bintu by’idini. Zamda avuga uko we yagize ishyaka ryo kumenya idini  aho yatangiraga kwiga gusoma icyarabu,  nyuma yaho ngo yatangiye kwiga I Kolowani no kumenya kuyisobanura, yiga ibindi bitabo bibamo amateka agendanye n’ibya Islamu n’ubuzima bw’intumwa yabo Mohamedi aribyo bita Hadithi., Zamda yarakomeje agera ku rwego rwo kuyobora abagore mu karere ka Remera na Nyamirambo.

“ Nagize ishyaka ku buryo nageze aho aba ari njye woza imirambo no kujya nyisengera” Zamda akomeza avuga ko yakoze n’indi mirimo itandukanye nko gusezeranya abageni avuga ko yajyaga asubirishamo abageni amagambo kandi akaba ariwe utangaza aya magambo ati “Muzabana ku bwa Allah, kandi muzatandukana kubwa Allah” aha Zamda aravuga ati “Ibaze nawe Imana itandukanya abashakanye!

Ubuhamya bugeze aho Umunyamakuru yabajije Zamda niba icyo gihe yarajyaga yumva iby’Abarokore. Mu kumusubiza Zamda yagize ati: Najyaga mbabona I Mageragere, ariko sinajyaga nifuza kubumva, iyo  nabumvaga nahitaga nsenga Allah nti ‘ Undinde Shitani wavumwe’, ibyo nabikoraga kuko ntashakaga kubangikanya Imana, kuko twe Yesu muri Islamu, tumufata nk’umusangirangendo wa Mohamed, abamufata nk’Imana, twavugaga ko bazaba inkwi zo muri Gehinomu.

Ubukumi bwa Zamda Kampire.

“Igihe rero cyarageze maze kugeza imyaka 18 urumva niyumvagamo ko mbaye inkumi, natangiye kwiyitaho ngira ngo mbengukwe mbone unkunda twazabana” Zamda avuga ko mu ri Islamu, ikintu cya mbere umusore aba ategetswe kwitaho ashaka umugeni ari ukureba uburanga., isura, ubutunzi, no kureba umwemera. Ni ukuvuga ukurikiza iby’idini. Zamda avuga uko yatangiye kwiyitaho, ngo yakundaga kwambara akikwiza akambara ibigeze hasi, ngo yakundaga amapantalo (amwe barenzaho ikanzu), ngo yakundaga ikanga (Djirbab).

“ Sinigeze nitukuza”, uwo ni Zamda ukomeza, avuga ko cyokora yakundaga cyane amahereni. “Nari mfite imyenge itatu kuri buri gutwi, nambaraga amaherena ane kuri buri ruhande, nkambara n’iherena ryo mu izuru, ku buryo abantu bari baranyise Nyiramaherena”

Aha umunyamakuru yamubajije uko abantu bo mu cyaro bamufaga, Zamda amubwira ko bari bazi ko yakundaga kuba mu Biryogo, akaba yarize no Kwa Kadafi, bityo ngo bari bazi ko ari muri bamwe bita Abajuwaji.(abantu bashaka kugaragaza ko bazi byose)

Ku byerekeye ibyo gusenga, Zamda , avuga ko yasengaga inshuro 5  ku munsi akanasiba mu gihe cy’ukwezi kwa Ramazani (Ukwezi Abayisilamu bamara batarya ku manywa). “ Mu migambi yanjye nateganyaga kuzajya I Maka”

Dusubiye rero kubyerekeranye no gushaka uwo bazabana, Dore  ibyangombwa Zamda avuga yari yarashyizeho umusore bazabana agomba kuzaba yujuje ngo akunde amwemerere: “ Yagombaga kuzaba  ari inzobe, akaba ansumbaho nka 20cm, ku buryo ntagomba kurarama mureba, yagombaga kuba Atari munini cyane kandi ntabe muto cyane, ntandushe imyaka irenze 4, ntiyagombaga kuba umuntu ukora akazi ko guhinga.yagombaga kuba ari umuntu uberwa w’umusirimu(smart) kandi birumvikana akaba umuyisilamu.” Zamda akomeza ati:

“Sinashakaga umuntu uturutse ahandi hatari I Kigali.”

Muri icyo gihe rero Zamda avuga ko abasore bazaga kumusura yabasuzumaga akurikije izo ngingo zose yashyizeho “Iyo nasangaga muri biriya hari ikiburaho, umusore naramuhakaniraga” , akomeza ati “ Hari nk’uwazaga akavuga ko ari uw’I Gitarama, Byumba se , ubwo ikizami cyabaga cyamunaniye”

Zamda avuga ko byakomeje gutyo ku buryo abara abasore 35 bose bamunyuze imbere.”Nari mfite I karine mbandikamo, hari nkaho wasangaga nanditse nti uyu waje ku itariki iyi n’iyi… namubenze, kuko ari mugufi, undi ugasanga nanditseho ko mubengeye kuba ari umunyagikngoro” Zamda yongeraho aseka ati “ Iyumvire nawe ukuntu ubwibone   bwari bwarandenze.”

Amaherezo Zamda avuga ko haje kuza umusore wujuje biriya byangombwa, “Yaje avuga ko atumikiye undi, ibyo abikora inshuro 4, zose abona ubumbwira ko ari we” Zamda ariko ngo ntiyahise amwemerera, dore uko abivuga

“Ntugire ngo uwo musore (waje kuba umugabo wanjye), nahise mwemerera, hashize iminsi 361 yose ‘ Naje kumwemerera ari ku itariki ya 23 z’ukwezi kwa cumi na kabiri.

Muri uku guhararana rero nibwo Zamda yagiranye amasezerano n’uwari kuzaba Papa w’Abana be , iby’ayo masezerano n’imibanire yabo tukazabikomeza mu gice gikurikira iki.

Ni ahubutaha.

Adolphe MITALI.

Padiri Nahimana Thomas wamenyekanye ku rubuga ‘Le Profete’ agarutse mu Rwanda guhatana na Perezida Kagame.

$
0
0

Padiri Thomas NAHIMANA, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda, ari mu nzira aza gukorera Politiki mu Rwanda agahatana na Perezida Paul Kagame n’abandi baziyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri 2017.

Padiri Nahimana Thomas yabaye umusaseridoti gatolika muri Diyosezi ya Cyangugu, aza kuhava yekereza mu buhungiro i Burayi, aho yahise ashinga ishyaka yise ISHEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda. Padiri Thomas Nahimana kandi yamenyekanye cyane kubera ibintu yandika ku rubuga rwitwa Le Profete rwigeze kwandagaza Joseph Habineza igihe yari Minisitiri w’Umuco na Siporo.

Uyu mupadiri ariko hashize igihe bivugwa ko yateye inda umuyoboke witwa Jeanne Mukamurenzi ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka Ishema Padiri Nahimana abereye umuyobozi mukuru, ndetse ubu bakaba bibanira nk’umugabo n’umugore mu buryo butemewe n’amategeko n’ubwo bikitwa ko Nahimana Thomas akiri umupadiri.

Mu itangazo iri shyaka ryashyize ahagaragara, rishimangira ko kuri uyi wa Gatatu Padiri Thomas Nahimana azasesekara i Kigali agakomeza imirimo ya Politiki ari mu gihugu, kandi ngo nta kabuza ni umwe mu bazahatana na Perezida Paul Kagame mu mwaka utaha wa 2017.

Iri tangazo riragira riti:

Ubuyobozi bw’ishyaka rya Opozisiyo, ISHEMA ry’u Rwanda, bushimishijwe no kumenyesha abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abanyamakuru, abayobozi b’amashyaka ya Politiki n’abahagarariye amashyirahamwe ya Sosiyete sivile ndetse n’abanyarwanda bose muri rusange ibi bikurikira :

1. Igihe kirageze cyo kujya gukorera politiki mu Rwanda nk’uko Ishyaka ISHEMA ryabyiyemeje.

2. « Kunga abenegihugu kugira ngo bafatanye kwiyubakira u Rwanda moderne », ni wo mushinga Ishyaka ISHEMA ryifuza kugeza ku Banyarwanda.

3. Bwana Padiri Thomas NAHIMANA, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka ISHEMA ry’u Rwanda akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ya 2017, n’ikipe ayoboye bazahaguruka ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa kumi n’iminota 50 z’umugoroba (16: 50). Ikibuga cy’indege bazahagurukiraho ni Paris Charles de Gaulle mu Bufaransa.

4. Bazasesekara i Kigali kuwa Gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2016 ku isaha ya saa munani n’iminota 55 z’amanywa (14:55).

5. Bazagirana ikiganiro n’Abanyamakuru guhera saa kumi (16:00).

6. Turashishikariza ababyifuza bose kuzaza kuduherekeza i Paris no kudusanganira i Kigali.

Demokarasi ni urugamba rugoye, ntidushobora gusogongera ku byiza byayo hatabonetse abenegihugu b’intwari biyemeza kuyitangira. Harakabaho u Rwanda ruha abana barwo bose amahirwe angana. Bikorewe i Le HAVRE kuwa 21 Ugushyingo 2016.

Inkuru ya Ukwezi.com

Kurikirama umuhango wo kwimika Pastor Niyonkuru Nuru agirwa umushumba(amafoto)

$
0
0

Uyu muhango wabere ye mu Itorero rya Ennihakore Center Church rikorera Kimironko ukaba wari uyobowe na Apotre Serukiza Sosthene umushumba wa Guerrison des ames aho mu mpuguro yahaye uyu mushumba mushya harimo ko Yamutongereye kutazava mw’ijambo ry’Imana ahubwo ko bibiliya akwiye kuyigira inshuti kandi akanakunda minisiteri karago no kwicisha bugufi .

img_0675

Apotre Sosthene Srukiza nyuma yo gusoza ijambo ry’Imana yakoze umuhango ukomeye wo kwambika imyambaro y’ubushumba no gusukaho amavuta ndetse no gushyikiriza inkoni y’ubushumba no kurahiza indahiro abakozi b’Imana barahira maze arangije aramusengera kumugaragaro atangazako abaye umushumba (Pastor )w’itorero rya Ennihakore Center Church .

Reba amafoto uko byari byifashe muri uwo muhango

img_0920img_0944img_0908img_1034img_1095

 

Nd. Bienvenu/Isange.com

Ese icyo kunywa cyizwi nka kombucha kivura indwara

$
0
0

Kombucha, Bamwe banayita kambuca. Iki kinyobwa cyabaye gikwira bamwe bati ni umuti, abandi bati itera akanyabugabo mu buriri, n’ibindi byinshi biyisingiza. Ese kombucha ni iki? Mu bindi bihugu bayita icyayi (tea). Nta mugayo kuko ibyo ikorwamo by’ibanze harimo amajyani y’icyayi.

Imiyege na bagiteri biba muri kambuca

Iki nicyo cyitwa ikinyabuzima, kikaba uruvange rwa bagiteri n’imiyege

Mbere yo gukora kombucha uba ufite icyitwa ikinyabuzima. Icyo kinyabuzima ni uruvange rwa bagiteri n’imiyege (bacteria and yeasts /bacteries et champignons). Iki nicyo cyitwa ikinyabuzima, kikaba uruvange rwa bagiteri n’imiyege Nyuma yo gucanira amajyani n’isukari, uvanga na cya kinyabuzima ugatereka (ugatara). Nyuma y’igihe runaka gihera ku cyumweru kuzamura, uramimina ugasigarana ikinyabuzima cyawe na kombucha.

Mu gukora kombucha bavanga ikinyabuzima n’ibindi bacaniriye birimo amajyani, isukari

Mu gukora kombucha bavanga ikinyabuzima n’ibindi bacaniriye birimo amajyani, isukari

Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko kombucha iba irimo: Vinegar (vinaigre)Vitamins B zitandukanyeCaffeine nyinshi bitewe na ya majyani Alukolo igenda yiyongera uko uyibika igihe. Ubu muri USA bayishyize mu byo kunywa bisembuye kuko iyo bakiyarura iba ifite 0.5% alukolo. Kandi iba yatunganyirijwe mu ruganda. Mbwira rero zimwe zo mu ngunguru uko biba byifashe! Ibindi binyabutabire byinshi binyuranye (chemical compounds/composés chimiques)  Imiyege na bagiteri biba muri kambuca

Imiyege na bagiteri biba muri kambuca

Imiyege na bagiteri biba muri kambuca

Ese koko ni umuti; Oya rwose peeee!! Nubwo kubyemeza uwayinyoye bigoye, gusa kombucha nta ndwara n’imwe bizwi ko ivura cyangwa irinda. Icyakora, kuko n’umunywi w’itabi akubwira ibyiza byaryo kandi akanaguha ubuhamya, ntitwahakana ko abayinywa ntacyo ibamarira kuko inarimo utuvitamini.

Kandi koko iyo ikozwe hakurikijwe uburyo bwiza, ni icyo kunywa gifasha mu igogorwa, no mu mikorere y’umubiri.
Ariko bitewe nuko yengwa n’abantu ahanini batabisobanukiwe bashobora no kuvanga muri yo ibyangiza umubiri.

download

Ingaruka ; Kugeza ubu bitewe nuko alukolo irimo igenda yiyongera, nyuma yo kuyinywa ishobora guteza ibibazo mu gifu birimo kuruka, isesemi no kubyimba umwijima, Kuko irimo imiyege, uyinywa aba afite ibyago byinshi byo kurwara iindwara ziterwa n’imiyege, Kugira uruhu n’amaso by’umuhondo (jaundice), ikimenyetso cyuko umwijima wangiritse cyangwa udakora neza Mu gukora kombucha bavanga ikinyabuzima n’ibindi bacaniriye birimo amajyani, isukari Bitewe n’isukari iba irimo, bigira ingaruka iyo ubazwe kuko bituma igipimo cy’isukari iri mu maraso kizamuka Caffeine irimo itera impiswi, Ku bagore batwite ni ikizira ho peee, Ku barwayi ba diyabete itera ikibazo ku isukari iri mu maraso, Iyo ikorewe mu kintu cy’icyuma (niho bayita karigazoke) , ya vinaigre izivanga n’icyuma bikore ikindi kintu cy’uburozi.

28

Inama; Mu gihe ubushakashatsi nta kindi buragaragaza, OMS; ikigo cyita ku buzima ku isi, itarabyemeza, gendera kure kombucha kuko aho kugukingira yakwangiza. Niba uhisemo kuyinywa, ibyiza nuko wasobanuza abahanga cyangwa ukayikorera

 

src;umuti

Korali Christus Regnat yizihije isabukuru y’imyaka 10 imaze ishinzwe

$
0
0

Buri mwaka ku munsi mukuru wa Kristu mwami, korali Christus Regnat yizihiza isabukuru y’igihe imaze ishinzwe. Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2016 yizihije isabukuru y’imyaka 10 imaze yogeza ivugabutumwa rya gikristu gatorika kuva yashingwa mu mwaka wa 2006.

201605_RW_001

Iyi korali yashingiwe muri centre Christus, abayibamo bishimira ko yabafashije guhindura ubuzima bwabo mu buryo bw’umwuka ndetse no gutanga ubufasha butandukanye ku batishoboye; harimo gutangira ubwisungane mu kwivuza imiryango itishoboye bikorwa buri mwaka n’ibindi bikorwa byo kwita ku batishoboye.

rw1_1421

Bizimana Jeremie ushinzwe imiririmbire muri iyi korali, agaruka ku cyatumye bayishinga yagize ati, “Mu byukuri aho igitekerezo cyo gushinga iyi korali cyaturutse, ni uko hari igihe haburaga abantu baririmba mu misa bityo twiyemeza kuyitangiza…m u bindi twishimira ni ugutera imbere kw’iyi korali, kuko ikimara gushingwa; mu mwaka ukurikiyeho twahise tujya gukorera igitaramo i Burundi.”

rw1_1382

Nubwo yatangiranye n’umubare w’abantu batarenze 25, kuri ubu korali Christus Regnat yishimira iterambere igezeho yaba ku kwiyongera kw’abanyamuryango bamaze gusaga ijana; no ku bikorwa by’iyogezabutumwa. Imaze gushyira hanze imizingo itanu (Album 5) y’indirimbo z’amajwi n’ibitaramo bitandukanye ikora bikabikwa mu buryo bw’amashusho.

201605_RW_001

Chorale Christus Regnat ni korali yo muri Paruwasi Regina Pacis /Remera, muri Arkidiyosezi ya Kigali. Ikaba ari korali imaze kuba ubukombe mu bijyanye na muzika ikoze neza, cyane cyane mu gitambo cya Misa no mu bindi bikorwa byubaka umuntu kuri roho ndetse n’umubiri


Bimwe mu bintu bitangaje utamenye ku muhanzi Shabani

$
0
0

Umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana Shabani Niyonteze, akorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR Gikondo SGEEM. Kuri ubu afite indirimbo ziyingayinga 20 zirimo iz’amajwi n’amashusho ziboneka kuiri Album ebyiri harimo imwe yamuritse n’indi ari gutegura azamurika umwaka utaha.

Gusa benshi babimuziho bavuga ko bitangaje kandi koko nawe nubyumva uraza gutangara , gusa we avuga ko ari imigambi y’Imana kuri we ngo nkuko Imana yabyivugiye ko izahagurutsa abanyantege nke ngo bayikorere mu rwego rwo gucisha bugufi abishyira hejuru.

Nubwo byose bisa naho wabiikubira mu nteruro imwe bikumvikana, bifite uburemere bukomeye nkuko abatari bacye mu bamuzi bakomeza kugenda babigaragaza.

Umuhanzi Shaban Niyonteze ni umugabo w’imyaka 30, ufite umugore umwe n’abana batandatu, akaba kuri ubu atuye i Kigali.

Icyo ni kimwe ntaribuvugeho byinshi kuko niba uzi ubwenge ukaba uzi na Kigali n’u Rwanda muri rusange hari icyo uza kumvamo.

Icya kabiri ni uko uyu mugabo ari umuririmbyi kuri ubu ufite indirimbo nyinshi zitandukanye zirimo iziri kuri Album ye, ya mbere ndetse n’iziri kuri Album ya kabiri ari gutegura, utarigeze na rimwe akandagira muri korali cyangwa se ngo aririmbe muri Sunday School nibura.

shhhh

Ni umwe mu bahanzi bake batakandagiye muri korali

Icya gatatu ari nacyo cya nyuma uyu mugabo akora akazi kamusaba kuba yarize nibura amashuli atatu yisumbuye ariko igitangaje ni uko ngo yagarukiye mu mwaka wa gatanu w’amashuli abanza.

 

Mu kiganiro kihariye yagiranye na Isange.com yatubwiye ko kuri we ibi bitamutera ipfunwe ahubwo abifata nk’umugambi w’Imana wo gukoresha umunyantege nke nkawe, kugirango ikoze isoni abanyembara n’abanyabwenge.

Yagize ati: “Nanjye iyo ndebye amateka yanjye, nkareba n’uko meze ubu birasetsa, ariko nshima Imana cyane kuko yantoranyije ngo nyikorere mu buryo bwo kuririmba nta gihamya na kimwe cyatuma ndirimaba cyangwa ngo nkore indirimbo muri studio bikunde.

Gusa Imana nyine nkuko yabivuze itoranya abanyantege nke, ikabakoresha kugirango ikoze isoni abanyembaraga n’abanyabwenge. Ni ukuri uko mbayeho njyewe n’umuryango wanjye ntibinteye ipfunwe.”

Uyu muhanzi Shabani Niyonteze yamenyekanye mu ndirimbo nka Mana Mfasha, Gusenga ndetse n’izindi.

 

Bethesda holy church: Korali Sawuti Hewani igiye kumurika Album

$
0
0

Korali Sawuti Hewani ni korali ikorera umurimo w’Imana wo kuririmba mu itorero rya Bethesda Holy church ikaba ifite igitaramo kuri iki cyumweru cyo kumurika umuzingo wayo w’indirimbo z’amashusho.

Iyi korali iravuga ko ibizi neza ko abakunzi bayo n’abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bari bayikumbuye cyane, akaba ariyo mpamvu yashatse kumara urukumbuzi abanyarwanda inabereka ibyo yari ihugiyemo nkuko bitangazwa n’umuyobozi wayo  Ev. Mbarushimana John.

img-20161123-wa0045

Korali Sawuti Hewani igarukanye byinshi

Yagize ati:  ” Mu  byukuri ntitwirengagije ko abenshi mu bakunzi bacu bari bafite amatsiko yo kongera kutubona, ariko twari tumaze igihe twitegura kubereka  ibyiza byinshi, kdi dutekereza ko bizanyura buri wese kuko twagerageje ibishoboka byose ngo dukore indirimbo nziza zijyanye nigihe .   twasenze Imana iduha ihishurirwa rijyanye nindirimbo zifite ubutumwa bwubaka kandi bugafasha  imitima yababwumva. Ikindi nuko umuntu uzatahana iyi DVD azishima kuko ikoranye ubuhanga mu njyana nziza zitandukanye.”

Iki gitaramo cya korali Sawuti Hewani kizabera ku Gisozi ku rusengero rwa Bethesda Holy church, ku cyumweru tariki ya 27 Ugushyingo 2016 saa munani kugeza saa moya z’ijoro.

Usibye iyi korali yo yateguye iki gitaramo cyo kumurika umuzingo wayo w’indirimbo z’amashusho(DVD Album launch), Dominic Nic, Rehoboth Ministries, Boenerges Gospel Group , Bethesda Choir na Light Gospel Choir nabo bazaririmba muri iki gitaramo.

Dominic Nic nawe azaririmba

Umwigisha w’ijambo ry’Imana muri iki gitaramo ni Rev. Jeanne d’Arc umufasha wa Bishop Rugamba Albert  uyobora Bethesda Holy Church mu Rwanda .

 

Hari benshi bajyaga biganyira kwitabira ibitaramo kubera ko byishyuje amafaranga menshi, ariko iki gitaramo cya Sawuti Hewani choir cyo ni ubuntu gusa, ahubwo mwebwe murasabwa kuzana imitima yagukiye kuramya Imana.

Sawuti Hewani imaze imyaka myinshi ikora umurimo w'Imana.Sawuti Hewani imaze imyaka myinshi ikora umurimo w’Imana.

 

Kigali: Igitaramo cya Ben na Chance gitegerejwe n’ imbaga y’Abanyarwanda

$
0
0

Serugo Ben na Chance Mbanza n’umugore n’umugabo n’ abaririmbyi bakomeye bo mu itsinda rya Alarm Ministries bageze kure imyiteguro y’igitaramo bafite mu mpera z’icyumweru ku italiki ya 27/11/2016 muri Foursquere Gospel Church.

hh

Iki gitaramo ni kimwe mu bitaramo bitegerejwe nabatari bake hano mu mujyi wa Kigali doreko cyanahawe intego igira iti: “ No Worship no Life” kuri ubu rero imyiteguro ikaba igeze kure dore ko iki gitaramo kizagira umwihariko wo kuzabona umugabo n’umugore we bahimbaza Imana ku buryo bwo hejuru.

Nkuko twabitangarijwe na Serugo Ben kaba yaradutangarije ko umwihariko uzagaragara muri iki gitaramo ari uko ibyo abantu bazabona ari byinshi byumwihariko kubakunda umuziki bazumva umuziki wo kurwego rwohejuru ndetse banaryoherwe nawo naho kubakunda kuramya Imana bazabasha kubona umwanya uhagije wo gusabana nayo.

ben_chance3-jpgkk

Tubibitse ko Iki gitaramo kizabera muri Foursquere Gospel Church ku cyumweru taliki ya 27/11/2016 kwinjira bizaba ari amafaranga 5000 frw  mu myanya y’icyubahiro ndetse na 3000 frw mu myanya yose isigaye

 

Nd. Bienvenu/Isange.com

Irushanwa ry’aba miss: Abanyarwandakazi baryitabira bareke uburyarya.

$
0
0

Ibitekerezo bigendanye n’irushanwa ry’abakobwa beza uwabyandika ntiyabona aho abikwiza. Inkuru igendanye nabyo mu gihe gishize nigeze kuyandikaho mu kinyamakuru Iriba, ababa barayisomye babonye icyo mbitekerezaho. Ku giti cyanjye sinemeranya na nubu nuko iryo rushanwa ryanabaho cyane cyane sinemeranya n’urijyamo yitwa umukristo. Ariko ni uburenganzira bwa buri wese gukora uko abyumva. Ibi sibyo ngamije kuvuga hano  nkuko nabivuze ibitekerezo nabitanze muri Iriba.

Ikintu nifuje kuvugaho uyu munsi, ari nayo nkuru irimo kuvugwaho cyane mu byerekeranye n’imyidagaduro; ni amatsiko abantu bafite yo kwibaza niba Miss uhagarariye u Rwanda ubungubu azemera kwambara akenda bita bikini, nasobanura ko ari uburyo abakobwa bambara bakinze amabere gusa n’imyanya dangagitsina. Kuri bamwe ibi birafatwa nko guta umuco , abandi bo bakavuga ko ntacyo bitwaye. Biravugwa ko  Umwe mu ba Miss baduhagarariye yanze kwiyambika atyo, bityo bimuviramo gukurwa mu irushanwa, bivugwa kandi ko  Umu miss uherutse kuduhagararira yaba yaremeye kwiyambika atyo, ubu bamwe bakaba bamucira urubanza nk’uwaciye inka amabere. Aha ni ho mbona igisa n’uburyarya.

Mu isoko ry’amatungo cyangwa muri exposition umukiliya yemerewe gukorakora akareba ubwiza bwaryo, akareba icebe, cyangwa akagenzura neza ikindi ashaka kugura muri exposition. Ntabwo itungo ribihakana

Ku byerekeye abavuga ko kwambara bikini ari ishyano, ari uguta umuco , umuntu yakwibaza ati ese ubundi kujya mu irushanwa nka ririya byo ni umuco nyarwanda tutarebye no kubyo bambara? Uretse kwambara bikini se ubundi kujya kurata ikimero , isura , imiterere, uburebure cyangwa ubugufi, ibyo byo ni uwuhe muco?. Nonese niba wagiye kwerekana ko uteye neza, abashyizeho iryo rushanwa  niba igipimo cyabo cy’ubwiza kinagaragarira aho bamwe baba bashaka guhisha, niba urugero bagezaho ari urwo kwambara izo bikini, umukobwa agasigarana ako gakariso, wowe ukaba ugiyemo urashaka guhindura amategeko yabo? Ese babwirwa n’iki ko udafite indi nenge uhishe, wenda ukaba ufite ukuntu wagoramye?  reka mbisubiremo Niba wagiye kwerekana uburanga bwawe, wigarukira mu nzira, bwerekane uko amategeko y’irushanwa yabisabye. Munyumve neza sinshigikiye ko abakobwa bambara izo bikini, ariko twe kuvugiriza induru uwabikoze. njye navuze uretse na bikini ,  ntemeranya nuko umuntu yajya kwerekana, kurata no kurushanyirizwa ubwiza, atigeze yiha. iyo ni Expo nk’izindi. Niba rero agiyeyo, ni areke uburyarya  yubahirize amategeko. ikindi mbonamo uburyarya, Ubuse ni nde utarabona abakobwa n’abagore ku mucanga w’amazi (plage) bambaye utwo tuntu?  Hari umukobwa uherutse gusubiza umunyamakuru aho yari amusanze kuri pisine amubaza nyine ibyerekeranye na Bikini, umukobwa yaramusubije ati :”  Buri kintu kigendanye n’icyacyo, nkuko utajya mu bukwe wambaye ikabutura niko utajya muri pisine wambaye ikoboyi”

Dore inama 2 natanga kuri iki kibazo

Inama ya mbere:

Abanenga ibyerekeye amategeko amwe y’irushanwa ry’ubwiza, nibarebe ukuntu bashyiraho irushanwa nyarwanda ry’ubwiza, rikurikije ingero (criteres ) rikurikije indangagaciro nyarwanda z’ubwiza.

Inama ya kabiri

Abanyarwandakazi nibareke ariya marushanwa kuko usibye n’Iby’Imana  nta ndangagaciro nyarwanda nzi iriho yo kwimenya ko uri mwiza ukajya kubyerekana ukabirushanyirizwa. Ukumva ko uruta abandi.

Reka mbibutse akantu nigeze kwandikaho muri article naherukaga kwandika kuri ibyo

Hari umukobwa mwiza cyane ngo bigeze kubaza impamvu yicisha bugufi kandi afite uburanga ngo yarabasubije ati : ” Mu bintu ntarata ni uburanga bwanjye kuko ntacyo nakoze na kimwe ngo nse ntya”

Ndangiza navuga nti ayo marushanwa y’ubwiza siyo azakiza U Rwanda. yarorera ariko ntadukururire ubucakara bwose.

Nongere ndangize mbaza iki kibazo. Ko bavuga irushanwa ry’abeza, ubundi hari abandi bantu babi Imana yaremye?

Mwaba mukoze munsubije.

MITALI Adolphe.

Va mu rungabangabo.

$
0
0

“ Nuko Eliya yegera abantu bose aravuga ati: ‘ Muzageza he guhera mu rungabangabo? Niba muzi ko Uwiteka ari we Mana nimumukurikire, kandi niba ari Baali, ari we mukurikira…”1 Abami 18:21

Mu gitabo cy’Umubwiriza 3:1, 8 ijambo ry’Imana ritubwira ko ikintu cyose kigenerwa gihe cyacyo, kandi bityo hakabaho igihe cy’intambara n’igihe cy’amahoro. Ibimenyetso ndimo kubona biranyereka ko iki gihe ari icyo kuva mu rungabangabo, kugira uruhande ubarizwamo, kuko , intambara irarimbanyije mu gutegurwa hagati y’Ibihangange cyangwa ubutware bubiri butegetse iyi si, hagati y’abakuru bingabo babili aribo Satani n’Imana ( Eternel des Armees), Abo bakuru b’ingabo ubu bararimbanyije mu gutoranya no gukusanya ingabo zabo,Yoweri 4:9, “ Nimwamaze ibi mu mahanga, mwitegure intambara, muhagurutse intwari, abarwanyi bose bigire  hafi bazamuke” . Muri iyo ntambara Imana irimo guhamagarira abayo bari bakiri mu rungabangabo guhindura imyifatire. Igihe cyabayeho cyo kuba ba Nyamujyiryanino,igihe cyabayeho cyo kuba akazuyazi, cyo kutagira aho tubogamira, uretse ko ibyo muri iyi ntambara y’umwuka bitabaho ( neutralite ntirimo,  hari ibihande bibiri gusa, udafite aho abogamiye  neutre, ari mu ruhande rwa Satani: Ibyahishuwe 3:15,16 “ Nzi imirimo yawe yuko udakonje kandi ntubire, iyaba wari ukonje cyangwa warubize, nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje ntubire, njyiye kukuruka” Uru rugamba kandi menya ko ururimo, wabikunda utabikunda, wanarwinjiyemo ukimara no kuvuka, Yobu avuga ko ari kuva ukivuka,Yobu 7:1 “ Mbese umuntu akiri mw’isi ntaba afashe igihe mu ntambara?…”Njye mvuga ko urwo rugamba ururimo nibyo kuva ukivuka, ariko cyane cyane kuva ukimara kuvuka ubwa kabiki, noneho rurushaho gukara umaze guhabwa umurimo n’amasezerano. Ibuka uburyo Dawidi yarwanyijwe, na Yosefu, Satani yanga ko bagera kucyo Imana yabafatiye., Yosefu akimara kujya arota na Dawidi atarasukwaho amavuta, aho yari yibereye mu ntama nta kibazo yari afite. Urugamba rero ururimo, ahubwo kutabimenya ni akaga.

Nkuko ijambo ry’Imana rero ryabitubwiye mu Umubwiriza; ikintu cyose kigira igihe cyacyo hano mw’isi.

Amazi si yayandi.

Habaye igihe twagiye tuba , nk’abakristo, ba  nyamujyiryanino ,tugapfapfana ariko ubu amazi si ya yandi ,ako gahe kararangiye. Iki ni igihe cyo gutoranya no gukusanya ingabo ubu , iki gihe ni icy’irobanurwa ryazo ( recrutement), igihe kigeze ni icyo  kugira uruhande ubarizwamo (gufata position), nakubwiye ko muri ibi nta abadafite aho babogamiye babamo ( Neutres), abadafite aho babogamiye bari ku ruhande rwa satani. Hari amakambi, (ingando), ebyiri iy’ingabo z’Imana, n’iyi ngabo Za Satani. iki kandi ni igihe cyo kwitandukanya Rev 18:4 ;” Bwoko bwanjye, nimuwusohokemo, kugira ngo mwe gufatanya n’ibyaha byawo, mwe guhabwa no ku byago byawo, kuko ibyaha byawo byarundanijwe bikagera mw’ijuru, kandi Imana yibutse gukiranirwa kwawo”.

Ninde udafite icyo  aya magambo amubwira, ni nde atagira icyo yibutsa. Aya magambo ni ay’iki gihe kurusha ikindi gihe cyose cyabayeho.

Aya magambo ishusho ampa iyo nyatekereje, ni ishusho y’urugamba, aho abakuru b’uruhande rwateye urundi, tuvuge bifuza nko gufata umugi, bamenyesha abasivile bawurimo kwitandukanya n’umwanzi kugira ngo babone uko bawurimbura.Imana irashaka ko abayo bari bakivangavanga ibintu, bitandukanya, ubundi igakora akazi.

Niba wibuka ibya Sodoma na Gomora, aya magambo yari akwiye kugira icyo akubwira. Sodoma mbese wibuka icyo yazize? Sodoma yazize ibyaha byawo birenze ukwemera, icy’ingenzi kikaba Ubutinganyi. Muri iki gihe ubutinganyi aho bugeze biragaragara ko burenze ubw’icyo gihe,, aho n’abitwa abakozi b’Imana baushyigikira ndetse bakanabwishoramo, aho basezeranya abahuje ibitsina ugusezerana kwitwa “ Kwera”, aho abantu baryamana n’inyamaswa, n’ibindi n’ibindi…Ibyaha by’I Sodoma Imana amakuru yabyo yari yaragezeho, yabanje kohereza abatasi ngo imenye neza ko ari ukuri, ubu rero nyuma yo gutata yamaze kubona uko biri, byageze kw’ijuru , raporo yayigezeho, igisigaye nkuko yabikoze I Sodoma ni ugukangurira abayo gusohoka muri ibyo byaha, nkuko yabwiye Loti imushishikariza kwihuta kuvamo, Imana irakubwira ngo Gira bwangu uvemo, ayo magambo ntuyafate nk’aya Loti, ni ayawe nanjye. Imana irakubwira ngo wikora kubyaha byawo utabona no kubyago byawo. Umugi wamaze gukatirwa. Ushobora kuba wowe utinjiraga mu byaha byawo cyane, ariko ukoraho wenda buhora, ushobora kuba uteri umutinganyi cyangwa udasambana, ariko ukaba ureba amashusho y’urukozasoni ( Ibyitwa pornographie), ushobora kuba uticana mu bikorwa ariko ukaba ubikora mu mutima, n’ibindi n’ibindi nkibyo…

Igihe cyasohoye ndetse kirimo kurenga ko buri wese areka kujijinganya, no kwikereza, akamesa kamwe, nkuko umuririmbyi yabivuze ati :“ Sinahora mbaririza urugendo rwawe Yesu, cyangwa se ngo nshidikanye kugukurikira Yesu, umurimo wanjye nuwo…”

Ese hari utarimo kubona ibimenyetso by’ibi?

Mu gitabo Umukozi w”Imana Rebecca Brown yanditse, akacyita “Preparez la guerre”, nakwita mu Kinyarwanda “ Tegura intambara”, aho akoresha ariya magambo navuze yo muri Yoweri4:9, Rebecca yerekana cyane uburyo Muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika (USA), Satani n’abakozi be barimo gucengera mu bantu benshi batandukanye, mu rubyiruko, cyane cyane ruriya rujijutse cyane, aruhindura kumukorera., Ubu hari ibikorwa by’ubupfumu bukomeye , Satani arakorerwa ku mugaragaro, aratambirwa ibitambo by’abantu,  ( Ibimenyetso by’ibihe nkibi tuvuga  ni byinshi wenda tuzabishakira undi mwandiko wihariye), ku buryo ubu keretse uwiyobagiza iki gihe ari icyo kuva mu rungabangabo, guteta no kuvangavanga, kujya ira no hino birangira buri muntu akajya mu byimbo bye, ngo arinde ibyo kwizera agree ku cyo Yesu yamufatiye. Byaba bibabaje gukubitanwa n’abakozi ba Satani, hari ibyo wari warigomye Aka gahe niyi miburo ni ubuntu wongeye kugirirwa n’Imana, ivugana urukundo igukunda iti: “ Bwoko bwanjye…” igusaba kuva mubyo warimo, ukitandukanya..

Uraburiwe.

Adolphe MITALI.

 

ADEPR Kigali:Bwa mbere mu mateka hagiye kuba igitaramo gikomeye kizahuza worship teams zo muri za Kaminuza

$
0
0

Kuri iki cyumweru tariki ya 4 Ugushyingo 2016,i Kigali muri Kaminuza y’U Rwanda ishami ryigisha iby’icungamutungo CBE,harabera igitaramo gikomeye kizahuza worship teams zikorera ivugabutumwa muri kaminuza zose zishamikiye kuri kaminuza y’u Rwanda ariko zo mu mashami ya Kigali.

 

Ayo matsinda ni Elim yo muri CEP UR Nyarugenge,El-Elohe yo muri UR Gikondo campus ndetse na Shilo team ituruka mu cyahoze ari KIE.

Iki gitaramo kizabera muri salle nini yo muri kaminuza y’U Rwanda ,Gikondo campus ,izwi cyane ku izina rya Big Auditorium hall ahahoze hitwa SFB.Uretse andi aya matsinda ,iki gitaramo kizitabirwa n’umuhanzi  Bosco Nshuti ndetse n’umuvugabutumwa Rev.Past Mutima Jotham.

Iki gitaramo gifite insanganyamatsiko iboneka muri Yohana 4:23 by’umwihariko kikaba kigamije gutanga igisobanuro cy’umuramyi Nyakuri.Ubuyobozi bw’aya matsinda  buvuga ko bugamije kwagura ubwami bw’Imana binyuze  mu kuyiramya no kuyihimbaza bityo ko ibitaramo nk’ibi bizahora bibaho buri mwaka.Ubu buyobozi kandi buvuga ko bashaka kubaka ubumwe bwaya matsinda  mu rwego rwo gukora ibikorwa byagutse bityo iki gitaramo kikaba kibanjirije ibindi bitaramo bikomeye.

Iki gitaramo kandi kizatangira saa saba n’igice z’amanywa ahahoze ari kuri SFB bityo aya matsinda akaba asa buri wese ukunda kuramya no guhimbaza Imana kutazabura muri cyo bitewe  n’ibyo bateguye bizanyura imitima bigahembura ubugingo.

Hari indi mpamvu yo kurwanya porno.

$
0
0

Info chretienne, 29 /11/2016

Icyorezo cyo kureba amashusho y’urukozasoni, ibyo abantu bamenyereye kwita Porno, cyahagurukiwe n’abayobozi b’amatorero batandukanye nyuma yuko byagaragaye ko iki kibazo uretse kuba cyarasatiriye abakristo cyageze no mu bayobozi babo barwana n’ubwo bubata ngo bibohore.

Impamvu rero zo kurwanya iki cyaha cyabaye nk’ikiyobyabwenge kuri bamwe ntizari zibuze bitewe nuko ingaruka zacyo ari nyinshi haba ku buzima bw’umwuka bw’abatwawe nacyo, ubuzima mboneza mubano, imibanire hagati y’ingo n’ibindi bigenda byangizwa n’iki cyorezo,

Muri iyi minsi ariko habonetse indi mpamvu yo kurwanya icyo cyago. Iyo mpamvu n’iy’abantu bamwe bakina amafilimi y’urukozasoni, bagizwe imbata , batakigenga muri uwo murimo, ahubwo bagizwe abacakara , bitewe n’akayabo k’amafaranga ba nyiri kubakoresha bakuramo. Buriya rero ngo benshi bafatwa ku ngufu bagakoreshwa imibonano mpuzabitsina ku ngufu,ari nako kamera zibafotora kenshi bamaze kubaha ibiyobyabwenge batabizi, . Hari umugore umwe watanze ubuhamya avuga ukuntu yafashwe ku ngufu kamera zifotora amafoto akwira hose kandi bitari mu bushake bwe Agira ati : Mu gihe nafashwe narebaga Nyiri filime(Producteur) ibyo gufata amafoto ngira ngo mutabaze ariko nkabona we abyishimiye. Undi mugore wigeze gukina ayo mafilime , Shelley Lubben  aratangaza ibi :

“ Ubu hari abakinnyi ba filimi za Porno 1500 mu mugi wa San Fernando Valley, muri Leta ya Kaliforniya. Guhera muri 2004 kugeza 2013, aba star 228 bazwi barapfuye bishwe  na Sida, kwiyahura, kwicwa, n’ibiyobyabwenge. Nta kindi kigo (industrie) wabonamo imibare nk’iyo.”

12 ku ijana by’amasite ari mu isi ni aya porno . Ni ukuvuga ngo hari imbuga (sites) miliyoni 4 zose zigendererwa na miliyoni 72 z’abantu ku isi. Biragaragara koari isoko rifite akayabo .

Itorero ryari rikwiye guhaguruka ntiryicecekere imbere y’icyorezo gifite ubukana no kwangiza utabona uko ushyira mu mibare.

Porno yahindutse isoko y’ubugizibwa nabi.

Byamaze kuboneka ko porno irimo kwangiza mu rwego rurenze uko twabyibwiraga. Muri iri soko rya porno ryuzuyemo ibikorwa bitandukanye by’ubugizi bwa nabi, gufatwa ku ngufu, ibiyobyabwenge, ubwicanyi, ubucakara, kwiyahura n’ibindi…

Itorero nirihaguruke.                                                         

Itorero ntirikwiye kurwanya porno gusa bitewe no gucirwaho urubanza ko ari icyaha, ahubwo rikwiye kubabazwa n’ukuntu ibintu Imana yari yaremye kunoza urukundo hagati y’abashakanye, ikintu gihebuje mu gukomeza umubano, ukuntu Satani yagihinduye kikaba cyarabaye igikoresho cy’ubunyamaswa. Itorero rikwiye kubabazwa n’abo bakobwa n’abagore babaye abacakara.

Adolphe MITALI.


Abayisilamu 5 bakatiwe urwo gupfa bitewe nuko batwitse abakristo.

$
0
0

Info.chretienne, 29/11/2016

Ubutabera bwo muri Pakistani noneho bwerekanye ko ubuzima bw’Umukristo ari kimwe nk’ubw’Umuyisilamu.

Hashize imyaka 2 umugabo n’umugore we Shahzad na Shama, batwitswe mu itanura ry’amatafari bazira ibinyoma by’umu Imamu wabeshyeye uyu mugore Shama ko yasebeje I Kolowani.Uwo mugabo n’umugore bapfuye basize impfubyi 4 , umuto akaba yari afite imyaka 2, umukuru afite 7. Umucamanza rero ejo yakatiye abantu batanu bagize uruhare mu iyicwa ry’a Shahzad na Shama, igihano cyo gupfa.

Hari kuwa 4 Ugushyingo 2014 ubwo umuzindaro wavugaga uhamagarira abayisilamu kuza ku itanura aho Shahzad n’umugore we Shama bakoreraga mu mudugudu uri hafi y’umugi wa Kot Radha Kishan. Ubwo rero  nkuko bivugwa ngo hari hahuruye abantu bari hagati ya 400 na 1000  bazanywe no kugirira nabi uyu mugabo n’umugore we baregwaga ngo kuba baratinyutse kuvogera no gusebya I Kolowani.

Uyu mugabo n’umugore rero bagerageje guhunga iyi mbaga yari yazabiranyijwe n’umujinya, niko kwifungirana mu cyumba kimwe. Abantu ariko bahise basenya igisenge cy’icyo cyumba bafata Shahzad na Shama babakorera iyica rubozo barangije babajugunya mu itanura bashya ari bazima nk’ikimenyetso ku bayisilamu cy’igihano cy’Imana.Hari abapolisi batanu bageragezje kubakiza ariko ntibyashoboka, bari baje bakerewe bitewe nuko bahurujwe ariko bagatinda bibwira ko ibintu bidakomeye.

Iperereza ryakozwe ryasanze icyaha uwo mugore yazize aruko ngo  nyuma yuko hari hashize iminsi mikeya Sebukwe wa Shama yitabye Imana, uyu mugore yari arimo gukubura inzu, muri iyo myanda ngo hakaba harimo impapuro za Kolowani. Uwo mugore utari uzi ko muri ibyo bipapuro harimo n’izo, ngo yarakubuye aratwika, hagati aho ariko ngo hakaba hari umuntu wari wabonye izo mpapuro, akaba ari we watangaje ibyo. Shama nubwo ngo yagerageje kubasobanurira ko atari abizi, ntibamuteze amatwi.

Ubusanzwe muri kiriya gihugu abakristo n’abandi ba nyamuke bakunda gutotezwa n’Abayisilamu, Leta ikabyirengagiza ntibikurikirane uko bikwiye, hari hashize igihe kitari kinini undi mwana Nauman Masih asutsweho peteroli aratwikwa azira ko yakomeje gusubiza abamubazaga ko ari umukristo, ko ariwe.

Ubu  biturutse cyane cyane ko ibya Shama byakwijwe n’itangazamakuru bikagera hanze, leta yitaye kuri iki kibazo, abantu 5 barimo wa mu Imamu bakatirwa urwo gupfa, abandi 8 bahamijwe ko babigizemo uruhare, bakatirwa igifungo cy’imyaka 2

Ngayo nguko

Adolphe Mitali.

Iyo amashuri ya tewolojiya aza kwigisha neza ,abashumba ntibaba barijanditse muri jenoside!Pastor Joseph Nyamutera

$
0
0

Pastor  Joseph Nyamutera ni Umuyobozi  mukuru wa Rabagirana Ministries akaba ari nawe wayitangije we n’umufasha we Esther Nyamutera.Uyu muyobozi kandi yatangije ishuri Mpuzamahanga rya tewolojiya yise Rabagirana Bible College rifite icyicaro i Masaka ho mu mujyi wa Kigali.

 

 

Nguyu Past Joseph na Esther Nyamutera batangije Rabagirana Ministries ifite mu nshingano Rabagirana Bible College.

Nguyu Past Joseph na Esther Nyamutera batangije Rabagirana Ministries ifite mu nshingano Rabagirana Bible College.

Ubwo hatangwaga ku mugaragaro impamyabumenyi ku banyeshuri bagize icyiciro cya mbere cy’iri shuri,Past Nyamutera yasabye abayobora amashuri ya tewolojiya guhuza ubumenyi bwa tewolojiya n’ubuzima busanzwe aho kubakira kuri  theories nyamara mu ngiro ugasanga ubu bumenyi budafashe.

Past Joseph Nyamutera ari kumwe n'umuyobozi wa Mercy Ministries ku isi ndetse n'abanyeshuri bahawe impamyabumenyi

Past Joseph Nyamutera ari kumwe n’umuyobozi wa Mercy Ministries ku isi ndetse n’abanyeshuri bahawe impamyabumenyi

Past Joseph Nyamutera kandi yakomeje avuga iyo muri jenoside abashumba baza kuba barigishijwe inyigisho nyazo bamwe muri bataba barakoze ibyaha ndengakamere bahemukira bagenzi babo aho kuba imbarutso y’amahoro no gutinya icyaha.

Uyu mushumba w’inararibonye mu byerekeye isanamitima ,ubumwe ,n’ubwiyunge avuga ko iri shuri(Rabagirana Bible College)rigamije guhuza ibyo biga n’ubuzima busanzwe bityo amasomo biga akajyana no guhindura aho batuye cyangwa community transformation mu ndimi z’amahanga.

building

Imwe mu nyubako Rabgirana Bible college izakoreramo

Uyu mushumba kandi yavuze ko aterwa ipfunwe no  kuba hari abakristo b’abanyarwanda bishoye muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, bagashyira igisebo ku itorero rya Kristo. Ikindi kibabaje ni ukuba mu Rwanda harabaye Jenoside yakorewe abatutsi mu gihe amakuru atangazwa n’inzego zitandukanye harimo n’iza Leta avuga ko abanyarwanda benshi ari abakristo.

Dr.Eric Spruyt uyobora Mercy Ministries International,yavuze ko  yizeye neza ko u Rwanda rufite umuntu (Past Joseph Nyamutera)udasanzwe kandi ko yizera ko azakomeza urumuri afite akarugeza kure.

Iri shuri rifite ibyiciro binyuranye harimo Diplom,certificates ndetse rikaba ritanga impamyabumenyi Mpuzamahanga.

Kigali: Cornerstone Revival Church yateguwe igiterane cy’ ububyutse

$
0
0

Iki giterane cy’ububyutse cyateguwe  n’itorero Conernerstone Revival Church kizaba  tariki  ya 4 Ukuboza 2016, kikazabera Kimironko munsi ya Jambo  kikazahera ku saa 14h:00’-18h:00’. Gifite intego igira iti: “Komera ugeze ku iherezo Matayo 24:13.”

15240218_1145176588864332_1718447672_n_1_-47fab-1

Iri torero kandi rikaba riyobowe na Pastor Rwiyemaho Charles. Bikaba biteganyijwe ko Umuhanzi Liliane kabaganza ari umwe mubazitabira iki gitaramo, doreko n’ itsinda ryo kuramya no guhimbaza Imana True Promises rizaba rihari. Hamwe  na Cornerstone worship team.

dore umwe mu minsi ikomeye tutazibagirwa mu buzima bwacu

$
0
0

Ben  na Chance bombi basanzwe baririmba muri Alrame Ministries, kuri icyi cyumweru dosoje taliki 27/11/2016 bakoze igitaramo bavuga ko bari bamaze imyaka 3 bategura, cyabereye kuri Four Square Gospel Church, Kimironko.

ben_na_chance_public-822a5

Ahagaze imbere y’imbaga y’abari baje kumushyigikira Ben yagize ati : « Hari agatabo gato nasomye, umugabo wanditse aravuga ngo ‘Imana ijya kuturema yaturemanye ubushobozi, yaturemanye potential, harimo abilities (ubushobozi) ziri mu muntu kandi izongizo ntabwo zaremewe gufasha we (nyiri ubwite), zaremewe gufasha isi. Ndabizi neza ko impano zindimo, impano ziri muri madamu ziriho kugira ngo ziheshe umugisha isi. » Iyi niyo mpamvu ikomeye anashingiraho ashimira Imana ku bw’imigendekere myiza yacyo.

ben_na_chance_pic-227f8

Asoza yashimiye abantu bose bamufashije mu gutegura iki gitaramo by’umwihariko itorero rya four Square Gospel Churuch yagikoreye mo ari naho asengera we n’umugore we, akaba yanashimishijwe no kuba cyaritabiriwe n’umushumba mukuru waryo, Dr Fidele Masengo.

Keyla yatangaje abantu kubw’impano imurimo mu miririmbire

Keyla yatangaje abantu kubw’impano imurimo mu miririmbire

Hashingiwe ku buryo iki gitaramo cya Ben na Chance cyari giteguwe ntawabura kuvuga ko cyateguwe neza dore ko umuziki wa live, hari amatara yagenewe ibirori ahagije, abafashe umwanya uhagije wo kuririmbira abantu ndetse by’agashya hanabonetse akana gatoya k’imyaka 8 kitwa Keyla karirimbye abantu baranezerwa.

Ndifuza kwegera Imana kurusha uko nigeze kuyegera:Liza Kamikazi.

$
0
0

Liza Kamikazi ni umunyarwandakazi w’umunyamuziki mu ndirimbo zisanzwe zitaramya Imana.Uyu muhanzikazi aherutse gushyira hanze indirimbo ihimbaza Imana bivugwa ko izanakurikirwa n’izindi nyinshi cyane u rwego rwo gukomeza guha Imana icyubahiro bonyuze mu kuramya no guhimbaza Imana

Kuri uyu muhanzikazi aravuga ko agiye gukorera Imana kurusha uko yigeze kuyikorera ndetse akarushaho kuyegera ,ibintu yise kugaruka mu rugo kwa se nkuko yabibwiye itangazamakuru:

Yagize ati:

Au fait, numva amakuru yose nkeneye gutanga akubiye muri iyi ndirimbo.
Ndi mu gihe nifuza kwegera Imana kurenza uko nigeze nyegera mbere kandi uwumva iyo ndirimbo
yumva amagambo arimo ko ari urwo rugendo rwo kugaruka murugo kwa Data ndimo.
Uyu muhanzikazi avuga ko iyi ndirimbo atari iye ahubwo yayihawe n’umwuka wera arimo asenga muri 2014 bityo ngo atangira kujya aririmba buri uko yinjiye mu rusengero.Ni indirimbo yise ”Ndaje yakozwe kandi itunganywa na Aaron Nitunga umenyerewe cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza .
Dore amwe mu mafoto ya Liza Kamikazi aririmba :
942423_688717827812155_110134857_n 942423_688717827812155_110134857_n1 601054_592930677390871_367961453_n 179822_200717316612211_5241572_n
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>