Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live

Mbere yo gukina umukino w’amateka APR FC na Rayon Sports bahisemo kwitegurira kure ya Kigali.

$
0
0

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21 mutarama 2017 hateganyijwe umukino w’amateka hagati y’abakeba bahora bahanganye mu Rwanda ,abo ni APR FC na Rayon Sports bazaba bacakirana kumunsi wa 14 wa shampiyona.

Amakuru dufite rero nuko ikipe ya APR FC nyuma yo gukina na Marines kumunsi wa 13 wa shampiyona umukino wabereye mu karere ka Rubavu ikipe y’ingabo z’igihugu ntiyigize igaruka muri Kigali ahubwo bagumyeyo murwego rwo kwitegura uyu mukino aho biteganyijwe ko bazagaruka muri Kigali kuri uyu wagatanu habura umunsi umwe ngo umukino nyirizana ube.
Ku rundi ruhande rero ikipe ya Rayon Sports nayo yatangiye umwiherero kuri uyu wa kabiri i Kabuga mu Babikira mukarere ka Gasabo murwego rwo kwitegura uyu mukino w’amateka.tubibutse ko Rayon Sports iri kumwanya wambere n’amanota 33 mugihe APR FC iyigwa muntege n’amanota 30.

Inkuru ya regismuramira.blogspot.com


Bishop Deo Niyonzima aremeza ko Imana ikora ibitangaza ikoresheje ibitambaro, n’amavuta.

$
0
0

Mu kiganiro Bishop Deo Niyonzima aherutse kugira , mu cyumweru gishize, kuri imwe mu ma Radio akorera hano mu Rwanda ;  uwo mukozi w’Imana yerekanye ko gukoresha amavuta n’ibitambaro Imana ibinyuzamo mu  gukora ibitangaza, gukiza indwara no kubohora mu buryo butandukanye.

Igikorwa cyo gusiga abantu amavuta ni inkuru irimo gutuma  bica bigacika,(polemique) kubera impaka gikurura hagati y’abakozi b’Imana bacyemera nk’igikorwa cy’Imana, n’abandi bagifata nk’inzaduka, ndetse nk’igikorwa cy’ubuyobe, hatabuze n’abahamya ko ari icya Satani.

Hejuru y’ibyo byo gusiga amavuta, no gukoresha ibitambaro, yewe nari ngiye kwibagirwa no kunywa amazi, Ibikorerwa mu matorero bitemeranywaho ni byinshi, ibyo gusengera abantu bakikubita hasi, ibyo gusengera abantu bakaruka, n’ibindi umuntu atarondora.

Uyu mwandiko hano ntugamije guhamya ukuri kw’ibi cyangwa ikinyoma cya biriya, wenda tuzabishakira umwanya, byaterwa namwe abasomyi mugiye mugira uruhare rwo kugeza ku bandi ibitekerezo , nkubu icyo kibazo, tukagishyira ku rubuga rw’ibitekerezo (debate), nyuma tukabifatira umwanzuro.

Iyi nkuru nta kindi igamije ni ukuvuga ibyo umwe mu bakozi b’Imana  bemera iby’amavuta n’ibitambaro, akaba anabikoresha, avuga ko yakoze akoresheje ibyo bikoresho.

Turateganya kuzahuza abakozi b’Imana batandukanye ngo bavuge kuri iyi ngingo.

Igikorwa cya 1

Bishop Deo yavuze ko hari umugore wari uruhijwe n’ubusinzi bw’umugabo we, ageze aho aza gutakira Deo. Bishop avuga ko yahaye uyu mugore twa dupapuro bihanaguza (papier serviette),  nyuma yo kugasengera amubwira ko azakaturaho ijambo akagashyira ku musego w’umugabo we. Ngo ntibyatinze rero uwo mugabo wari warasaritswe n’inzoga n’itabi yatangiye kubinywa akajya afatwa n’isesemi akajya aruka , kugeza igihe yaje kubivaho, nkuko uwo mugore ngo yabihamirije Bishop.

Igikorwa cya 2

Bishop avuga inkuru y’umumotari yahaye agatambaro yasengeye, nyuma yaho aza kumuha ubuhamya bw’ukuntu yagakoresheje akihanaguza mu maso kakamutabara mu gihe ngo yari ahuye n’ikibazo kijyanye n’akazi akora cyagombaga kumugiraho ingaruka dore ko nkuko bizwi bariya bashobora gukora ikosa, cyangwa kwibeshya bikaba byabaviramo amande  menshi no gufungirwa moto, ari zo zibahahira.

Igikorwa cya 3

I Gashora, ngo hari umukecuru wari ufite inka yari yaranze kubyara, imaze igihe kirekire, ngo iyayo yanze kuvuka. Bishop Deo avuga uburyo yahaye uwo mukecuru igitambaro, yagisize amavuta amubwira ko yajya agihanaguza inka ye gatatu ku munsi, mu gitondo saa sita no ku mugoroba. Bishop Deo rero nkuko abivuga, ngo uwo mukecuru yamubwiye ko ibyo yabikoze iminsi ibiri, ngo ku munsi wa gatatu abyuka yatinze , mu kugera mu kiraro asanga inka iri kumwe n’iyayo.

Igikorwa cya 4

Ni inkuru Bishop avuga y’umugabo wari ufite inzu I Butare, yari yarabuze abayikodesha kandi ntacyo ibaye, ibura umuguzi, abantu bakayicaho nkuko Deo abivuga ahubwo bakajya gutura kure. Bishop abivuga atya:” Byageze aho abantu babwira uwo mugabo bati nta wundi wacyemura ikibazo cyawe, uretse Deo” Ubwo rero ngo uwo mugabo yaje gusanga Deo amubwira ikibazo. Deo avuga ko yagiyeyo, inzu akayitera amavuta, nyuma avuyeyo, bahise bamutumaho bamubwira ko inzu hari umuguzi ushaka gutanga miliyoni 15, Ubwo yari imaze gukurwaho icyangiro.

Ngibyo bimwe mubyo Bishop Deo yatangaje muri icyo kiganiro. Bishop aravuga ati:

“ Twe abakozi b’Imana , ukurikije ibibazo abantu bafite, ntitwakwicamo ibice ngo dukwire ahantu hose, ariko iyo uhaye abantu ibitambaro, ukabaha amavuta, ibyo birakora.”

Bishop Deo akomeza yerekana muri Bibiliya ko Yakobo abihugurira abantu ko mu gihe hari urwaye yakwegera abakuru b’itorero bakamusengera , bakamusiga amavuta. Deo rero yibaza agira ati “ Niba Yakobo ubwe avuga gusiga amavuta, abantu bavaho bayapinga gute?” akomeza agira ati: “ Abantu banga ko tubasiga amavuta ngo amatorero yabo atabatenga, ariko ibibazo byamara kubaherana ugasanga baza rwihishwa ngo tubafashe.”

Ngayo rero nguko n’ikibazo cy’amavuta , ibitambaro. Uwabikoresheje afite cyo abivugaho.

Wowe ubitekerezaho iki?

Mukozi w’Imana ukunda abakristo be, ndagira ngo nguhinyuze hano : Niba utemeranya na biriya bikorwa ukaba uzi ko byangiza, uyu ni umwanya tuguhaye muri iki kinyamakuru, ngo uvuguruze iby’abakoresha biriya bikoresho, bityo utabare abantu bawe. Dushake se tugirane ikiganiro. Niba utabikoze, rero nta mpamvu zo kubuza abakristo bawe kwishakiriza aho bakura ubutabazi.

Bakozi b’Imana mutubwire niba biriya bikorwa aribyo cyangwa atari byo, abakristo tuve mu rungabangabo.

MITALI Adolphe.

Bakristo muzahajwe n’ibibazo nimwirwarize, ubwo abungeri bakabatabaye batangiye kubaka ibiguzi.

$
0
0

Igihe kimwe mu gihugu cya Israeri, mu gice cya Samariya, mu gihe Umwami Benihadadi yari yaragose Samariya;   inzara yateye mu gihugu, bigera aho  abantu batangira kurya abandi. Havugwa inkuru y’umugore wagiye gutakira umwami aho yari ari nawe yarumiwe amubwira ukuntu we n’undi mugore bemeranyije kurya abana babo, ngo babanza kurya uw’uwo mugore nyine waregaga, ikibazo rero akaba aruko igihe kigeze ngo barye uwa wa wundi, Nyiramama wanjye, yanze uwe akamuhisha. Uwo mugore rero akaba yarashakaga kurenganurwa n’Umwami. Murumva namwe ukuntu ibintu bitari byoroshye., Ariko mbere yaho, uwo mugore abwira Umwami ngo amurenge, Umwami yari yamusubije ati : “ Uwiteka natakurengera , ibyo kukurengera ndabikurahe?… “ 2 Abami 6:27

Nanjye ndagira ngo uyu munsi nkubwire nti “Uwiteka natakurengera, abahanuzi, abapasteri wirukaho, ntacyo bari bukumarire , nabo bashobewe,nk’uko uriya mwami yari ameze, naba nawe yabwije ukuri uriya mugore, naho  ab’ibirura  barakurya bakumareho utwo wari ufite”

“ Ishakishirize Uwiteka , mu bibazo uhura nabyo, kuko ari we wagukiza, dore ko ubu abakagutabaye bamaze kubona ubute ufite, n’ubwenge buke  ugaragaza, bafashe umwanzuro wo kugukiriraho, burya ngo iby’abapfu biribwa n’abapfumu. Ubu rero mu nzu y’Imana naho ngo ubwo bupfumu burimo kuhakorerwa, aho ngo barimo kugurisha, amasengesho, ubuntu n’imbabazi z’Imana”

Muribuka mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, umupfumu wari wamaze gukizwa, wifuje guha intumwa amafaranga, ngo zimuhe ububasha bwo gukiza indwara no gukora ibitangaza. Muribuka uko intumwa Zamucyashye kubera icyaha cyo gushaka kugurisha impano z’Imana, buriya yashakaga kubikuramo indonke.

Imana irashaka ko uva mu bute bwakuzonze. Ukayishakira wowe ubwawe. Ijambo ry’Imana riravuga riti “ Nimunshakana umwete , muzambona”, Kuki wumva ko hari undi wakugirayo? Aho niho aba eskro(escrocs)  bazakubonera. Ivumbure, uve muri ubwo bubata abo “bakozi b’Imana” bagushyizeho, nabo barashobewe, ni wowe ubatunze ( Ndavuga ibyo birura byigabiza intama, Bibiliya yanahanuye, naho abakozi b’Imana bazima simvuga ko babuze, ariko aho ibibazo bigeze, benshi nabo ntibishoboye). Aha ntimunyumve nabi simvuga gutanga amaturo n’ibyacumi bisanzwe, kuko ibi ntacyo mpfa nabyo, ndanabishyigikiye, njye ndavuga kuriya kugurisha ubuntu, amasengesho n’ibindi nk’ibyo.

Igihe Umwami Hezekiya Imana yamutumagaho Yesaya ngo amubwire ko yitunganya agiye gupfa, uyu mwami amaze kumva iteka aciriweho, ntiyabwiye Yesaya ngo nyabuneka Yesaya ntabara, Oya , Bibiliya imbwira ko yahindukiye ivure, asenga Imana, arangije ararira cyane.

Imana yamusubije iki?

“ Numvise gusenga kwawe, mbona n’amarira yawe, dore nzagukiza…”2 Abami 20:5

Ese hari aho Imana ivuga ngo numvise gusenga kwa Yesaya? Imana ntiyashakaga kumva gusenga kwa Yesaya, n’amarira ya Yesaya. Nubu Imana irashaka kwiyumvira ugusenga kwawe, no kubona amarira yawe, si aya Pasteri wawe, n’abandi bapagasi ( banyakiraka) washyizeho  kugusengera.Sha, bazakubeshya ko bagusengera, bagende baryamye bigonere, nyuma baze bagukureho ibihembo, banaguhanurire, uko ushaka. Niba utikuyemo ubwo bute. Imana irifuza kuvuga iti ” Numvise gusenga kwa…(shyiraho izina ryawe), nabonye amarira ya… (shyiraho izina ryawe)” Irifuza umushyikirano wayo nawe, yarakubuze.

Reka ndangirize kuri iri jambo ry’Imana, n’ubuhamya bugufi.

“Yemwe abafite inyota muze ku mazi, kandi nudafite ifeza nawe naze…ni iki gituma mutanga ifeza mukagura ibitari ibyo kurya nyakuri…” Yesaya 55:1, 2.. Kuri iri jambo nta commentaire nongeraho, ririsobanuye. No comment!

Iri ni itangazo ry’Imana yacu, iduha ku buntu, ndetse yarangije kuduha byose ku musaraba w’Umwana wayo. Iri jambo rikubere igisubizo ku bibazo biriho muri iki gihe. Ndumva nta gisobanuro nakongeraho.

Ubuhamya: Ubu ni ubuhamya nihagarariyeho bw’umuntu uherutse kujya gusenga afite ibibazo yashaka ga ko umwe mu bakozi b’Imana ,bivuga ko bafite impano zikomeye, yamufasha kumusengera. Uwo  mugabo ariko ahageze ya gahunda yo gusengerwa ngo isa nk’iyahindutse dore ko yari yafashe I numero ngo aze gusengerwa. Imana rero yari yabikoze ibishaka ngo gahunda isa nk’ihinduka, ahubwo Imana imuyobora gusenga we ubwe yishakiye Imana ye nta gutegereza wa wundi wari wanatinze kuza.Uwo mugabo ahamya ko muri uko gusenga yumvise Imana imubohoye. Ngo igihe cyaje kugera wa mukozi w’Imana aza kuza , asaba abajya kwatura imbere ye. Ngo icyatangaje uwo mugabo nkuko abivuga ngo nuko amaze kumwaturira wa mukozi w’Imana yamubwiye ngo, natange ituro ngo kuko bene ibyo byaha bitakira hadatanzwe ituro. Ngaho namwe nimwiyumvire. Imana ariko byose yabikoze ibibona ishaka kugira icyo yigisha uwo mugabo, ngo tureke kwishingikiriza ku bandi twishakire Imana, nayo yarirahiye, ngo uyishaka izamugirira ibambe pe.

Nawe urabwiwe.

MITALI Adolphe.

Bidatinze korali integuza ituzaniye umuzingo w’amashusho bise ”Ndi kumwe na Yesu”.

$
0
0

Korali Integuza ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR muri Paruwasi ya Kacyiru ku mudugudu wa Kacyiru mu rurembo rw’umujyi wa Kigali . Iyi korali ihamya ko nta kure habaho Imana itakura abantu kuko nyuma y’uko batangiye umurimo w’Imana ari korali y’icyumba cy’amasengesho; ubu bageze kubikorwa by’indashikirwa bakaba bari gutegura album yabo y’amashusho bise ”Ndi kumwe na Yesu”, ikazaba iriho indirimbo 10..

Korali Integuza ya ADEPR Kacyiru yatangiye umuririmo w’Imana mu mwaka w’I 1990 , itangira ari korali y’icyumba cy’amasengesho maze uko iminsi yashiraga urubyiruko rw’abana bari bayigize bagenda bakura ari naho mu mwaka w’I 1995 yaje kwitwa izina rya “Integuza”, nuko ikomeza gutera imbere mu buryo bwose yaba mumiririmbire, iterambere risanzwe ndetse n’ubundi buryo bwose.

Umuyobozi wa Korali Integuza Biziyaremye Celestin, aganira na Isange.com, yatangaje ko iyi korali ifite Album zigera kuri enye z’amajwi(Audio), bakaba bari gutegura album ya mbere y’amashusho (Video) bise ”Ndi kumwe na Yesu”, ikazaba iriho indirimbo 10.

Umuyobozi wa Korali Integuza, avugako ibihangano bari gukora, ari indirimbo zifite umwihariko wo gukangurira abantu agakiza no guhamya imbaraga z’Imana n’ubushobozi bwayo. Aya mashusho akaba ari gufatwa kandi akanatungwanywa na sitidiyo “Embassy video” ya Karenzo.

“Nimushime, Yeyiyehe!, Haracyari ibyiringiro, Ndi kumwe na Yesu, Ntituzapfa, Izaduhemba n’izindi, ni zimwe mu ndirimbo zizagaragara kuri iyi album y’amashusho. Izi ndirimbo zikoze mu njyana zitandukanye, zirimo Salsa, Zouk, ikizulu n’ubundi buryo bwagiye bukundwa na benshi,

Mu gihe iyi korali imaze ikora umurimo w’Imana, bavugako bavuye kure kuburyo bavuye kubantu batanu bakaba bageze kuri 80, bakaba baravuye kukuvuza ingoma y’uruhu, ubu bakaba bafite ibyuma bigezweho bifite agaciro k’asaga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda, Urwego rw’imiririrmbire narwo rukaba rwarazamutse kuburyo bugaragara

Iyi korali ivuga ko umurimo w’Imana bawufatanya n’ibikorwa by’ivugabutumwa rishingiye ku bikorwa  nkaho bafasha abatishoboye bita kubasizwe iheruheru na Genocide yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 , ndetse bagiye banakora ingendo z’ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu ari nako nubu bakibikomeje .

Donald Trump yarahiriye kuri Bibiliya asezeranya byinshi abaturage ba Amerika.

$
0
0

Byari ibirori by’agatangaza mu irahira rya Perezida Donald Trump na Visi Perezida we Michael Richard Pence, bagiye kuyobora miliyoni zisaga 300 z’Abanyamerika mu myaka ine iri imbere.

Ni ibirori byakoranyije abayobozi bose bakomeye muri Amerika, hadasigaye na Hillary Clinton watsinzwe amatora yo kuwa 8 Ugushyingo 2016, bikarangira bamwe batanumva uko Trump yamutsinze mu buryo bukomeye.

Umuhango ujya gutangira abayobozi bagiye bahamagarwa mu byubahiro byabo bigira imbere ahagombaga kubera umuhango w’irahira imbere ya ‘The Capitol’, umuhango byari byitezwe ko uhuza abantu 800 000, ugereranyije na miliyoni 1.8 zitabiriye irahira rya Barack Obama asimbuye.

Abayobozi bagiye bigira ahateraniye imbaga mu byubahiro byabo, kugeza kuri Donald Trump wasohotse yambaye ikoti rirerire ry’umukara ishati y’umweru na karuvati itukura, abanza gushyira igipfunsi hejuru, ubundi Senateri Roy Blunt wo muri Missouri, ukuriye itsinda ryo kurahiza Trump ahabwa kuyobora ibirori.

Abakozi b’Imana babanje gusengera uyu muyobozi mushya n’igihugu by’umwihariko, harimo nka Cardinal Timothy Dolan wasabye Imana kuba hafi y’abanyamerika na Perezida mushya yifashishije ubuhanga bwa Salomoni uvugwa muri Bibiliya, mu isezerano rya kera.

Visi Perezida Pence ni we wabanje kurahirira inshingano zirimo “kurinda itegeko Nshinga’’ abanzi bose baba abo mu gihugu no hanze yacyo, asoza agira ati “Imana ibimfashemo”, ubundi akomeza ajya kuramutsa Joe Biden asimbuye, wari ku rundi ruhande hamwe Barack Obama.

Umucamanza mu rukiko rw’Ikirenga Clarence Thomas ni we wayoboye umuhango wo kwakira indahiro ye.

Perezida Donald Trump ni we wakurikiye, arahizwa na Perezida w’urukiko rw’Ikirenga John Roberts ko azubahiriza inshingano za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, no gukurikiza kandi akarinda itegeko nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, na we asoza ati ‘Imana ibimfashemo”.

Ikivunge cy’abamushyigikiye ni ko cyakomaga amashyi, indirimbo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika “The Star-Spangled Banner “yongera kuririmbwa, ari na ko hirya haraswa imizinga y’amasasu.

Nyuma yo kurahira ahagaze iruhande rw’umugore we Melania Trump n’abana babyaranye, Trump yabanje gushimira Perezida w’urukiko rw’Ikirenga John Roberts, Perezida Clinton, Perezida Bush na Perezida Obama.

Trump yavuze ko guhanga imirimo no guteza imbere uburezi bizaza imbere cyane mu buyobozi bwe, ndetse avuga ko Amerika ariyo igomba kwirebaho mbere muri byose, kandi Abanyamerika akaba ari bo bibandwaho mu guhabwa imirimo.

Ati “Twagize ibindi bihugu abakire mu gihe twe ubutunzi bwacu, imbaraga n’icyizere cy’igihugu cyacu byatatanye. Rumwe rumwe, inganda zagiye ziducika.”

“Ubukungu bw’abaturage bacu baciriritse bwarangiritse bubashiraho bwigira ahandi”
“Kuri iyi nshuro Amerika iraza imbere, Amerika igomba kuza mbere”.

“Nzabarwanirira mu mwuka wose nzaba nkifite kandi sinzigera mbatenguha. Amerika izongera itangire gutsinda kandi itsinde nk’uko byahoze.”

Trump kandi yongeye kugaruka ku bimukira, avuga ko igihugu kigomba kurinda imipaka yacyo, hagakumirwa abantu baza kwangiza imirimo y’Ababanyamerika, ndetse uko byagendaga mu buryo busanzwe bihagaze guhera muri uyu munsi.

Trump yijeje abaturage kongera kubaka igihugu kikagarura inzozi cyahoranye, avuga ati ‘dufatanyije dushobora kongera kubaka Amerika itegakanye, kandi dufatanyije dushobora kongera kubaka Amerika y’igihangange. Imana ibahe umugisha,Imana ihe umugisha Amerika.”

 

Donald Trump yarahiye umugore we amufatiye ibitabo bitagatifu

 

 

 

 

 

 

 

Imbaga y’abakurikiye umuhango w’irahira rya Donald Trump

 

 

 

 

 

Melania Trump agera aho umuhango w’irahira rya Donald Trump wabereye

 

Melania Trump (iburyo) ahobera Barron Trump

 

 

Abana ba Donald Trump, Ivanka Trump (ibumoso), Tiffany Trump, Donald Trump Jr na Eric Trump

Trump ni muntu ki?

Donald Trump yavutse tariki ya 14 Nyakanga 1946 i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umushabitsi akaba n’umunyemari ufite amamiliyari y’amadolari akaba n’umunyapolitiki wo mu ishyaka ry’aba- républicain.

Trump ni umushoramari mu bikorwa bitandukanye birimo sosiyete z’ubucuruzi n’inyubako ndende muri Amerika. Izwi ni nka Trump Tower, iri muri leta ya New York ndetse n’indi afite muri Atlantic City yitwa Trump Taj Mahal.

Yavutse kuri Fred Trump na nyina Elizabeth Trump, abaherwe bo muri Amerika, afite impamyabushobozi ya kaminuza yavanye muri kaminuza yigisha iby’ubucuruzi ya Wharton.

Ibijyanye na politiki yabitangiye mu myaka 1980, aza kuba umukandida uhatanira guhagararira ishyaka ry’aba-républicain mu matora y’ibanze yabaye muri 2016.

Trump yari umufana ukomeye w’uwari Perezida wa Amerika mu gihe yajyaga muri politiki mu 1987; Ronald Reagan. Mu 1988 yatangiye gutekereza kuyobora Amerika ari nabwo yitabiraga amatora y’ibanze mu ishyaka ry’aba- républicain yaje gutsindwa na George H. W. Bush se wa George Bush.

Mu 1999 yaje kuva mu ishyaka ry’aba- républicain ajya mu rigamije impinduka muri Amerika Parti de la réforme des États-Unis d’Amérique ryashinzwe na Ross Perot.
Icyo gihe yari agamije kuricamo akitabira amatora ya Perezida wa Amerika mu 2000 ariko yanga gutanga kandidatire.

Muri 2009,yiyandikishije mu ishyaka ry’aba- républicain, aza no kongera kuryiyandikishamo muri 2012.

Mu 2012 yari yavuze ko yiyamamaza nk’umukandida wigenga ariko ashyigikira uwari watanzwe n’aba- républicain Mitt Romney utaraje gutsinda ayo matora.
Mu matora yatsinze yari ahanganye na Hillary Clinton umugore wa Bill Clinton wigeze kuyobora Amerika
Ibirori byo kurahira byafashwe umwanya muremure

 

Donald Trump n’umugore we Melanie bakiriwe na Obama n’umugore we i Washington mbere y’umuhango w’irahira

 

Melanie Trump yahaye Michelle Obama impano bitamenyekanye icyari gifunzemo

 

Ni umuco w’Abanyamerika ko umuryango wa Perezida ucyuye igihe wakira uwa Perezida mushya, mbere y’umuhango w’irahira

 

Obama asuhuza Trump mu byishimo

 

Obama n’umugore we mbere gato y’uko Trump agera kuri White House

 

 

 

 

 

 

Hilary Clinton wari uhanganye na Trump mu matora na we yitabiriye uyu muhango kandi nk’uko biri mu muco umugabo we na we agomba kuwitabira

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Amafoto:Dailymail

Inkuru ya igihe.com

UK: Barakajwe na Imam wasomeye Korowani muri Katederali ya Kiliziya Gatolika

$
0
0

Abakirisitu benshi bifashe ku munwa nyuma y’uko Imam yemerewe gusengera muri Katederali ya Kiliziya ya Gloucester mu Bwongereza.

Mu imurika rishingiye ku kwemera n’umuco ryabereye muri iyo katederali, abayobozi ba kiliziya batumiye Imam Hassan uyobora umusigiti wa Masjid-e-Noor uri muri ako gace aza gusâarira muri kiliziya.

Uwo mu Imam yasengeye imbere y’imbaga y’abantu 1200, nyuma amashusho aza gushyirwa ku rubuga rwa Facebook rw’iyo diyosezi.

Yagize ati “Nta yindi Mana itari Allah, Muhammad ni umuhanuzi wayo.”

JPEG - 58.5 kb
Imam Hassan yesaariye kuri Altari ntibyavugwaho rumwe

Ibi byatumye benshi mu bakirisitu barakara cyane bavuga ko ari igikorwa cyo guhumanya ahantu hatagatifu (sakirirego, sacrilege) abandi bavuga ko ari ugusebya Imana.

Umwe mu bakirisitu yavuze ko ntawe ukwiriye gusengera izindi mana mu nzu yubakiwe Yezu Kristu, ati “Ni byiza kubana tudahuje imico ariko ukwemera ko ni ntayegayezwa. Nta na rimwe tuzemera ko hari usengera izindi mana mu nzu yubakiwe Umukiza wacu.”

Uwateguye icyo gikorwa, Padiri Ruth Fitter yavuze ko iyi Si yahindutse, kandi ngo ntawe uzi neza niba Imana asenga ari iy’ukuri, bityo ngo ntakibazo abona mu kureka Imam agasengera muri Kiliziya.

Ati “Isi iri kugenda yuzuramo abantu bavuga ko bazi ukuri. Ntawe ufite gihamya y’Imana, nicyo ukwemera kuvuze. Nemera ko Yezu Kristu ari Umwana w’Imana waje guturana nanjye ngo ankize ibyaha. Ibyo ntibivuze ko abandi bagomba guhindura ibyo bemera ngo bemere ibyanjye, ariko bivuze ko bakwiye kunyubaha nk’uko nanjye mbubaha.”

JPEG - 94.7 kb
Katederali ya Gloucester

Mu cyumweru gishize nabwo imyemerere ya Kiyisilamu yeteje impagarara mu Bwongereza, mu mu giterane cyahuje amadini atandukanye mu mujyi wa Glasgow hasomwemo umurongo wa Korowani uhakana Ubumana bwa Yezu ntibyavugwaho rumwe.
 Inkuru ya imvahonshya

Rayon Sports yagiye ku kibuga muri za V8, APR ibakora mu jisho bataha bimyiza imoso

$
0
0

Umukino w’ishiraniro, ishyaka no guhangana ku mpande zombi, niwo wagaragaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Mutarama 2017 ubwo Rayon Sports na APR FC zahataniraga kuri Stade Amahoro i Remera, bikarangira Rayon Sports itashye mu modoka z’igitangaza ifite agahinda yatewe na mukeba wayo APR FC.

APR FC niyo yatangiye isatira cyane, ndetse ubona inarusha bikomeye cyane Rayon Sports. Abakinnyi ba APR FC nka Rusheshangoga na Issa Bigirimana basatiraga cyane, bagaragaza inyota yo gutsinda. Ku munota wa 19 w’igice cya mbere, Issa Bigirimana yahushije igitego cyari cyabazwe ariko bakomeza gusatira cyane maze ahagana ku munota wa 22 Issa Bigirimana atsinda igitego cyiza cy’umutwe ku mupira wari uvuye ku ruhande rw’ibumoso.

Kumunota wa 32, Issa Bigirimana yaje kongera kugerageza amahirwe umunyezamu Bakame umupira arawurenza. Kuko APR FC yarushaga Rayon Sports hagati, byaje gutuma abakinnyi ba Rayon bakomeza gukora makosa menshi ari nabyo byatumye ku munota wa 34 Munezero Fiston ahabwa ikarita y’umuhondo.

Igice cya kabiri kigitangira, APR FC yakoze impinduka Issa Bigirimana asimburwa na Benedata Janvier. Ku munota wa 54 Mvuyekure Emery yahawe ikarita y’umuhondo azira gutinza umukino, naho ku munota wa 57 Nahimana Shassir yahushije igitego cyari cyabazwe ku ruhande rwa Rayon Sports.

Kubera guhangana kw’aya makipe, hari abakinnyi bakomeje kugenda bakora amakosa ku mpande zombi bahabwa amakarita y’umuhondo, barimo nka Imanishimwe Emmanuel na Irambona Eric. Rayon Sports kandi yabonye amahirwe ku munota wa 89 ntiyabasha kuyabyaza igitego, abafana bayo bayangira kwisohokera, umukino urangira ari 1-0.

Kimwe mu byavugishije abantu cyane, ni uburyo abakinnyi ba Rayon Sports, buri umwe yageze ku kibuga ari mu modoka zihenze za V8, nyuma yo gutsindwa abafana ba APR FC bakaba bagiye kongera kubategera kuri izo modoka barabakomera.

Nyuma y’intsinzi, APR FC bitahiye mu modoka yabo nini basanzwe bagendamo




Inkuru ya ukwezi.com

 

Amakamyo 2 yagonganye afatwa n’inkongi aragurumana, babiri bahiramo

$
0
0

Polisi y’u Rwanda ivuga ko kuri uyu wa 21 Mutarama 2017, mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi amakamyo abiri yagonganye afatwa n’inkongi, abantu babiri bari bayarimo bapfiramo.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, CIP Kabanda Emmanuel avuga ko muri iyo mpanuka yabaye mu masaha ya sa kumi n’imwe z’umugoroba zo kuri uyu wa gatandatu, aho ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso RAC 296 P yagonganye na rukururana Benz RAD 609 H ikurura RL 1292 zombi zigahita zishya zirakongoka.

CIP Kabanda Emmanuel avuga ko iyo Fuso yerekezaga i Kigali iva mu Karere ka Muhanga na ho iyo rukururana ikaba yerekeza i Muhanga.

Yakomeje avuga ko abantu babiri bari bari muri Fuso batarabasha kumenyekana imyirondoro yabo bahiriyemo, abandi barakomereka.

Yagize ati “Abantu bari 2 bari muri Fuso bataramenyekana amazina bahiriyemo barapfa, umwe wari muri Fuso hejuru n’abandi 2 bari muri Benz barakomereka.”

Kugeza ubu abakomerekeye muri iyi mpanuka bari kwitabwaho mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal ku Kacyiru.

Polisi ivuga ko kizimyamwoto yao ari yo yahageze ikazimya umuriro, ikaba ivuga kandi ko ikomeje iperereza ngo hamenyekane icyateye icyo mpanuka.’

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 20 Mutarama mu masha y’amanywa, muri Nyabugogo indi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yari itwaye imifuka y’ibigori na yo yafashwe n’inkongi ariko ntihagira umuntu ihitana.

Inkuru ya izubarirashe.rw


Dominic Nic yongeye kugaruka ku biherutse gutangazwa ko umwaka wa 2017 usiga arongoye

$
0
0

Nyuma y’uko mu mpera z’umwaka ushize hagaragaye amakuru ko umuhanzi uririmba indirimbo z’Imana Dominic Nic yaba ateganya kurushinga bitarenze 2017, uyu musore yatangaje ko iby’iyo gahunda ntabyo afite rwose ahubwo ngo azabitangaza igihe n’ikigera.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’ibitangazamakuru bitandukanye ubwo yiteguraga gukora igitaramo gisoza 2016, uyu muhanzi akaba n’umunyamakuru, yari yumvikanye avuga ko ubu afite umukunzi ari nabyo byaje gushingirwaho bivugwa ko uyu mwaka ariwo ashobora gushingamo urugo.

Mu kiganiro na Imirasire.com dukesha iyi nkuru, Dominic Nic yavuze ko ibyamuvuzweho ataribyo ko atazi inkomoko yabyo, gusa yashimangiye ko umunsi yagize icyo gitekerezo azabitangaza kumugaragaro.

Yagize ati” ibyo gushaka umugore byo muri uyu mwaka sibyo, umunsi nagize iyo gahunda nzabitangariza itangazamakuru gusa ukuri kuzagaragara.”

Mu gushaka kumenya neza koko niba uwo yifuza ko bazarushingana igihe kigeze ahari, yirinze kugira byinshi avuga yemeza ko azabitangaza umunsi wageze.Gusa mu minsi ishize yari yatangaje ko ahari.


Mu bijyanye n’umuziki we, Dominic Nic avuga ko nyuma y’igitaramo aherutse gukorerera kicukiro mu mpera z’umwaka ushize, ubu icyo ashyizeho umutima ni album ye nshya yitegura kuzashyira ahagaragara muri uyu mwaka akarusho kandi n’uko ngo izasohoka mu majwi n’amashusho (Audio&DVD).

Padiri Nahimana ngo aragera mu Rwanda kuri uyu wa Mbere aje guhangana na Perezida Kagame.

$
0
0

Umunyapolitiki Padiri Thomas Nahimana ngo aragera mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Mutarama 2017 nyuma yo kwangirwa kwinjira mu Rwanda kuwa 23 Ugushyingo 2016 biturutse ku cyemezo ngo cyafashwe n’abayobozi Perezida Paul Kagame yagaye ku mugaragaro nk’uko itangazo rigenewe abanyamakuru ubuyobozi bw’ishyaka Ishema rya Padiri Nahimana, ryashyize ahagaragara rivuga.

Muri iri tangazo ubuyobozi bw’ishyaka Ishema ry’u Rwanda buvuga ko bushimishijwe no kumenyesha Leta y’u Rwanda, Abanyarwanda bose, inshuti z’u Rwanda, n’abakunzi ba Demokarasi ko Umuyobozi w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ya 2017, Padiri Thomas Nahimana n’ikipe imuherekeje bazasesekara mu Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Mutarama 2017 baturutse I Paris mu Bufaransa aho bazagera I Kanombe ku mugoroba saa moya n’iminota makumyabiri bazaywe n’indege ya KLM Nimero KL 537.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko nagera I Kanombe, Padiri Nahimana n’ikipe ye bazafata umwanya muto wo gusuhuza abaje kubakira, ndetse bagasubiza ibibazo bicye by’abazashaka kugira icyo babaza.

 

Bukeye bwaho kuwa Kabiri, itariki 24 Mutarama, Padiri Nahimana n’abamuherekeje bazagirana ikiganiro kirambuye n’itangazamakuru, ikiganiro kizatangarizwamo imigambi iri shyaka rifitiye Abanyarwanda nk’uko iri tangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa ushinzwe itangazamakuru w’iri shyaka, Chaste Gahunde, rivuga.

Inkuru ya bwiza.com

Abana 72 bigishwaga gucuranga umuziki muri David’s Temple Music School bahawe inyemezabumenyi.

$
0
0

Ababyeyi bakunze gushyira abana babo mu mashuri asanzwe ntibite ku zindi mpano bafite nko kuririmba, gucuranga, gukina umupira, ubugeni n’izindi.

Ubuyobozi bw’ishuri ryigisha gucuranga ibyuma b’umuziki, David’s Temple Music School, busaba ababyeyi kwirinda gupfobya no gupfundikira impano abana baba bifitemo kuko ngo kugeza ubu abaryigamo bamaze kumenya gucuranga mu gihe barahageze nta kintu na kimwe bazi.

Umuyobozi w’iryo shuri, Peter Ntigurirwa, yavuze ko ababyeyi badakwiye kumva ko abana iyo bagiye kwiga gucuranga bibaviramo uburara ahubwo ko umwana akwiye gukora icyo yiyumvamo.

Ati “ Nk’ubu Leta yashyize isomo ry’umuziki mu mashuri, ndibuka ko na kera twajyaga turyiga, ubwo se iba izana uburara mu mashuri? Ababyeyi bakwiye kubyumva ko umwana akwiye kudapfukiranwa mu mpano ye yifitemo.”

 

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Mutarama 2017, ubwo iri shuri ryasezereraga abana bagera kuri 53 bari bamaze amezi abiri biga gucuranga.

Umubyeyi witwa Uzamushaka solange ufite umwana muri iri shuri yavuze ko kuva umwana we yahagera amaze kumenya gucuranga, asaba ababyeyi kutazajya babangamira impano z’abana.

Ati “ Umwana wanjye yansabye ko yaza kwiga umuziki no gucuranga ndabimwemerera, ni ibintu byiza rero kuko bizabafasha kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyabo, ni byiza ko umwana yiga umuziki, ndumva nta mpamvu umuntu akwiye gukumira umwana ngo amubuze kuzamura impano ye.”

 

Umuyobozi w’iri shuri avuga ko bafite gahunda yo gufungura n’andi mashami mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, ku ikubitiro akazahera i Remera, Kabeza na Kimironko kugira ngo borohereze abantu batabasha kugera ku rusengero rw’Inkuru Nziza aho iryo shuri rikorera, mu karere ka Nyarugenge.

Abo bana bashoje amasomo uyu munsi bazagaruka ubwo bazaba bari mu biruhuko, kugira ngo barusheho gutyaza impano zabo.

Iri shuri rimaze umwaka n’amezi ane ritangiye, rikaba rimaze kwigisha abagera kuri 72.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Peter Ntigurirwa, umuyobozi w’ishuri

 

Amafoto:
mu kanya…

Ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.

$
0
0
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.

Ibi babivugira ko ngo inyigisho bahawe zatumye barushaho gukunda umurimo wabo, ku buryo nk’intore z’Impeshakurama bazarushaho gutanga serivisi nziza.

Dr. Cyprien Ntirenganya akora ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare, avuga ko bagiye kurangwa n’ubufatanye buzatuma akazi kabo kagenda neza, ku buryo nta mukobwa utukisha abandi uzongera kuboneka iwabo.

Agira ati “Abanyarwanda baravuga ngo umukobwa aba umwe agatukisha bose. Kwa muganga, uwo mukobwa ni buri mukozi watungukaho akaguha serivisi mbi. Ubu n’uwo mukobwa wari mubi yabaye intore.”

GIF - 177.1 kb
Impeshakurama zo mu karere ka Huye ziyemeje ko nta wuzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga

Urayeneza Cecile ukora mu bitaro bya Kibilizi mu karere ka Gisagara avuga ko biyemeje gukumira indwara bigisha abaturage,ariko nanone abageze kwa muganga bakabakira vuba.

Ati ”Twiyemeje gukumira indwara,kugirango imirongo yo kwa muganga igabanuke.

Ni ukujya mu giturage yukabigisha kwirinda indwara,bakisuzumisha hakiri kare,hanyuma abaje kwa muganga tukabaha serivisi vuba kugirango batahe bajye mu zindi gahunda”.

Sr. Florentine Iribagiza akora ku bitaro bya Kabutare. We ngo yasanze kuba intore ntako bisa, akaba anabishishikariza n’abandi bantu bose.

Ati “Twakoraga, ariko tugakora nk’abanyamwuga batari intore. Ubu tugiye kuzajya dukora nk’abantu bakunda igihugu.”

Kubera ko abaganga batavira rimwe muri serivisi kandi baba bakenewe, bagenda batozwa mu byiciro.

GIF - 223.5 kb
Biyemeje guca imirongo miremire y’abarwayi kwa muganga

Mu karere ka Gisagara iki cyiciro cya kabiri hatojwe abagera ku171. Mu cyiciro cya mbere hatojwe 134, naho mu cya gatatu hakazatozwa 238.

Mu Karere ka Huye abatojwwe ubu ni icyiciro cya kabiri kigizwe n’abantu 355 harimo abagore 182 n’abagabo 173

Icyo abanyamadini bavuga kuri gahunda ya RBC ku ikwirakwizwa ry’udukingirizo.

$
0
0

Abanyamadini  mu Rwanda ntibavuga rumwe kuri gahunda ya RBC yo gushyira udukingirizo tw’ubuntu mu bice bimwe na bimwe bihuriramo abantu benshi. Bamwe muri bo baraburira ko iyi gahunda ishobora guteza ibibazo bitandukanye byiganjemo imico mibi yo gufata ku ngufu ndetse bakanagaragaza ko Atari umuco mwiza wo kwigishwa abana b’abanyarwanda. Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kivuga ko abanyamadini ari abafatanyabikorwa bacyo ba hafi mu gushyira mu bikorwa kw’iyi gahunda yo gukwirakwiza udukingirizo ku buntu hirya no hino mu gihugu.

Abandi banyamadini  basa n’abumva vuba gahunda za Leta baratangaza ko nta gahunda ya leta ishobora kugwa nabi abaturage kuko icyo leta ibereyeho ari ugushyiraho gahunda zitanga imibereho myiza ku baturage bayo bityo ko ngo iyi gahunda ya RBC yo gushyira udukingirizo tw’ubuntu mu bice bimwe na bimwe bihuriramo abantu benshi ntacyo itwaye.

Gusa ikibazo cyari niba nta ngaruka mbi bishobora kuba byateza mu gihe cyose utu dukingirizo twaba dushyizwe ahantu hahurira abantu benshi kandi tugatangwa ku buntu. Kuri iyi ngingo, uwahoze ari umushumba wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda Musenyeri Smalagde Mbonkinege yamaganira kure iyi gahunda aho we avuga ko ari ingingo ishobora guteza ibibazo sociale (soma: sosiyale) bisobanura ibibazo mu mibanire myiza akongeraho n’indi ngingo isa n’ikomeye ivuga ko bishobora no kuzamura ireme ry’ihohoterwa rishingiye ku gitsina harimo no gufata ku ngufu.

Smaragde Mbonyintege ntiyumva iby’iyi gahunda

“Turebe ku bihugu byateye imbere ari nabyo byakoze utu dukingirizo, kuri ubu biri guhangana n’ingaruka zo gukoresha udukingirizo harimo ibibazo by’imibanire myiza n’ibindi kandi turetse n’ibi agakingirizo si ibijumba uha abana n’abahisi n’abagenzi.”

Mu magambo ye yagize ati:

”Ni bibi cyane, ingaruka zabyo ni inctrolable (Soma:Inkotororabule) bivuze ko bigoye kuzihagarika biramutse bikozwe, simbishyigikiye kuko ni ukwamamaza ubusambanyi kandi bugira ingaruka ku mibereho no ku mibanire y’abantu ari nabyo bitera uburwayi bwa bundi bwitwa ihohotera rishingiye ku bitsina kuko abafite ingeso zo gukoresha udukingirizo hari igihe bigera bakaduta bityo bakaba batangira gukora amahano.

Nyuma y’aya magambo yuzuyemo ubusesenguzi y’uwahoze ari umushumba wa  Kiliziya Gatolika mu Rwanda Musenyeri Smaragde Mbonkintege,  twashatse kumenya icyo ayandi madini ndetse n’amatorero abivugaho maze twegera umuyobozi w’itorero rya ADEPR Rev. Jean Sibomana, kuri we watangaje ko nta kibazo abibonamo kuko ari gahunda za Leta  gusa yongeraho ko bigomba gukoranwa ubushishozi kuko rimwe na rimwe agakingirizo kajya kagira uruhare mu gusenya imibanire myiza y’umuryango.

Tumubajije niba kuba agakingirizo kagiye kujya gatangirwa ubuntu bitaba intandaro yo kwijandika mu byaha by’ubusambanyi, yatubwiye ko gahunda ya Leta atari mbi kuko iyishyiriraho kubungabunga ubuzima bw’abaturage bayo, bityo kuri we yumva iyi gahunda ntawe izagusha yari ahagaze kuko ngo agakingirizo gakoreshwa n’uwananiwe kwifata, ingingo igaragaza  ko kuri we hasambana uwari usanzwe afite iyi ngeso.

Rwanda Gospel Magazine   dukesha iyi nkuru iganira n’umushumba wo mu itorero rya Anglican mu Rwanda, Can.Dr Antoine Rutayisire yadutangarije ko kuri we nta byinshi yabivugaho kuko gahunda za Leta ari ngombwa ko zubahirizwa kandi zikanakurikizwa, gusa nawe hari uko abyumva.

Mu magambo ye yagize ati: ”Ibi sinazamuraho ijwi ryanjye cyane, gusa  kuba ari Politike y’igihugu, ndumva ntacyo bitwaye kuko n’ubundi agakingirizo atari ko gatera umuntu gusambana kuko n’ubundi hasambana uwari usanzwe afite ibyo bitekerezo.

Ikindi kandi intambara y’ubukingirizo sinayirwana kuko ntawe uhata umuntu kugafata, ahubwo gafatwa n’ufite gahunda yo gusambana ahubwo icyo nakwinenga njyewe n’uko ntabashije kwigisha abantu ngo bareke gusambana”

Ibi Can.Rutayisire yadutangarije bigaragaza ko  nta na hamwe aherereye mu byo yise  kuba “Neutre”(Soma”Netire) kuri zimwe muri politike za Leta.

Mu kiganiro umunyamakuru wacu yagiranye n’umwe mu bakozi bashinzwe itangazamakuru muri RBC tutifuje kugaragaza amazina ye, we yavuze ko bakoranye ikiganiro n’abanyamadini babemerera kuzashyigikira iyi gahunda. Gusa we ngo ntiyuva uburyo baba bavuga ko iteye ikibazo. Cyiza Theogene

BASABOSE ushaka ko abagore bo muri ADEPR bakomorerwa kwambara amapantalo no kudefiriza, yashyizeho Komite ya Baringa yuje imiziro.

$
0
0

Hashize imyaka irenga 5 Bwana Dr Basabose akora iyo bwabaga ngo Itorero rya ADEPR ryemere kugendera ku myumvire ye, kubera  ukwitiranya ubumenyi bwe bwo mu ishuli budafite aho buhuriye n’ uburyo Itorero rigomba kuyoborwa.

Yatangiye kugumura abakristo  mu 2012 arwanya ubuyobozi bwa Rev.Usabwimana Samuel kuko ngo bwamuhagaritse kubera ubuyobe bukomeye yari yateje mu Itorero rya Ndera, aho yasabaga abakristo guta imyemerere yabo ngo badefirize, bambare amapantalo ndetse n’indimiziririzo.

Kugeza uyu munsi, uyu ntiyahwemye na none gusaba ko abayobozi ba ADEPR bariho ubu bakurikiza imyumvireye abinyujije muri komite ya Baringa (Itagira aho ikorera) bise Nzahura Torero, aho basohoye icyegeracyo cyuzuyemo ibinyoma ndetse bigamije guhungabanya ituze ry’abakristoba ADEPR ndetse no kubarangaza.

Abinyujije muri aka gatsiko katazwi aho gakorera kiyise Nzahura Torero nako kimitswe na Rev Modeste nawe wataye umugore we w’isezerano akajya kunshoreke, batangaje inzandiko  zitarimo ikintu gishya na kimwe cyatuma abayoboke ba ADEPR bemera kumva ibyo bavuga.

Mu rwego kandi rwo gushinyagura, aba bagabo bahamagariye abantu bitabye Imana kubafasha kurwanya ubuyobozi bwa ADEPR, maze bishengura imiryango yabo ;

Aba bagabo bafashe email z’abantu 193 barimo n’abantu bitabye Imana mu bihe bitandukanye, ubu bikaba byababaje abo mu miryango yabo kimwe n’inshuti zabo.

ABO MU MIRYANGO Y’ABITABYE IMANA BOHEREREJWE UBU BUTUMWA BARASABIRA BASABOSE GUKURIKIRANWA.

Umwe wo mu muryango wanyakwigendera Pasiteri Gapusi Jean utuye mu karere ka Kicukiro yanenze bikomeye ibi bakoze avuga ko ari ukubashinyagurira abasaba ko bamubwira impamvu yimbitse yo gukora ibi bikorwa yise iby’ubushinyaguzi.

Yagize ati “ Ibi ni ugushinyagura ese bagiye babanza bakareba abo bagiye koherereza ubutumwa ? Barimo kudushinyagurira, nk’ubu Leta ikwiye gukurikirana abakora ibi bikorwa byo gushinyagura… ubundi ibi bigaragaza ko ibintu byabo ntakindi babikorera usibye gushinyagura gusa.”

Undi wo mu muryango wa nyakwigendera Munyetwari Alfred uherereye mu murenge wa Nyarugenge akarere ka Nyarugenge nawe yanenze bikomeye Dr Basabose Jean de Dieu avuga ko nk’umuntu wize atagakoze ibintu nk’ibi dore ko ngo icye ari ukurwanya abakozi b’Imana.

Yagize ati “ Ntabwo umuntu wize nk’uriya akora ibintu nk’ibi byo gushinyagura gusa arakabije pe ubuse koko n’ubundi ko ibye ari ukurwana izo adashoboye , erega n’ubundi nta mwuka w’Imana umubamo ashaka kuzana iby’umubiri mu itorero, ashinyagurira abantu , akwiye gusaba imbabazi umuryango wose kuko yadushinyaguriye”.

Dr Basabose Jean de Dieu yatangarije ikinyamakuru umubavu.com ko koko yohereje ubwo ubutumwa bwa Email ku bitabye Imana maze avuga ko bishoboka ko harimo ababa barapfuye kuko barebye muri email za kera ariko ko atari agambiriye gushinyagura.

Yagize ati : “ nta gushaka gushinyagura dufite harigihe tujya twoherereza ubutumwa ku bantu tudaherukana no mu buzima busanzwe hanyuma tutazi amakuru yabo ubwo nyine baritabye Imana. Ibyo ni ibintu bisanzwe nta mutima nta intention yo gushinyagurira dufite”.

Mbere yo kubagezaho ubusesenguzikuri iyi nyandiko, tugiye kubanza tubagezeho imyitwarire mibi yagiye iranga bamwe muri iyi komite ya baringa :

Aba bose bagiye bitwara nabi mu Itorero mu bihe binyuranye, nyuma bagasaba imbabazi ko batazongera, none kuri ubu basubiye ku birutsi:

 

  • Dr.Basabose J D Dieu: Uyu mu 2012 yazanye inyigisho z’ubuyobe muri Kaminuza y’u Rwanda muri CEP y’icyo gihe maze baramwamagana ndetse aza no guhagarikwa. Ubwo buyobe yabujyanye i Ndera aho anatuye magingo aya, maze abayobozi ba ADEPR bamwamaganira kure. Icyo gihe, yavugaga ko abayoboke ba ADEPR bagomba gusaba ubuyobozi bwariho icyo gihe buyobowe na Rev.Usabwimana Samuel asaba abagore n’abakobwa ko bakwigumura bagasaba ko ubuyobozi bubaha uburenganzira bwo kudefiriza ndetse no kwambara amapantalo, maze bose baramwamagana. Nyuma, yaje gusaba imbabazi aratakamba, maze baramubabarira. Nyuma muri 2013 ubwo hashyirwagaho ubuyobozi bushya bwa ADEPR, yavuze ko agiye gukorana nabwo neza, nyamara nyuma y’iminsi mike nabwo agarukana ubundi buyobe, agumura abanyeshuli bo muri za kaminiza bibumbiye muri za CEP. Aba nabo baramwamaganye, maze arakarira ubuyobozi avuga ko azaruhuka bumusabye imbabazi ku mugaragaro. Inshuro nyinshi yahamagaye Bishop Sibomana amutegeka ko yamuha ikaze mu biro bye akamubwira uburyo Itorero rizamusaba imbabazi ariko baramuhakanira. Kuva ubwo yakomeje gukorana rwihishwa n’abantu bose bagiye barwanya ubuyobozi, uyu munsi akaba ari ku ruhembe rw’abasohoye icyegeranyo kirimo ibirego bififitse. Uyu munsi, uyu Basabose  yongeye nabwo kuvangirwa, asubira kucyo umuntu yakwita ibirutsi (kurwanya Itorero) nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga.

 

  • Dr Moise: Uyu mu 2014 yigeze kugumuka ava mu Itorero rya ADEPR Nyarugenge nyuma yo kunanirana inshuro nyinshi ayobowe n’ubuyobe maze ajya muri AEBR bamuha inshingano zo gutangiza amasengesho ya Lunch Hour. Bamwijeje byinshi ndetse avuga ko atazasubira muri ADEPR ahubwo ko agiye kugarura ubuyutse muri AEBR. Aha, ayri amaze gusohora igitabo kivuga ku bubyutse bw’Itorero ariko kitigeze kigira ibyo gihindura na gito ku bubyutse bw’Itorero bitewe n’uko yacyanditse mu buryo bwo gupfundikanya ibintu adasobanukiwe neza. Nyamara ubwo yari akiri muri AEBR,  naho baje kumutahuraho ko ibyo avugabirimo ukuvangirwa kwinshi, maze asubira muri ADEPR arapfukama, asaba imbabazi. Nyuma y’umwaka umwe gusa, yongera nabwo kuvangirwa, asubira kucyo umuntu yakwita ibirutsi (kurwanya Itorero) nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga.

Abandi ni uwitwa Ndoli ndetse na Aime nabo bagendera mu kigare cya Rev Uwabimfura Modeste wabaye akabarore kubera imico mibi n’imiziro yamuranze mu bihe byose yabaye mu Itorero rya ADEPR kugeza ahagaritswe. Aba, akenshi aba ari kumwe nabo abaha amabwiriza bagenderaho, abizeza ko ni bahirika ubuyobozi bazahabwa imyanya myiza.

Bamwe mu basabwe na Dr Basabose ubufasha bwo kurwanya ubuyobozi bwa ADEPR , bamaganye inzandiko yabandikiye abinyujije muri yama emails 193, abantu benshi bahise bamusaba ko yabavana muri iyo group yifashishije bamubwira ko badafite gahunda yo guhungabanya ituze ry’abanyarwanda barenga miliyoni 2 ndetse no kurwanya ubuyobozi bwa ADEPR.

Dore ibyo bamusubije bamutera utwatsi:


Amakuru yizewe agera kuri isange.com ni ay’uko aba bagabo bagize iyi Komite kimwe n’abandi bake babari inyuma, bose kuri ubu barimo guterwa inkunga na Bwana BIRAHAGWA Janvier nawe wagiye agaragara arwanya ubuyobozi bwose bwa ADEPR bwagiye buyobora Itorero.

REKA DUSESENGURE BIMWE MU BYO BASOHOYE MURI IKI CYEGERANYO BOHEREJE MU NZEGO ZINYURANYE ZA LETA

Batangiye banenga imikorere n’imiyoborere y’abayobozi ba ADEPR: Kuri iyi ngingo, birengagije ko hari ibikorwa byinshi Leta kimwe n’abanyetorero bashimira abayobozi bariho ubu. Ibi, hari ababifashe nko kurangaza abanyetorero.

Bavuze ko ADEPR yatanze inka za baringa mu majyaruguru: ADEPR ivuga ko iyi gahunda ntaho ihuriye na gahunda ya Gira Inka munyarwanda. Ivuga ko yatangije uburyo bwo kuremera abafasha b’abahoze ari abashumba bayo bitabye Imana mu bihe bitandukanye. Ibi, yabikoze igenera buri muryango inka, ariko ibaha ingurane y’amafaranga, bityo inka ngo bakazazigurira iwabo dore ko abari baje kuzihabwa bari baturutse kure. Iki rero iyi komite yise inka za baringa, yagitangaje nta makuru igifiteho, mu rwego rwo kwangisha abayoboke abayobozi.

Bavuze ko abakristo bakwa amafaranga ku hagato : Uyu munsi hari amaparuwasi atarabonye ubushobozi bwo gutanga amafaranga abakristo bayo bari bariyemeje kubera ubushobozi bwabaye buke, ariko nta mushumba n’umwe wabihagarikiwe, nta korali, nta mu kristo wabihagarikiwe kuko byakozwe mu buryo bw’ubwitange. Ibi babitangaje nyuma yuko ubuyobozi bwa ADEPR bwagiye bubivuguruza kenshi ndetse bunabitangaho ingero zifatika.

Bavuga ko abashumba b’Itorero bahawe inyito za Bishop bikaba bihabanye n’amahame: Aha, aba bagabo bagize iyi komite nzahuratorero bananiwe gutandukanya inyito ya Reverand, Eveque na Bishop. Bibiliya igaragaza neza ko umuhsumba ufite amatorero arenze rimwe mu bihugu bitandukanye ashobora kwitwa izo nyito. Muri bibiliya z’amahanga, usanga izi nyito zikoreshwa.

90% by’ibyo aba bagabo basohoye muri iki cyegeranyo, ni ibintu bimaze igihe kirekire bivugwa mu Itangazamakuru kandi byagiye bishakirwa ibisubizo ku buryo benshi mu bakristo ba ADEPR bagenda babona impinduka nziza bitewe n’aho Itorero rigenda rigana. Nta gishya kidasanzwe bagaragaje kuko byose byagiye bigarukwaho n’abarwanya ubuyobozi ariko byose bigafata ubusa.

Mu gusoza ubu busesenguzi bwacu twakwibaza tuti ; “Ese koko aba bagabo bafitiye Itorero impuhwe? Cyangwa nabo bashyize inda imbere nkuko byagiye bigaragara kuri Rev.Uwabimfura Modeste wabimitse?”

Ubusesenguzi bwimbitse ku butinganyi buvugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

$
0
0

Mu Rwanda ubutiganyi si icyaha gihanirwa n’amategeko, gusa mu minsi ishize mu itangazamakuru no hirya no hino humvikanye inkuru y’ubuhamya bw’umukinnyi wa AS Kigali y’abagore Uwamahirwe Chadia, washinje umutoza we kumwinjiza mu butiganyi nyuma akamuta kure ku buryo byanamugizeho ingaruka mu buzima bwe bwa ruhago.

Kuri uyu munsi twe twagerageje gusesengura kuri ibi bijyanye n’ubutiganyi mu mikino ahanini tureba ku ngaruka bigira mu mikinire, kurusha kuvuga ku gikorwa nyir’izina kuko byo bireba ababikora bikajyana n’amahitamo yabo, nubwo bidahuje n’indangagaciro z’ubunyarwanda. Reka twe tubibaharire twivugire imikino.

 

Ruhago y’abagore yavugwagamo ubutiganyi muri iyi minsi

Ubutiganyi n’imikino mu Rwanda

Muri FEASSA 2011, yabereye muri Uganda amakuru agera ku IGIHE ni uko bamwe mu bakinnyi babiri b’ikipe yari ihagarariye u Rwanda muri ruhago y’abagore yagenderagaho baje gushwana bitwe n’uko urukundo bari bafitanye rwaje kuzamo agatotsi dore ko byari bizwi ko bihebanye, barabanaga mbere ndetse berekeje muri Uganda bizera kuzagirana ibihe byiza birenze umupira mu kibuga ahubwo byari no kubera mu buriri.

Ibi ntibyakunze kuko umwe yaje kwikundira undi mukinnyi maze hazamo gufuha ni ko gushwana karahava, byanatumye iyi kipe yahabwaga amahirwe ititwara neza gusa umwe muri aba bakobwa yaje kubivamo none ubu yabaye umukobwa nk’abandi nkuko bagenzi be babidutangarije.

Bati “Nyuma yo gushwanira muri FEASSA byabaye birebire gusa umwe yahise abivamo aho kuri ubu afite n’umukunzi w’umuhungu. Byose byatangiriye aho”.

Iri rushanwa muri 2012 ryabereye mu Burundi. Bivugwa ko uwari ushinzwe kwita ku bakobwa bose bari baririmo icyo gihe yari umutoza w’Ikipe ya Solidarity akaba anasanzwe atoza ikipe ya AS Kigali, Grace Nyinawumuntu. Ngo abakobwa bose bari mu Burundi, bagendaga bakira ubutumwa buzanywe na bamwe mu bakinnyi bakinaga ruhago.

 

Grace Nyinamuwuntu ni umutoza w’umugore umaze kwandika izina mu Rwanda

Umwe mu bakinnyi bakinaga umukino wa Basketball yaje kudutangariza ko ubwo yari avuye mu bwogero, umukobwa umwe yaje kumubwira ko umutoza Grace amushaka, niko kujya kwitaba agikenyeye isume. Agezeyo ngo uwo mutoza atangira kumukorakora, maze undi ahita akizwa n’amaguru. Uwo ni umwe, undi nawe twaganiriye yavuze ko nyuma yo kubwirwa na bagenzi be ibibera muri iyo nzu, yaje kwanga kwitaba gusa ibyakurikiye kugeza ku munsi wa nyuma byabara uwari i Bujumbura.

Mu ikipe y’Igihugu, bamwe mu bakinnyi ngo gukora ubu buraya hagati yabo rimwe na rimwe bibangamira abandi dore ko bibabuza gusinzira mu ijoro. Aha ngo rimwe na rimwe hari abagiye bajyanwa atari uko bari bugaragare mu kibuga ahubwo hari ibindi bari buze gufasha urugero rwa hafi ni ikipe yagiye muri Nigeria, aho umukinnyi tutari buvuge izina bivugwa ko yatwawe yaravunitse ukuguru ariko ngo ibindi bice by’umubiri byakoraga neza.

Uru rukundo rw’aba bakinnyi hagati yabo, hari ubwo rugira ingaruka mu musaruro w’umukino, rimwe na rimwe nkiyo bashwanye dore ko bafuhirana bikabije. Umwe mu bigeze gutoza aba bakinnyi bakundana bahuje ibitsina, yavuze ko hari abigeze gushwana bareka gukina bapfa kuba umwe hari umuhungu yavugishije.

AS Kigali n’ubutiganyi

 

Bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali (abo bari ku ifoto) bafashe icyemezo cyo kudasubira mu kibuga mu gihe umutoza wabo atagarutse gutoza

Muri AS Kigali ngo ibi byari byarabaye nk’umuco, utarabikoraga yarahezwaga, ubikora akazamurwa mu ntera… umwe mu bakinnyi b’indi kipe ikomeye, yangiwe kuza muri AS Kigali nyuma y’uko ngo yanze kuryamana n’umutoza w’umugore nkuko bivugwa. Gusa aya makuru ntiwayizera nubwo bamwe mu baciye muri iyi kipe babitanzeho ubuhamya mu kiganiro twagiranye ubwo umutoza Grace Nyinawumuntu yari atarahagarikwa.

Umwe yagize ati “Ndabizi ko harimo ikibazo cy’ubutiganyi (muri AS Kigali) aho ifatizo ari umutoza ariko n’abakinnyi ni uko. Akenshi usanga harimo amatsinda. Itsinda rimwe rimuhora hafi ni bo babikora cyane kubera ko baba bumvikana. Harimo n’irindi tsinda ribyanga iryo yarangije kurishyira ku ruhande”.

“Nta kuntu umuntu mukuru ugukuriye yakora icyo kintu, na we wisanga wabikoze.”

Uwamahirwe Chadia na Grace Nyinawumuntu mu butiganyi

Mu gihe benshi mu bo twaganiriye bahitagamo kutagaragaza imyirondoro yabo hanze, Uwamahirwe Chadia wabaye umukinnyi w’umwaka mu bagore muri 2013, yaje gufata icyemezo cyo kubandwa habona. Uyu mukobwa ukinira AS Kigali, yaje guha ubuhamya Radio 10 na TV 10, ku bijyanye n’ubuzima atangaza ko yashyizwemo n’uyu wari umutoza we muri AS Kigali.

Iki kiganiro Chadia yakigiranye na TV 10 muri Nzeri 2016 ubwo Nyinawumuntu Grace yari akiri umutoza wa AS Kigali ndetse n’ikipe y’igihugu, kuri ubu byarahindutse.

Chadia, yatangaje byinshi ntabwo twabigarukaho, gusa uyu mwari yavuze ko Grace yamwinjije mu butiganyi buhoro buhoro, nyuma yo kumujyana iwe bakabana, ubwo yazaga muri AS Kigali afite imyaka 16 gusa.

Chadia yatangaje ko bitangira yabyangaga kuko yari afite umwana w’umuhungu bakuranye yumvaga yikundira, gusa uyu mutoza akaza kumwumvisha ko agomba kumureka ndetse aza kumubwira ati “ese (niba ukunda uwo muhungu) njye uranyanga? Wanyanga kandi uziko ndi imfubyi?” Chadia avuga ko yaje kubijyamo ndetse abijyamo abigiyemo biza kurangira amwigaruriye umutima wose ujya kuri uyu mutoza.

Ngo ibintu byatangiye kuba bibi ubwo uyu mutoza yajyaga mu mahugurwa mu Budage mu 2010, maze Chadia akarira birenze ibisanzwe kuko atiyumvishaga uburyo umutoza yamusiga nibyo bari bamaze kumenyeranaho.

Yavuze ko ibi byasabye ko ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege, Police isaba Grace gusiga arebye uburyo yakwihanganisha uyu mukobwa, dore ko yari yanze guceceka.

Uyu mutoza yaje gushyira Chadia ku ruhande ngo amuha amafaranga 25 000 Frw ndetse anamwemerera kuzajya amwandikira kuri “email” yari yaramufungurije bityo ko azamuba hafi.

Ubutumwa bwa Email Grace ubwo yari mu Budage mu 2010 yandikiranye na Chadia

 

 

 

 

Chadia avuga ko iminsi umutoza yamaze mu Budage yamugoye aho yirirwaga arira, ikintu cyamuviriyemo no gusarara na magingo aya. Uyu byaje kurangira n’iwabo badashoboye kumuhoza, ashakira ubuzima ahandi.

Ubwo umutoza yagarukaga ngo urukundo rwarakomeje gusa bitangira kuba bibi ubwo Chadia yavunikaga imvune ikomeye mu ivi, maze urukundo rukarangira ubwo.

Chadia mu buhamya bwe avuga ko na nyuma yo gukira, umutoza yahise amushyira ku ruhande, binarangira avuze ko atazongera gukina agitoza kuko ku bwe yumvaga yararangiye.

Ati “Nkimara gutana n’umuryango wanjye amaze kumbwira ko tubaye umwe, amaze kunyereka ko iwacu ntazahasubira ko iwacu ari iwe tuzibanira igihe kirekire kuko na we yari amaze gutana n’umugabo bityo nta kindi kintu kizantanya na we tuzabana ibihe byose, yahise ambwira ngo ugomba gukuraho icyerekana ko uturuka muri uwo muryango”.

“Yahise ajugunya indangamuntu yanjye, arangije ampereza imyirondoro y’abamureze kubera ko na we yapfushije ababyeyi kera. Papa wanjye yamugize sekuru, Mama amugira Nyirakuru naho mvuka ahagira i Kabarondo. Nabijyanye ku Kabindi ntibamenya ko ndi gushaka iya kabiri ahubwo bamfotora nk’ushaka indangamuntu nshya”.

Uretse ibi, Chadia avuga ko ubwo yabanaga na Grace basangiraga byose nk’urugo nyine mu zindi. Amafaranga yose yakoreraga ni we yayahaga, ndetse n’ibihembo yatwaraga ni umutoza wabitwaraga. Uyu avuga ko yatangaje ibi mu rwego rwo gufasha abandi nubwo byaba bivuze ko we yahita areka umupira burundu cyane ko n’ubundi kuri we ntacyo yaramiraga.

“Njye nubwo nareka umupira nawureka ntavuyemo nabi ahubwo byaba ari kubera umutoza. Icyo nabwira abantu ni uko bajya babanza kureba umuntu mbere yo kumuha inshingano. Nko ku mutoza Grace ikigaragara byatangiye kera aho akomeje kubikora ngo ararera abana”.

“Njye ndatabariza bagenzi banjye nkuko nanjye numvaga ari byiza, na bo ubu bazi ko ari byiza ariko nyuma nkuko nicujije na bo bashobora kuzicuza. Njye sinshaka ko bazicuza cyangwa ngo bajye mu buzima nanjye ndimo ahubwo numva batabarwa bitari byaba bibi kuko ibyo barimo ni bibi byazabageza nanjye aho ngeze kuko aho ndi si heza, ngeze ahantu habi”.

 

Chadia yasabye bagenzi be bakiri mu buyobe kugana inzira nziza amazi atararenga inkombe

Mu nkuru yacu ikurikira, tuzagaruka ku kiganiro IGIHE yagiranye n’umutoza Grace Nyinawumuntu, ahakana ibi byose, aho avuga ko hari itsinda ry’abakinnyi badashoboye bamuhimbiye ibinyoma. Yikoma kandi bamwe mu banyamakuru ko bari inyuma y’ibi byose.

Ku ruhande rwa MINISPOC, Bugingo Emmanuel yatangarije Radio 10 ko ari ubwa mbere yumvishe ubutiganyi muri ruhago, mu gihe muri Ferwafa Rwemarika Felicité yavuze ko yigeze kubyumvaho ariko ntabone ibimenyetso bifatika, gusa avuga ko atari ibintu by’i Rwanda. Muri AS Kigali, ho bavuga ko bari mu iperereza kuri uyu mutoza, bityo ko n’ibi by’ubutiganyi bazabigarukaho.


Hari abapasiteri bamaze kugurisha amatorero yabo kubera amafaranga, batitaye ku ngaruka zizabaho.

$
0
0

Umupasiteri yiteguye gushyira hasi imisaraba kugira ngo yibonere amafaranga!!

Abunganira abacuruzi ku misoro mu ngamba zo kudasubira amakosa mu imenyekanishamusoro.

$
0
0

Abunganira abacuruzi mu misoro baratangaza ko bafashe ingamba zo kwirinda amakosa yagaragaraga mu gihe cy’imenyeshamusoro, ariko banakangurira bagenzi babo bagicumbagira mu mwuga kuwinjiramo bakawukora kinyamwuga.

Ibi nibyo bamwe bagaragaje ubwo bari mu biganiro na RRA ku cyicaro gikuru cya RRA, bahugurwa ku buryo buvuguruye bw’ikoranabuhanga mu kumenyekanisha umusoro wa TVA.

Ubwo buryo buzwi nka VAT input validation controls mu rurimi rw’Icyongereza bufasha abacuruzi gukora imenyekanishamusoro rya nyaryo kuri TVA ku mugereka hirindwa amakosa ashobora gushora umucuruzi mu bihano cyangwa igihombo.

Umusoro ku nyongeragaciro TVA, utangwa n’umuguzi wa nyuma ariko ukakirwa n’umucuruzi wanditse muri TVA akaba agomba kuwushyikiriza RRA. Uyu musoro umenyekanishwa hagati ya tariki ya mbere kugeza kuya 15 y’ukwezi gukurikiye uko yakiriwemo ku bamenyakanisha mu kwezi, cyangwa se ikurikira igihembwe ku babikora mu gihembwe.

Byagaragaye ko hashoboraga kuba amakosa mu imenyakanisha aturutse ku gushyiramo amakuru atari yo bikaba byateza ikibazo mu kumenyekanisha ndetse no kwishyurwa umusoro ku nyongeragaciro usubizwa.

Abunganira abacuruzi mu byo gusora bari baje mu nama ari benshi

Komiseri wungirije ushinzwe abasora bato n’abaciriritse Dada Richard yavuze ko ubwo buryo bw’ikoranabuhanga mu kumenyekanisha imisoro ya TVA buzafasha kwihutisha gusubizwa TVA ku bayisabaga kuko buzoroshya igenzura mu buryo (desk  audit).

Dada Richard yabwiye abunganira abacuruzi mu bijyanye n’imisoro ko intego ya RRA ari uko umwaka wa 2017 warangira Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kitarimo umwenda wo gusubiza TVA abacuruzi bato n’abaciriritse.

Komiseri wungirije ushinzwe  w’abasora bato n’abaciriritse asobanura kandi ko uburyo bwo kumenyekanisha TVA mu ikoranabuhanga buzazamura kwizerana hagati y’urwego rwakira imisoro ndetse n’abacuruzi hamwe n’ababunganira mu misoro.

Buzarushaho kandi kuzamura agaciro ku wunganira usora kuko mu gihe abacuruzi bashakaga abadasobanutse babafasha kunyereza imisoro, uburyo bw’ikoranabuhanga buzabasaba kwifashisha abasobanukiwe iby’imisoro n’ikoranabuhanga rikoreshwa bityo abangiza isura y’abunganira abasora mu buryo bwa kinyamwuga babure aho bamenera.

Nsengiyumva Donatien, umujyanama ku misoro, avuga ko umwuga bawukora neza kuko bumva ko bunganira Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu gutanga imisoro yubaka igihugu bagira inama abacuruzi.

Yishimira ko ubu buryo bw’ikoranabuhanga mu kumenyekanisha TVA bugenda buyobora ukora imenyekanisha ndetse akemeza ko bizarinda abazana inyemezabuguzi mpimbano. Ati: “igenda ikuyobora ikitari cyo ikakijugunya.”

Nsengiyumva ashima ko ubu buryo bukora igenzura bigatuma gusaba gusubizwa umusoro wa TVA byoroha.

Nsengiyumva ati: “kugira ngo ukore mu buryo bw’ubunyangamugayo biragusaba kugira ngo ube uzi imisoro kandi ukaba utifuza. Kuko hari bamwe binjiramo bumva ko ari umwuga ugomba kubakiza vuba, yakumva ko agomba gukira vuba akumva ko ibyo umucuruzi amubwira byose agomba kubyumva byose kuko ariwe umuha amafaranga,” asaba bagenzi be gukurikiza amategeko batagendeye kurarikira indamu nyinshi.

Nsabiyaremye Jean Bosco

 

Igitaramo cya Korali Besaleli na Korali Umuriri cyasize ububyutse mu Karere ka Kicukiro

$
0
0

Byari umunezero kubataramiwe na Korali Besaleli hamwe na Korari Umuriri yari yaturutse kuri  ADEPR-Jenda mu karere ka Nyabihu yaje mu mujyi wa Kigali mu giterane cyaberaga kuri ADEPR Umudugudu wa Murambi  Paruwasi ya Nyanza aha ni mu itorero rya  ADEPR  Akarere ka Kicukiro (ADEPR)

Ubwo iki giterane cyatangiraga kumunsi wacyo wa mbere cyasize umubare munini wabantu wongeye  guhemburwa n’ ibihe byiza by’umwuka byaranze iki giterane. Iki giterane kandi cyatangiye gisa nigituje gusa kumunsi wo kucyumweru ari nabwo cyasombaga gusozwa cyaje guhindura isura doreko yari nawo munsi wa nyuma wacyo, aha indirimbo n’ijambo ry’Imana byarasimburanaga kandi ukabona abantu baracyafite inzara n’inyota byo gukomeza kumva no gukurikirana ubutumwa buri mu ndirimbo z’amakorali

Umuyobozi wa  Korari Umuriri Bwana Emmanuel yavuze ko baje kwifatanya na Korari Besalel  muri iki giterane,  kuko bose bahuriza hamwe ku ishimwe ryo gushima Imana ko yabarinze mu mwaka wa 2016 dusoje, bimwe mubyo batazibagirwa yatangaje ko ari  ibihe byiza bagiriye hano harimo ibyagiye biranga iki giterane, bagashimangira ko iyi ari indi ntambwe ishimishije mu gushimangira umubano mwiza uri hagati yizi  Korari yizi zombi.

Kimwe mu bintu byazamuye ibihe byiza(Amavuta) muri iri teraniro ni Korari Besaleli yaboneyeho umwanya wo gusogongeza abantu ishimwe ry’uko umuyobozi wayo yabonye urubyaro nyuma y’imyaka 10 batabyara

Tubibutse ko  iyi ari incuro  ya gatanu  iki giterane kibaye, doreko buri ntangiriro zaburi mwaka Korari Besalel itegura igiterane gikomeye bagamije gushima Imana kubw’ibyo yabakoreye mu mwaka urangiye

Ibi ni bimwe mu byo ntazibagirwa Imana yankoreye muri 2016

$
0
0

Uyu Pasitori Singirankabo Boniface ubarizwa mu itorero  ry’ Ikuru Nziza mu Mujyi wa Kigali ashima Imana cyane yamushoboje kwiga imyaka ine mu ishuri rya Bibiliya(IBKI)   akayirangiza anashimira itorero rye n’abantu bamufashije mu myigire ye dore ko yize bimugora kubona amafaranga y’ishuri.

Pasitori Bonface avuga ko yize bimugoye kuko ari we wishakagaho amafaranga y’ishuri kandi anasabwa kwita ku muryango we. Uyu mushumba nubwo rimwe na rimwe hari igihe cyageraga akabona nta kizere cy’aho amafaranga y’ishuri azava, ashimira Imana bikomeye kuba yarize neza adacikiriza amasomo ye kugeza ubwo asoje amahoro. Usibye kuba yarize ibijyanye na Bibiliya muri iri shuri, anavuga ko mu bumenyi ahakuye harimo n’ibijyanye n’ubumenyamuntu (Science Humaine).

Ngo kuba yarize byinshi kuri Bibiliya ngo kuri we bituma uvuga ibyo uzi kandi ushobora kuba wanasobanura.”  Avuga kandi ko impamvu yahisemo kujya kwiga Bibiliya ngo byari ukubera ko ari wo muhamagaro we. Pastor Singirankabo Boniface avuga ko ubumenyi yabonye muri ishuri agiye kugerageza kubusangiza abandi

Ibigo by’incuke n’ababyeyi bashaka Piano zifasha abana kwihugura mu muziki basubijwe

$
0
0

Ikigo kigisha ibya muzika ‘David’s Temple Music’ gikorera mu mujyi wa Kigali ku Itorero ry’Inkuru nziza, cyazaniye ibigo birera abana b’incuke ndetse n’ababyeyi Piano ntoya zigenewe abana bari mu kigero cy’imyaka kuva kuri 2 kugera ku 8, zizabafasha kwiga gucuranga muzika mu gihe cy’isomo ry’umuziki cyangwa mu gihe cyo kuruhuka mu mutwe nyuma y’amasomo.

Umuyobozi w’iki kigo, Bwana Ntigurirwa Peter, yavuze ko igitekerezo cyo kuzanira abana bato Piano yakigize nyuma yo kubona ko abana biga mu ishuri rye bakunda cyane ibijyanye n’umuziki, bimutera gutekereza no ku batarabashije kuza kwiga mu ishuri rye kugira ngo nabo bazabone uko biga Piano.

Yagize ati “Tuzi neza ko abayobozi b’ibigo birera abana b’incuke kimwe n’ababyeyi batandukanye inshuro nyinshi basirisimba mu maduka yo mu mujyi wa Kigali bashakisha aho bavana Piano ntoya zigenewe abana ariko ntibazibone dore ko izihaboneka usanga zihenze cyane kuko ziba zaragenewe abantu bakuru. Ikigo cyacu, gifite umwihariko mu gucuruza ibikoresho bigenewe abana bato kuva ku myaka 2 kugeza kuri 18 kandi ibyo ni ibintu dufitemo uburambe”.

Ntigurirwa yakomeje avuga ko bacuruza n’ibindi bikoresho birimo Guitars, Ingoma, imyirongi n’ibindi bikoresho by’abana ndetse n’abantu bakuru, gusa byo kuri ubu bikaba bisaba gukora komande mbere y’icyumweru kimwe.

Ntigurirwa yasoje asaba abayobozi b’ibigo birera abana b’incuke kwitabira kugura izo piano kuko igiciro cyazo kiri hasi cyane ugereranije n’uburyo zikozwemo.
Ubuyobozi bw’iki kigo kandi bwaboneyeho gutanga imirongo wa telefoni ku bazifuza kugura Piano cyangwa ibindi bikoresho bya muzika bazahamagaraho ariyo; 0788771396 ndetse na 0788711574 bakabikugereza aho uherereye.

Microphone icomekwaho umwana ashobora kuririmbiraho mu gihe arimo gucuranga cyangwa se abandi bakaba bamuririmbira, Stereo FM ivugiraho imirongo y’amaradiyo, amajwi 16, rhytms 5, indirimbo zakorewemo 6, ingoma zakorewemo 8 ,aho wacomeka MP3 ukumviraho indirimbo ndetse n’aho wacomeka USB.

Viewing all 2000 articles
Browse latest View live