Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live

Isengesho rya ‘Dawe uri mu ijuru’ mu gifaransa ryahindutseho gato

$
0
0

Inama y’Abepisikopi mu Rwanda yamenyesheje abakirisitu ko isengesho rya “Dawe uri mu ijuru” mu rurimi rw’Igifaransa ryahundutseho gato, mu nteruro ivuga ngo “ Ne nous soumets pas à la tentation” nyuma yo gusanga harimo ikosa; mu Kinyarwanda ho bizagumya kuba “Ntudutererane mu bitwoshya”.

Inama nkuru ya Vatikani ya kabiri yemeje ko isengesho rya Dawe uri mu ijuru mu gifaransa ryahinduka ho gato mu mwaka wa 2013.

“Dawe uri mu Ijuru” ni isengesho Yezu/Yesu yigishije abigishwa be ubwo bamusabaga ko yabigisha gusenga (Matayo 6, 9-13). Muri iri sengesho, aho bavugaga ngo “Ntudutererane mu bitwoshya” (Et ne nous soumets pas à la tentation) bazajya bavuga ngo “Ntutume tujya mu bitwoshya” (Ne nous laisse pas entrer en tentation).

Kuwa 15 Ukuboza 2017, Kiliziya Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo rigaragariza abakirisitu izo mpinduka.

Musenyeri wa Diyosezi ya Ruhengeri akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo ya riturijiya muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Vincent Harolimana, yatangarije IGIHE ko guhera nyuma ya Noheli ari bwo izi mpinduka zizatangira kubahirizwa.

Yagize ati “Guhera nyuma y’itariki 24 abakirisitu ntibazongera gusenga bavuga ngo ‘(Et ne nous soumets pas à la tentation) bazajya bavuga ngo ‘Ne nous laisse pas entrer en tentation.”

Akomeza avuga ko iri sengesho mu gifaransa ryasaga nk’irigaragaza ko Imana ijyana abantu mu bishuko.

Ati “Icyagaragaye rero ririya jambo ry’ikigereki ‘eisphérô’ dusanga muri Matayo 6 :13 mu gifaransa baravuze ngo ‘ Et ne nous soumets pas à la tentation) nk’aho ari Imana idushuka ‘ Soumetre’ rwose ni ukukujyana.Yaba ari Imana ibaye inkomoko y’ibishuko.”

Musenyeri Harolimana avuga ko umwimerere w’ikigereki Bibiliya yanditsemo utahuraga neza n’uburyo iri sengesho ryahinduwe mu gifaransa.

Ati “Inama y’abepisikopi b’abafaransa n’abandi bakoresha urwo rurimi basanze iryo jambo ‘soumetre’ ridakwiriye ahubwo bahitamo ‘Ne nous laisse pas entrer en tentation’. Mu Rwanda ho abahanga b’abapadiri bahinduye bibiliya ntagatifu babonye ijambo rihuye n’ikigereki neza ‘Ntudutererane mu bitwoshya’ ni ukuvuga ngo ntudutererane igihe turi kugwa mu bishuko uzajye udutabara ujye utuba hafi.”

Mutagatifu Jerome wabayeho kuva mu 340 kugeza 420 niwe wakoze umurimo wo guhindura Bibiliya ayikuye mu rurimi rw’igiheburayi yari yanditsemo, ayishyira mu kiratini guhera mu 390 kugeza mu 405.

Nyuma y’iyi myaka nibwo yagiye ihindurwa mu ndimi zitandukanye zirimo n’igifaransa.

Byumvikana ko hashize igihe kirekire iryo sengesho ririmo amakosa mu gushyirwa mu gifaransa ariko Musenyeri Harolimana avuga ko umuntu atahita avuga ko ari uburangare kuko iyo uhindura ijambo urikura mu mwimerere waryo urijyana mu rundi rurimi hari igihe wibeshya.

Isengesho rya ‘Dawe uri mu ijuru’ ribumbye ayandi, rivugirwa hamwe n’abakirisitu bose mu gutura igitambo cya Misa.

Inkuru ya Igihe.com


Korali Amahoro yateguye igitaramo ‘Amahoro Iwacu Celebration 2017’, baranateganya kubakira inzu umuturage utishoboye

$
0
0
Korali Amahoro yateguye igitaramo yise ‘Amahoro Iwacu Celebration 2017’ mu rwego rwo gukomeza umurongo bihaye wo gutanga umusanzu wabo mu kubaka amahoro arambye. Aba baririmbyi banateganya ibikorwa binyuranye birimo no kubakira inzu umuturage utishoboye.

Imyaka 23 irashize Korali Amahoro itangiye umurimo wo gutanga ubutumwa bw’amahoro ibinyujije mu bikorwa binyuranye birimo n’ibitaramo bikomeye yise’’Amahoro Iwacu Celebration’’. Perezida wa Korali Amahoro, Ntakirutimana Zacharie, yabwiye itangazamakuru ko iyi Korali kuva muri 2014 yatangije ibi bitaramo mu ntego yo kwimakaza umuco wo gusigasira amahoro n’ibindi byiza byinshi Imana igenda igeza ku Rwanda n’itorero muri rusange.

Ibi byose bikorwa binyuze mu nzira yo gushimira Imana intambwe imaze gutewa, no gukomeza gusabira i gihugu umugisha. Korali Amahoro yibanda ku gushimangira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge abanyarwanda biyemeje kunyuramo, ikabikora ibinyujije mubikorwa binyuranye birimo: Amahugurwa, ibiganiro mbwirwaruhame, ibikorwa bifatika by’urukundo, n’ibindi nk’ibyo nyuma bigasozwa n’ibitaramo binini byiswe “Amahoro Iwacu Celebration”.

Yakomeje avuga ku mateka ya Korari Amahoro. Yerekanye ko nyuma gato ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata1994, bamwe mu bari abaririmbyi bakoreraga uwo murimo mu Itorero ADEPR Remera, bishwe nabateguye Jenoside ndetse bakayishyira no mubikorwa, abandi bake bashoboye kubona amahirwe yo guhungira muri Stade Amahoro, ndetse abandi na bo bahungira mubihugu binyuranye duhana imbibi. Nyuma gato ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, abari basigaye bake barisuganije bakora Korali imwe ariyo nyuma gato yaje guhabwa izina rya korali AMAHORO kandi ihabwa ubutumwa bwihariye bwo gutanga ubutumwa bw’amahoro n’ihumure.

Amahoro choir

Korali Amahoro yo muri ADEPR Remera

Ntakirutimana Zacharie avuga ko uko iminsi yagiye ishira bakomeje uwo murimo bahawe wo gutanga ubutumwa bw’amahoro hirya no hino mu bice binyuranye by’igihugu cyacu. Nk’uko twese tubizi mu bufatanye bw’inzego zinyuranye, u Rwanda rwagiye rwiyubaka haba mu rwego rw’umutekano n’amahoro, iterambere, n’ibindi. Abanyarwanda benshi bakomeje gufashwa mu rugendo rwo gukira ibikomere byo mu mutima, kwihana no gusaba imbabazi by’ukuri binyuze mu bihangano bya Korali Amahoro ndetse no mu bitaramo  nk’ibi bityo iyi Korali itangira gutumirwa hirya no hino mu gihugu mu bikorwa byo kwamamaza ubutumwa bw’ amahoro n’ihumure bifasha abanyarwanda kugira icyizere cy’ejo hazaza n’ibyiringiro by’ubuzima bwiza.

 

Nyamara ariko aho Korali Amahoro yagiye ikorera ibikorwa nk’ibyo by’ivugabutumwa mu ndirimbo mu gihe amahoro yari akiri make mu gihugu ndetse hariho n’ibikomere byinshi, byabaye ngombwa ko indirimbo zongerwamo inyigisho z’isanamitima, ubuhamya bw’ihumure mu rugendo rwo gukira no kwiyubaka mu gihe abantu benshi basaga nkaho nta cyizere cyo kubaho bari bafite. Korali Amahoro yishimira ko aho banyuze hose batanga ubu butumwa bagiye babona ubuhamya bufatika bw’uko abantu bagiye bagarura icyizere cyo kubaho n’ibyiringiro by’ubuzima bw’ejo hazaza.

Uyu mwaka iki gitaramo kigarukanye imbaraga zikomeye aho kizarangwa n’ibikorwa by’urukundo na gahunda zinyuranye zigamije gushimangira amahoro arambye, gushima Imana ku byiza imaze kutugezaho ndetse no kuyisaba gukomeza kutwubaka, kuduha ibyiza bibereye buri munyarwanda no gukomeza gusohoza amasezerano y’ibyiza byose yavuze ku gihugu cyacu. Mu buryo bw’umwihariko hashyizwe imbaraga mu gufasha bamwe mu bagizweho ingaruka na Jenoside.

Harimo ibikorwa binyuranye byo gusigasira umuco w’amahoro, n’ibikorwa bifatika nko kubakira inzu uwarokotse Jenoside, ibiganiro n’inyigisho hanakorwe ibitaramo bikomeye by’umugoroba w’umukiro n’ihumure (Healing Worship Night) bikazabera kuri Kigali Marriott Hotel tariki ya 29 Ukuboza 2017 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Iki ni igitaramo cyagenewe abayobozi bakuru b’amatorero, inzego bwite za Leta, imiryango ya Gikristu n’ibindi bigo byigenga bikorera mu Rwanda aho kwinjira bizaba ari ukuba wahawe urupapuro rw’ubutumire. Hanyuma ku cyumweru tariki ya 31 Ukuboza 2017, abanyarwanda bose bakaba batumiwe mu gitaramo kinini  kizabera kuri ADEPR Remera kuva saa kumi n’imwe  z’umugoroba, aho kwinjira bizaba ari ubuntu.

New Melody iherutse kunyura abantu mu gitaramo yakoreye muri Serena Hotel,izaba iri muri iki gitaramo

Abaririmbyi batandukanye nka “New Melody ndetse n’andi makorari ya ADEPR Paroise ya Remera bazitabira iki gitaramo. Korali Amahoro imaze imyaka isaga 23 ikora ibi bikorwa binyuranye byo gutanga umusanzu wayo mu kubaka amahoro arambye, isanamitima n’ubwiyunge, yifurije abanyarwanda bose Noheli Nziza n’umwaka mushya muhire wa 2018 wuzuye amahoro masa muri byose.

Kwihana, kubohaka, kwirukana amadayimoni, gukira indwra no guhindurirwa ubuzima nibyo byaranze igiterane cyateguwe n’ Itorero Caanan Revival Temple

$
0
0

Si inkuru mbarirano ubuzima bwa benshi bwarahindutse, ubwo Itorero Canaan Revival Temple riyobowe na Rev.Pastor Agaba Fred ryakoraga igiterane ngarukamwaka kizwi nka “Life Transformation Conference”,ugenekereje mu Kinyarwanda bikaba bivuze Igiterane kigamije guhindura ubuzima bw’abantu, cyasojwe kuri uyu wa 17 Ukuboza 2017.

Muri uyu mwaka wa 2017, iki giterane kikaba  cyari cyatumiwemo abakozi b’Imana batandukanye barimo Apotre Alice Kabera Mignone, Bishop Mutesasira waturutse mu gihugu cy’abaturanye cya Uganda hamwe na Rev.Pastor Agaba Fred umushumba w’iri torero.

Canaan Seeds of Heaven choir

Amatsinda atandukanye azwi hano mu Rwanda no hanze yarwo nka Alarm Ministries na Gisubizo Ministries, Jaguza Children’s Choir yaturutse mu gihugu cya Uganda,Canaan ndetse n’amatsinda aramya akanahimbaza Imana mu buryo butandukanye abarizwa muri iri torero nka Seeds of Heaven,Canaan Worship Team ,Canaan Dram Team bose bafashije mu gutuma ubuzima bwa benshi bubasha guhembuka bagasubizwamo imbaraga.

Pastor Fred n’umufasha we bafatikanya umurimo w’Imana

Iki giterane cyarimo abakozi b’Imana b’imbaraga cyaranzwe n’uko benshi  bihanywe, abandi barabohorwa birukanwamo amadayimoni, abandi bakira indwara abandi bafata ingamba zo guhindura ubuzima no gufata icyerekezo uko Imana ibishaka.

Past. Agaba Fred, umushumba mukuru wa Canaan Revival Temple avugako afitanye igihango gikomeye n’abakozi b’Imana bafashije abantu guhembuka muri iki giterane barimo Apostle Mignone Kabera ndetse na Bishop Mutesasire.

Canaan Worship Team

Uyu mushumba akomeza avugako iki giterane cyari gifite umwihariko kuko ubwo baherukaga kugikora bari abantu 25 gusa ariko kuri iyi nshuro bakaba basagaga 300. Akomeza atangaza ko hari byinshi yigiye muri iki giterane nk’umushumba akigira ku mukozi w’Imana mugenzi we Bishop Mutesasire.

Ikindi  yavuzeko batunguwe n’ubwinshi bw’abantu bitabiriye iki giterane ku buryo batari biteze, ndetse banatungurwa n’ubuhanuzi bukomeye bwiganjemo kurondora ubuzima bw’umuntu mwabanaga utabizi.

Canaan Drama Team

Imirongo migari y’itorero Canaan Reviva Temple harimo gushaka gukomeza amabuye atanu agereranwa n’amwe Dawudi yari afite harimo Ijambo ry’Imana ryibanda kwigisha abantu ijambo ry’Imana, abazajya bimikwa bakazajya babanza kubyigira, ibuye rya kabiri ni ukubakira ku rukundo n’ubumwe, ibuye rya gatatu ni ugukangurira abantu gukunda umurimo birinda ubukene, ibuye rya kane ni ukwaguka (Increasing number), ibuye rya gatanu ni ugufasha abakeneye, imfungwa ndetse n’abarwayi.

Iki giterane kiswe “Life Transformation Conference” cyaberaga kuri Hotel izwi nka Fionah  iherereye mu Bibare aha kuri iyi Hotel akaba ari naho iri torero rya Canaan Revival Temple ubusanzwe rikorera.

Canaan Worship Team

Canaan Drama Team

Canaan Seeds of Heaven choir

Onesphore Dushimirimana

 

Sohoka,va muri Babuloni.

$
0
0

 

Iriburiro.

Hari abantu bashobora kwibaza impamvu tujya dukunda gushyiraho inkuru zivuga amarorerwa y’ubusambanyi bukorerwa hano ku isi, tukavuga abantu baryamana n’abo bahuje ibitsina, abantu barongorana n’amatungo, abantu bahindura ibitsina, abantu barongorana n’abo bafitanye isano rya hafi.,ibi bikaba byarageze no mu rusengero. Ntihabura rero abashobora kwibwira ko kubyandika ari ukunezeza (entertainment) abasomyi gusa. Ariko siko bimeze, tuba dufite intego.

Intego ya mbere ni ugushaka kumenyesha abantu cyane cyane abakristo, uko ibintu byifashe hirya no hino ku isi, kuko tubona ko itangazamakuru ari igikoresho twakoresha mu kwamamaza ubwami bw ‘imana, bityo abantu b’Imana bakamenya ibyo bikorwa, nkuko ijambo ry’Imana rivuga ko ubwoko bwayo burimbuka kubera kutamenya, umunyarwanda nawe akaba yaravuze ko ibuye ryagaragaye riba ritacyishe isuka

Impamvu ya kabiri nayo  isa ni iyo ni iyo gushaka ko abakristo bakanguka bakareka gukomeza kwidamararira,ziriya nkuru tubagezaho, zikabereka ko  ubuhanuzi burimo gusohora, aho buvuga ko mu minsi ya nyuma, abantu babi bazarushaho kuba babi..Ibyo tuba twifuza ko uwari yaragiye mu ntege nke, yabona ko ntakizabuza ko Imana izacira urubanza ibikorwa n’amahano aba, noneho bikamutera kwivugurura.

Ngizo muri make impamvu ziri inyuma y’inkuru tubagezaho.

 

Sohoka, va mu  murwa.

Iki nicyo gihe cyo gusohoka muri Babuloni. Ijoro rirakuze burenda gucya(Il est minuit moins 5

« Numva irindi jwi rivugira mu ijuru riti :’Bwoko bwanjye, nimuwusohokemo, kugira ngo mwe gufatanya n’ibyaha byawo, mwe guhabwa no ku byago byawo.Kuko ibyaha byawo byarundanijwe, bikagera mu ijuru, kandi Imana yibutse gukiranirwa kwawo’ »

Bibiliya itubwira ko Mu gihe Imana yashakaga gutsemba Sodoma,yabanje kohereza abamarayika bajya gutata ngo barebe koko niba ibyaha biihavugwa ari ukuri. Ibyakurikiyeho, twese turabizi ,Abamarayika basanze i Sodoma hari ibyaha by’indengakamere, aho abagabo bahitamo kuryamana n’abandi kuruta kwakira abakobwa Loti yari abahaye, nubwo nabyo atari ibyo gushimwa.Icyemezo cyafashwe n’ijuru cyabaye icyo gutsemba Sodoma.

Muri iki gihe hari irindi perereza ryakozwe

Uko Imana yabikoze icyo gihe na nubu niko ikora. . Ibirego byageze ku Mana, bivuga amarorerwa akorerwa hano ku isi. Kandi niyo Imana itabikora nkuko yabikoze mbere  ngo ije guperereza; nubundi ijambo ryayo ritubwira ko  Iyaremye amaso, irareba, iyaremye ugutwi yumva, no kurusha. Ibibera mu isi ntakiyicika.

Mu Gisirikare cya hano ku isi , hari igihe ujya kumva ukumva , mu gihe bari mu rugamba, bashaka gufata umugi, bamenyesha abasivile bawutuyemo , ngo  barebe iyo bahungira ubundi  bakore akazi, baharimbure, n’ingabo zirimo.

Ubu muri iki gihe hari itangazo riturutse mu ijuru, ijambo ryatubwiye ngo « Bwoko  bwanjye muwusohokemo, … mwe gufatanya n’ibyaha byawo ….mugahabwa ku byago byawo »

Hari igihe iyo umuntu aturanye n’icyaha cyane, nawe ageraho, nubwo atabikora « Nka bariya », ariko abyakira, abyihanganira, akoraho gato.Buriya  ngo Loti yahuye n’icyo kibazo. Loti nubwo yirindaga muri uriya mugi , ariko kwegerana guturana n’ibyaha, kubyorohera, aribyo byatumye hari ingaruka zaje kuza ku muryango we nyuma…

Nawe ushobora kuba udasambana, ariko ureba porno. Urafatanya n’ibyaha by’umurwa. Ushobora kuba utareba porno, ariko ibiganiro wirirwa ugiramo uruhare, byuzuyemo ubusambanyi. Ushobora kuba udasambana ariko urabyifuza, nuko wenda utarabona umwanya cyangwa se witinyira kurimbuka, Nyamara Yesu yatubwiye ko nudasambanye ariko akifuza, aba yamaze gusambana. Ijambo ryakubwiye ngo sohoka mu ri Babuloni, udafatanya, udakora ku byaha byawo, ukabona ku byago byawo.

Itangazo rirakuziye rikubwira ko Imana igiye guhana isi kuby’ibyaha bikorerwamo.

Cyokora nubwo icyo gihano kitaba aka kanya,(kuko kuza ko kizaza), ibyo ntibyabuza ko isaha iyo ariyo yose Yesu yaza gutwara itorero, umugeni witeguye agatwarwa. Ese murabona hari ibindi byaha birenze ibikorwa ubu byaba bisigaye, ngo Imana icire  isi urubanza?

Rwa rugero navugaga rw’abasirikare baba bashaka gukiza abasivile, hari igihe abasivile banga kumva imbuzi, bakabigwamo. Icyaha wajyaga ugikoraho gusa, wajyaga wiyumvira gusa, wajyaga wirebegusa. Icyo gihe cyarangiye. Iki gihe ni icyo kwitandukanya.bidasubirwaho mu kigero Imana ibishakaho. Mu kutumvira imbuzi hari ubwo byakuviiramo, kutazamuranwa n’itorero mu gutwarwa, Sinzi niba wiringiye kuzakizwa n’amaraso  yawemu gihe cya Antikristo

Dore ikigero cyo kwitandukanya Imana idushakaho

“Ijisho ryawe ry’iburyo nirigushuka rikakugusha, urinogore urite kure. Ibyiza nuko wapfa ijisho rimwe, biruta ko umubiri wawe wose wajugunywa muri Gehinomu. N’ikiganza cyawe cy’iburyo nikikugusha, ugice, ugite kure. Ibyiza nuko wabura urugingo rwawe rumwe, biruta ko umubiri wawe wose wajugunywa muri Gehinomu.”Mat 5:29-30

Urasabwa kongera kwibuka ko uri ubwoko butuye ukwabwo, nta mugabane ufitanye n’isi n’abayo.Ukwiye kongera kwirimbisha no kumesa igishura cyawe, ngo “Hahirwa abamesera ibishura byabo kugira ngo bemererwe kwegera cya giti cy’ubugingo, kandi banyure mu marembo binjire muri rwa rurembo.”Ibyah 22:14

Ijoro rirakuze burenda gucya.Umukwe ari hafi.

MITALI Adolphe.

 

Paruwasi ya ADEPR Batsinda yungutse abizera bashya 150, isezeranya imiryango 17 yabanaga binyuranije n’amategeko_Amafoto

$
0
0

Mu rwego rwo kwagura ivugabutumwa no gukomeza gusigasira ingingo z’itorero, kuri uyu wa 23 Ukuboza 2017, iteroro rya ADEPR Paruwasi ya Batsinda, yakiriye abizera bashya bagera ku 150 babatijwe mu mazi menshi, igikorwa cyakurikiwe n’umuhango wo gusezeranya imiryango 17 yari isanzwe ibana ariko idasezeranye mu itorero.

Uyu muhango wayobowe n’umushumba w’itorero ry’akarere ka ADEPR Gasabo Rev. Past. Ruyenzi Ernest, wasezeranije ku mugarago iyi miryango, agasaba buri wese kunyurwa n’uwo bashyingiranwe gusa ko aricyo kizatuma bubaka urugo rw’umugisha.

Umushumba w’itorero ry’akarere ka ADEPR Gasabo Rev. Past. Ruyenzi Ernest

Yaba imiryango yasezeranye ndetse n’abizera bashya babatijwe mu mazi menshi bose hamwe baturuka mu midugudu 5 igize paruwasi ya ADEPR Batsinda. Ni igikorwa cyari cyahagurukije n’iyonka muri ibi birori by’imboneka rimwe umuntu wese atabura kwishimira.

Uyu muhango wakorewe ku rusengero rwa ADEPR Batsinda, ahahuriye abakristo b’iri torero ndetse n’inshuti n’abavandimwe baje baherekeje iyi miryango. Ni igikorwa ubona gitanga ikizere gikomeye ku kwaguka kw’iri torero ndetse no ku hazaza heza h’umuryango nyarwanda.

Usibye kubatiza no gusezeranya, uyu muhango kandi wanakorewemo igikorwa cyo gusengera no kwakira abana bato mu itorero nk’imbaraga n’icyizere cy’ahazaza h’itorero n’igihugu muri rusange.

Umushumba wa Paruwasi ya ADEPR Batsinda, mu kiganiro n’ikinyamakuru isange.com, yavuga ko bishimira cyane umusaruro wavuye mu ivugabutumwa bakoze kugeza aho babashije kubatiza abagera ku 150 baturutse muri iyi paruwasi ndetse no gusezeranya imiryango 17 yabanaga mu buryo bunyuranije n’amategeko y’itorero.

Rev. Ruyenzi Ernest, umuyobozi w’itorero ry’akarere ka ADEPR Gasabo yagarutse kuri gahunda itorero rya ADEPR rifite yo kubaka umukristo uhamye kandi utanga ikizere cy’ejo hazaza haba ku itorero ndetse no ku gihugu, aboneraho umwanya wo gusaba abashyingiwe kunyurwa gusa n’abafasha babo kuko aribyo bizakomeza kubafasha kubaka ingo z’umugisha bikabarinda amakimbirane n’isenyuka ry’ingo rya hato na hato, bityo bakaba bubahirije inshingano nk’abakristo.

Mu gihe abanyarwanda bitegura kwizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, ubuyobozi bwa ADEPR mu karere ka Gasabo, by’umwihariko muri paruwasi ya Batsinda burifuriza abanyarwana muri rusange kuzagira iminsi mikuru myiza, birinda gusesagura no gusayisha mu byaha, ahubwo bagafatanya n’abandi gushimira Imana ikibatije ubugingo.


Rev.Mutabazi Prospere umushumba wa ADEPR Paruwasi ya Batsinda

 

 








Mu gitondo abasaga 150 baturutse mu midugudu itanu igize Paruwasi ya Batsinda babatijwe mu mazi menshi


Rev.Mutabazi Prospere umushumba wa ADEPR Paruwasi ya Batsinda yavuzeko biyemeje gufasha Leta gushyira mu ngiro gukemura amakimbirane mu muryango 




Rev.Ruyenzi Erneste umushumba wa ADEPR mu karere ka Gasabo niwe wasezeranije iyi mi ryango 17




Imiryango 17 yabanaga mu buryo butemewe n’amatekegeko yarahiriye imbere y’Imana ko izabana akaramata






Iyi miryango yasezeranijwe yarambitsweho ibiganza ,yambikana impeta inasinyira isezerano bahanye

Umuhanzi Silas Ibya Yesu ni kumurongo nawe yasususrukije imbaga y’abari bateraniye aha






Urusengero rwa ADEPR Paruwasi ya Batsinda rwari rwakubise rwuzuye abantu bambariye kwizihiza ibi biroli

 

Onesphore Dushimirimana

 

Umuramyi Mpundu Bruno yatumiye Alarm ministries, True Promises ndetse na Bosco Ncuti mu gitaramo yise “Yesu uri Uwera live concert”

$
0
0

Umuramyi Mpundu Bruno arifatanya na Alarm ministries, True Promises ndetse na Bosco Ncuti mu gitaramo yise “Yesu uri Uwera live concert”. Ni igitaramo giteganijwe kuri Noheli tariki ya 25/12/2017, kuri New Life Bible Church,  kwinjira akazaba ari ukwishyura ibihumbi 2000 ndetse na 5000, ugahabwa na CD oriho indirimbo yakoranye n’abahanzi bakomeye ba hano mu Rwanda.

Umuhanzi akaba n’umuramyi Mpundu Bruno ubarizwa muri Alarm ministries akomeje kwitegura igitaramo  kizarangwa no kuramya Imana aho yiteguye kwifatanya n’amatsinda akunzwe mu Rwanda.

Umuhanzi Bosco Nshuti arataramana n’umuramyi Mpundu Brino

Kanda hano wumve indirimbo shya y’Umuramyi Bosco Nshuti yise “Uri Umubyeyi”

Iki gitaramo giteganyijwe kuba kuri uyu wa mbere taliki ya 25/12/2017. Ni igitaramo kizarangwa n’umwuka wo kuramya no guhimbaza nkuko Bruno Mpundu abidutangariza ,yemeza ko intego nyamukuru y’uriya munsi atari ukuhaboneka kw’abantu benshi gusa, ahubwo yifuza ko ukuhaba kw’Imana ariko kubanziriza ibindi byose.

Alarm-Ministries nayo izaba ihabaye

Iki gitaramo cyatumiwemo Alarm ministries ndetse na True promises Bazaza biyongera ku baramyi bakunzwe barimo Bosco Nshuti hamwe n’itsinda rya Ben&Chance. Ni amahirwe umuntu wese ukunda kuramya no guhimbaza Imana adakwiye kwibuza, ku munsi isi yose yizihizaho ivuka ry’umucunguzi Yesu Kristo.

True Promises izitabira iki gitaramo.

Kwinjira muri iki gitaramo cyiswe “Yesu uri Uwera live concert” buri wese arasabwa kwishyura amafaranga agamije gushyigikira uyu muramyi Mpundu Bruno, kuzamura impano ye. Kwinjira akaba ari amafaranga 2000 ndetse na 5000 ugahabwa na CD iriho indirimbo yagiye akorana n’abaramyi batandukanye barimo Gaby ndetse na Israel Mbonyi.

“Yesu uri Uwera live concert” bikaba biteganijwe ko izabera kuri New Life Bible Church, Kicukiro, kuri noheli tariki ya 25 Ukuboza 2017 kuva I saa cyenda z’umugoroba.

 

Onesphore Dushimirimana

Urutonde rw’Abapapa(Popes,Papes) batunze abagore.

$
0
0

Papa Paul Julius Wa 3

Urutonde rw’Aba Papa batunze abagore.

Muri uyu mwandiko turifuza kubagezaho urutonde rwa bamwe ma ba Papa babanye n’abagore mbere yuko batorerwa uwo murimo, abakomeje kubana nabo  bakora uwo murimo n’abaguye  mu byaha by’ubusambanyi mu gihe bari Abapapa, hamwe  na bamwe mu bana’ bagiye babyara.

Mu gihe cy’ibinyejana byinshi, nta tegeko ryariho ryavugaga ko Abapadiri n’ababakuriye mu murimo w’Imana  bakomeza kuba ingaragu ntibarongore. Nta gushidikanya ko benshi mu ntumwa za Yesu zari zifite abagore n’abana,ibi bikaba binahamywa n’inzandiko zituruka ku ba Papa,  cyokora  cyera habayeho imiryango imwe n’imwe y’abihaye Imana yategekaga kuba ingaragu, abo ni nk’abitwa aba moines n’aba Ermites ,   Ahandi na none ni mu makonsili amwe n’amwe yasabaga ko umuntu wimikwa mu ri uwo murimo w’ubupadiri adashaka umugore

Nubwo mu ma konsile amwe n’amwe yasabaga kuba umuntu ari ingaragu, ngo abe umupadiri, mu turere tumwe na tumwe, Muri Konsile y’i Latran ahagana mu mwaka wa 1139,nibwo kiliziya gatorika yemeje ko nta we uzongera kwimikirwa ubupadiri, atarasezeranye kuguma kuba ingaragu. Impamvu z’icyo cyemezo ntizisobanutse neza, kuko ubusanzwe abanyadini bashyigikiraga gukora umurimo w’Imana warashatse kuruta kuba ingaragu, bifatwa nk’imibereho idafite ireme, umuntu atakwizera mo kutagwa, no kurindirwamo  ibishuko. Imwe mu mpamvu ivugwa yaba yaratumye hajyaho iri tegeko yaba ari uko habaga ibibazo bituruka ku inshingano umupadiri ufite umugore n’abana yari afite zo kubaraga umutungo we, ari wo w a kiliziya..

Uko biri kose iri tegeko bigaragara ko ridaturuka mu mahame y’Ibyanditswe Byera ahubwo ari politiki  ya Kiliziya, kuko ari ibishingiye mu  byanditswe, n’abadiyakoni ntibajya barongora kimwe n’abayobozi bo mu ma kiliziya yo mu burasirazuba bw’isi.

Mu isezerano rishya hatwereka ko Petero wabaye umwepiskopi wa mbere w’I Roma

Yari afite umugore haba mbere y’uko aba umwepiskopi w’i Roma, haba nyuma yaho.

Abapapa babanaga n’abagore mbere yo kwimikwa.

Petero, intumwa Ya Yesu, ariwe Umwepiskopi wa mbere wa Roma(, yari afite umugore nkuko bigaragazwa n’iyi mirongo(Mat 8:14,15;Lk 4:38; Mark1: 29-31;

Papa Kelema(1265-1268)-Papa  Hormisdas(514-523)wari ufite umugore nyuma akaba umupfakazi, niwe Se wa Papa Silveri-Papa Yohani 17 (1003), yabyaye abahungu 3, bose baba abapadiri

Abatunze abagore batasezeranye

Papa Piyo wa  2(1484-1492), yabyaye abana 2 batemewe n’amategeko-Papa Inosenti wa 7, yabyaranye, n’umucakarakazi ukomoka muri Nubiya.

Abatunze abagore cyangwa bakabyara nyuma yo kwimikwa

Papa Jules wa 2(1503-1513) yabyaye abakobwa 3

Papa Paulo wa 4(1534-1549), yabyaye abahungu batatu n’umukobwa 1, Silvia Rufini,

Abapapa bashinjwa ubusambanyi butandukanye.

Papa Yohani 12, avugwaho kuba yaragiranye imibonano mpuzabitsina n’abo bahuje isano rya hafi(incest), ngo yapfuye ari mu gikorwa cy’ubusambanyi.

Yohani wa10, yagiranye ubusambanyi n’Umutegetsikazi, wo mu muryango w’i bwami

Papa Alegizandre wa 6-Papa Sixte wa 4  uyu ngo yaryamanaga n’abagabo,  ; Papa Benuwa wa 9 na Papa Victor wabaye mu busambanyi cyane, uyu ngo yiswe ibyago bya Kiliziya nkuko bivugwa n’ikinyamakuru Catholic Encyclopedia.Uyu ngo yageze aho bimuyobera,, iby’ubuPapa abivamo, ararongora.

Aba bose bavugwaho kuba barakoze ibintu by’uburaya, n’ubusambanyi bwo mu rwego rwo hejuru

MITALI Adolphe.

icyatumye hakurwaho igihano cy’urupfu, cyakabaye (no kurushaho…) impamvu yo kubuza gukuramo inda ku mpamvu hafi ya zose…

$
0
0

Icyatumye hakurwaho igihano cy’urupfu k’umuntu wishe undi cyakabaye no kurushaho impamvu yo kubuza gukuramo inda., bitewe nuko uwo mwana aba ari inzirakarengane, kurusha uwakatiwe igihano cyo kwicwa.

Ntekereza ko mu mpamvu zatumye hakurwaho igihano cy’urupfu ku bantu bakoze ibyaha bifatwa nk’iby’indengakamere, harimo impamvu yo kwanga  kugwa mu gikorwa kimwe nk’icyo uwo uhanwa aba yakoze, aricyo  cyaha cyo kwica; bitewe no guha agaciro ubuzima.Indi mpamvu ntekereza n’iyo batanga ivuga ko ikiba kigamijwe ari ugukosora uwakoze icyaha, mu mwanya wo guhana, bityo rero gutanga igihano cy’urupfu bikaba bitagusha ku ntego yo gukosora nyiri ukugikora. Ntekereza ariko ko iriya mpamvu yo kubaha ubuzima ariyo  iri hejuru.

Niba umuntu wakoze icyaha cyo kunyaga mugenzi we ubuzima, adahanirwa ibyo ngo nawe abuvutswe bitewe n’agaciro Leta iha ubwo buzima, nta mpamvu yari ikwiye kwemerwa yatuma umuntu yemererwa gukuramo inda, akica inzirakarengane, uretse impamvu imwe yo kuba iyo nda yakururira uwo mubyeyi urupfu., umuti umwe rukumbi ukaba uwo gukuramo iyo nda.

Ubusanzwe niba ubuzima ari ikintu cyubahirijwe, kuba harakuweho igihano cyo gupfa, ubusanzwe kiba kitanareba abantu benshi, ugereranyije n’umubare w’abantu baba bakatiwe, (keretse nko muri  ibi byabaye mu Rwanda, byatumye haba umubare munini w’abantu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi) abantu baba bakatiwe igihano cyo kwicwa ntaho baba bahuriye n’umubare w’abantu baba biteguye gukuramo inda.

Niba abantu bemeranya ko mu gihe runaka intanga y’umugabo yamaze guhura n’iy’umugore, urusoro ruba rwamaze kuba umuntu, reka twe kubica hirya tuvuge ko gukuramo inda ari ubwicanyi nk’ubundi, ahubwo ukurikije umubare w’abakuramo inda, wabifata nk’itsembatsemba, noneho iyo hari amategeko ashyigikye ibyo bikorwa, uwavuga ko ari itsembatsemba rishyigikiwe n’amategeko, ntiyaba abeshye., keretse  nkuko nabivuze, mu gihe ubuzima bw’umugore buba buri mu kaga.

Ni ibintu bigaragara ko izindi mpamvu zose zitangwa , nubwo zishobora kugira ishingiro, ariko ntanuwakwizera ko nk’uvuga ko yafashwe ku ngufu, yaba avugisha ukuri. Ni izihe nkomyi (garde fous) zashyizweho, zatuma hatabaho inzitwazo , hagakumirwa kuba hari abajya bagambana n’abaganga bakemeza ko ubuzima bw’umubyeyi bumerewe nabi, cyangwa hakaba ababeshya ko bafashwe ku ngufu?

Ese ubu twavuga ko hatigeze habaho abantu bavutse muri ubu buryo(Ari ubwo kuvuka ku bafitanye isano, cyangwa habaye  gufatwa ku ngufu) , ariko bakaza kuvamo abantu bafitiye akamaro umuryango w’abantu?

Mugire icyo mubivugaho

MITALI Adolphe.


Mpundu Bruno yakoze igitaramo cya mbere cy’amateka asabwa na se umubyara gukora ubukwe vuba byihuse-AMAFOTO

$
0
0
umuhanzi Mpundu Bruno yatunguye benshi ubwo yandikaga amateka mu gitaramo cye cya mbere, cyaba kuri uyu wa mbere tariki 25 Ukuboza 2017,  ku munsi mukuru wa Noheli.  Ni igitaramo cye cya mbere mu mateka ye kuva yatangira kuririmba ku giti cye. Iki gitaramo kikaba cyatunguye benshi haba ku ruhande rw’abakitabiriye ndetse na nyir’ukugitegura ubwe.

Iki gitaramo cyabereye ahamenyerewe nka New Life Bible church ku Kicukiro, ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kikaba cyari gitangiye. Muri iki gitaramo Mpundu Bruno yamurikiyemo album ye ya mbere yise ‘Yesu uri Uwera’, cyari cyagitumiyemo umuhanzi w’icyamamare mu karere Munishi Faustin, gusa ntiyabashije kuboneka kuko yagize gahunda z’indi abateguye iki gitaramo batangaje ko zamutunguye.

Uyu muhanzi Past. Munishi Faustin ukomoka mu gihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya, ariko kuri ubu akaba abarizwa muri Kenya, yari aherutse kugaragara mu Rwanda mu gitaramo cyitabiriwe n’abantu hafi ya ntabo, cyabereye kuri Dove Hotel ku Gisozi.

Kwinjira muri iki gitaramo kwari ukwishyura ibihumbi 5000 mu myanya y’icyubahiro ndetse n’ibihumbi 2000 ahasigaye, ubundi ugahabwa CD yariho indirimbo z’uyu muhanzi, zirimo n’izo yagiye akorana n’abahanzi bamaze kubaka izina hano mu Rwanda, barimo Israel Mbonyi ndetse na Gaby.

Mpundu Bruno

Mpundu Bruno mu gitaramo cye cya mbere

Mpundu

Igitaramo kitabiriwe mu gihe kwinjira byari ukwishyura

Nubwo Past. Munishi  atabashije kuboneka muri iki gitaramo ntibyabujije abakunzi b’umuziki uririmbirwa Imana kwitabira ku bwinshi mu gitaramo cyaranzwe no kwizihirwa n’ibihangano by’umuhanzi Mpundu Bruni ndetse n’abandi baririmbyi yari kumwe nabo baromo Alarm Ministries abareye umuririmbyi kugeza ubu, True Promises Ministries, Bosco Nshuti na Ben&Chance.

Ubwitabire muri iki gitaramo bwari hejuru cyane ko urusengero rwa New Life Bible Church ku Kicukiro rwari hafi kuzura mu gihe Mpundu Bruno ari cyo gitaramo cya mbere yari akoze mu mateka ye ukongeraho ko no kwinjira byasabaga kwikora ku mufuka ukishyura.

Kamwe mu dushya twabereye muri iki gitaramo,ni uko Mpundu Bruno yahakuye inka enye z’inkwano n’indi nkunga iremereye izamufasha mu bukwe bwe. Papa wa Mpundu, umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo yakozwe ku mutima n’uburyo cyagenze, ashimira Imana imushoboje kuba mu gitaramo cy’umuhungu we, na cyane ko yigeze kurwara cancer akaremba, akaza kubagwa ubu hakaba hashize imyaka itanu ameze neza. Papa wa Mpundu yahise asaba umuhungu we Mpundu gutegura ubukwe, akazabutaha agihumeka umwuka w’abazima akongera kunezerwa nkuko yanezerewe cyane mu gitaramo cye.

Mpundu

Mpundu Bruno hamwe n’ababyeyi be

Papa wa Mpundu yagize ati:“….Nishimiye cyane igitaramo cya Mpundu, yibwirize igisigaye, nabyo bizabe vuba, mbone ibirori,..” Nyuma y’iryo jambo ry’umubyeyi wa Mpundu Bruno wari usabye umuhungu we gutera ubukwe mu gihe cya vuba, hahise hahaguruka umuntu umwe mu bari muri iki gitaramo nuko agabira inka Mpundu Bruno, nyuma ye hahaguruka abandi batatu nabo bamugabira inka. Inka zoze uyu muhanzi Mpundu yagabiwe muri iki gitaramo ziragera kuri enye.

Muri aba bantu bamuhaye inka harimo na Bishop Dr Fidele Masengo umuyobozi mukuru wa Fousquare Gospel church, nawe wagaragaje ko yaterwa ishema no kuba Mpundu Bruno yakora ubukwe mu gihe cya vuba nkuko byari bisabwe na Papa wa Mpundu wabwiye abari muri iki gitaramo ko yakwishima cyane atashye ubukwe bw’umuhungu we. Ntabwo ari inka gusa zatanzwe ahubwo muri iki gitaramo habonetse n’abandi bemeye kwitangira Mpundu Bruno bamuha imokoda zizatwara abageni mu gihe cy’ubukwe bwe.

 

REBA AMAFOTO Y’UKO BYARI BIMEZE MU GITARAMO CYA MPUNDU

Bosco Nshuti

Bosco Nshuti mu gitaramo cya Mpundu Bruno

Mpundu Bruno

Abantu bari bahari ku bwinshi ndetse bahagiriye ibihe byiza

Alarm Ministries

Alarm Ministries nawe urabazi mu gusirimba

Mpundo

Mpundu Bruno yacuranze umuziki w’umwimerere

Mpundu

Mpundu Bruno avuga ko Imana yamutangaje

Mpundu BrunoMpundu BrunoMpundu BrunoMpundu Bruno

Bakozweho cyane,…..Mpundu Bruno ati “Yesu ni salama’

Mpundu BrunoMpundu BrunoMpundu BrunoMpundu BrunoMpundu BrunoMpundu Bruno

Rev Dr Mugisha Charles yitabiriye igitaramo cya Mpundu Bruno

AMAFOTO:Byishimo Espoir

Abahanzi Israel Mbonyi, Aline Gahongayire na Alarm Ministries bahagurukijwe no kwifatanya na benshi mu gikorwa cyo kubwira Imana ko banyuzwe

$
0
0

Mu rwego rwo gufasha abanyarwanda gusoza umwaka bashima Imana, minisiteri y’ivugabutumwa izwi nka Key for Sustainable Peace Ministries (KSPM), ugenekereje mu Kinyarwanda ni Minisiteri Urufunguzo rw’amahoro yateguye igiterane cyo gushima Imana banayisaba ko uburinzi bwayo bwakomeza kuba kubantu bayo no mu mwaka mushya wa 2018.

Iki giterane cyatumiwemo abahanzi bakomeye barangajwe imbere n’umuhanzi Israel Mbonyi, gifite insanganyamatsiko igira iti, “Tunyuzwe n’ibyo Imana yakoreye abanyarwanda ,itorero ryayo ndetse n’igihugu cy’u Rwanda

Kanda hano wumve indirimbo Israel Mbonyi yise “Intashyo”


Israel Mbonyi arahamagarira abakunzi be kuza gufatikanya nawe gushima Imana kuri uyu wagatanu

Abahanzi batandukanye kandi bakunzwe n’amatsinda aramya akanahimbaza Imana azataramira abazitabira iki giterane cyo gushima Imana barimo Israel Mbonyi ,Aline Gahongayire,Umukirigitananga Deo Munyakazi ,Umuramyi Bikorimana Emmanuel (Bikem ) hamwe n’amatsinda arimo Alarm Minisitries ,Glory of God Worship Team hamwe n’amakorali atandukanye n’abakozi b’Imana babwiriza ijambo ry’Imana ribohora imitima y’abaryumva .

Iki giterane giteganijwe kuri uyu wa gatanu w’iki cyumweru taliki ya 29 Ukuboza 2017 kikazabera kuri Petit Stade i Remera kuva ku masaha ya saa tatu za mugitondo kugera saa cyenda z’umugoroba .


Bishop Mukansigaye Maggie umuyobozi w’Urufunguzo rw’amahoro Ministries (KSPM: Key for Sustainable Peace Ministries )

Bishop Mukansigaye Maggie umuyobozi w’Urufunguzo rw’amahoro Ministries (KSPM: Key for Sustainable Peace Ministries ) mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru isange.com yavuzeko Key for Sustainable Peace Ministries ikora ivugabutumwa ryibanda cyane ku nkingi zirimo Urufunguzo rw’amahoro arambye mu biganza by’abagore b’abakristo,Gutegura urubyiruko nk’irerero ryiza ngo rukure rukundwa n’Imana n’abantu kandi bagategurwamo kuzavamo abayobozi beza b’itorero n’igihugu bubaha Imana hakaba n’inkingi ya gatatu y’imbaraga zo gushyira hamwe kw’abakozi b’Imana nk’inzira yo guca amakimbirane yo mu mitima .

Yagize ati, “Buri nkingi imwe muri izi igira ibikorwa byayo bigenda biganisha ku ntego n’umumaro wayo ku gihugu n’itorero ry’Imana muri rusange ati:”Iki giterane duteguye kijyanye n’inkingi ya gatatu ivuga ku mbaraga zo gushyira hamwe kw’abakozi b’Imana nk’inzira yo guca amakimbirane yo mu mitima kuko tuzaba dushima Imana aho iguhugu cyacu kigeze mu bumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda tunerekena ubumwe bw’abakozi b’Imana mw’itorero ryayo ari nayo mpamvu twagihaye intego rusange igira iti “Turanyuzwe “(1 Abami 10:6-10).

Bishop Mukansigaye Maggie yakomeje avugako abanyarwanda bakwiye gushima Imana kuko tunyuzwe n’amahoro n’umutekano Imana yahaye u Rwanda byose bishingiye k’ubuyobozi bwiza dufite ati:”Umuntu wese uzirikana aho u Rwanda rwavuye akarugereranya naho rugeze ubu akwiye kuza kwifatanya natwe muri iki giterane kuko azaba ari uburyo bwiza bwo kwereka Imana ko ikorera imirimo n’ibitangaza abantu batari indashima kandi tuzanasenga dusaba Imana ngo uko yabanye natwe mu myaka yatambutse abe ariko izanadufasha mu mwaka mushya w’i 2018.

Menya byinshi kuri iki giterane

Twibutseko Iki giterane kizaba ku wagatanu w’iki cyumweru taliki ya 29 Ukuboza 2017 kikazabera kuri Petit Stade i Remera kuva ku masaha ya saatatu za mugitondo kugera saacyenda z’umugoroba kikazitabirwa n’abaririmbyi bakunzwe barimo Israel Mbonyi ,Aline Gahongayire,Umukirigitananga Deo Munyakazi ,Umuramyi Bikorimana Emmanuel (Bikem ) n’amatsinda nka Alarm Minisitries ,Glory of God Worship Team hamwe n’amakorali atandukanye n’abakozi b’Imana babwiriza ijambo ry’Imana ribohora imitima y’ababumva kandi kwinjira bikaza ari ubuntu ku muntu wese.






Aba baririmbyi bose n\abandi batandukanye bazaririmba muri iki giterane ku wagatanu w’iki cyumweru

 

Dore bimwe mu byo abarwanya gukuramo inda bavuga.

$
0
0

Dore bimwe mubyo abarwanya gukuramo inda bavuga….

Ku bagore bavuga ko gukuramo inda ari uburenganzira n’amahitamo yabo, kandi  n’ umubiri akaba ari uwabo, dore uko abadashyigikiye gukuramo inda bababwira:

Iyo uvuga ngo gukuramo inda ni uburenganzira, amahitamo yawe, n’umubiri wawe, uba wibeshya.

kuko umubiri wawe udafite imitwe2, ibiganza 4, amaguru 4, n’imitima 2 itera.

Iyo bavuga ko gukuramo inda bireba gusa umugore na muganga

Hari uwo baba bibagiwe, uyu! Nawe biramureba, ndetse no kurusha!

MITALI Adolphe.,

Urukundo si ugushaka ko abandi bakumva wowe udashaka kubumva – Musenyeri Rukamba

$
0
0

Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.

JPEG - 203.9 kb
Musenyeri Philippe Rukamba

Yabitangaje ubwo yari ari mu gitambo cya Misa kuri Noheli cyabereye kuri Kiliziya ya Katedarali ya Butare.

Muri icyo gitambo cya Misa Musenyeri Rukamba yavuze ko umwaka Kiliziya gaturika yatangiye uzaba uwo kwakira ibiruhanya no kubabarirana.

Agira ati “Uyu mwaka ni uwo kwakira ibiturushya, kubabarira no kwakira abandi kabone n’ubwo twaba tutumva ibintu kimwe.”

Ni nyuma y’ubutumwa bushishikariza abakirisitu kurangwa n’urukundo, cyane cyane bahereye mu ngo zabo kugira ngo bubake imiryango mizima, itarangwamo amakimbirane.

Ati “Urukundo rurihangana. Urukundo si ugushaka ko abandi bakumva wowe udashaka kubumva. Kwikunda no guhangana ni byo bikurura amakimbirane. Kugira imbabazi no kwakira intege nkeya za mugenzi wawe ni byo bica amakimbirane.”

Akomeza agira ati “Ngukubise nawe ukankubita, nanjye nkongera nkagukubita nawe ukongera, bityo bityo byazarangirira hehe?”

Ubwo butumwa ngo ni ubwo Papa Francis yageneye abakristu muri iki gihe, asaba abantu kwihanganirana.

Bamwe mu bakirisitu bakurikiye iyo nyigisho bavuga ko na bo bitegereje uko ingo zisigaye zibanye, abantu bari bakwiye kwiminjiramo agafu, bakumva ibyo babwiwe na Musenyeri Rukamba; nkuko umwe muri bo witwa Bernadette Murekatete abivuga.

Agira ati “Aho ibintu bipfira ni uko abagore batacyihangana. Umugabo aravuga, umugore agashaka kumurusha ijambo.”

Inkuru ya Kigalitoday.com

Jean Pierre, Olivier na bagenzi babo bayobora amateraniro yo kuwa gatatu muri ADEPR Gakinjiro, ni abo gushimirwa.

$
0
0

Jean Pierre, Olivier na bagenzi babo bayobora amateraniro yo kuwa gatatu mu Gakinjiro ADEPR, ni abo gushimirwa.

Maze igihe kitari gito nitabira uko nshobojwe amateraniro abera  mu Rusengero rwa ADEPR mu Gakinjiro, icyo maze kubona nuko abagabo barimo Jean Pierre, Olivier, n’abandi nka babiri ntaramenya amazina, bayoborana Na Mwuka Wera,iteraniro ry’Imana, abantu bagahembuka mu buryo bw’umwuka,  itorero ry’Imana rikabasha gusubizwamo imbaraga, imigozi ikabohoka. Ni Kubw’iyo mpamvu rero nsanga bariya bakozi b’Imana ari abo gushimirwa ku bwo kwemerera Mwuka kuba umuyoboro wo gukora umurimo mu mukumbi we. Muradufasha rwose,Turabashima.

Ubusanzwe tuzi ko Ukwiriye gushimwa, Ukwiriye ikuzo n’icyubahiro, ari Uwiteka Imana ishobora byose wenyine. Niyo mpamvu mu bizera hajya habamo kwirinda gushimagiza umuntu, kuko mu by’ukuri yaba umunyabwenge, yaba umunyaburanga, yaba umuntu ufite ubushobozi bukomeye, icyo tuzi nuko muri byose, nta na kimwe aba yarihaye. Niyo mpamvu yo kudashimagiza umuntu cyanecyane ko dushobora kugwa mu mutego wa Satani, wa muntu agatangira kwihimbaza, natwe abashima aho kwishingikiriza ku Mana, tugatangira kugira abantu ibigirwamana.Niyo mpamvu ijambo ry’Imana ritubwira ngo nitumara gukora ibyo twasabwaga gukora tujye tuvuga ko turi abagaragu b’imburamumaro. Bidufasha kutikuza ngo twishyire hejuru Uwiteka yarirahiye ko icyubahiro cye atazagiha undi…

.Indi mpamvu ituma habaho kwigengesera mu gushima, nuko burya iby’umuntu yakora  byiza byose mu maso y’abantu , ntawashobora kumenya , imigambi ye yo mu mutima. Umuntu ashobora gufasha abakene ariko abaha gusa ibyasagutse iwe, kandi mu mutima we yishakira kugaragara.Umuntu ashobora kubwiriza cyangwa kuririmba neza, umukumbi w’Imana ugafashwa, ariko mu rugo iwe  muri Quartier , ku kazi aho akora., ari gica.ari umubisha Niyo mpamvu Nyiri ubwenge bwose, Nyiri ububasha bwose, nYIri ugutungana kose ni Uwiteka Imana yonyine. Uwo wenyine niwe ukwiye gushimwa, icyubahiro n’ikuzo. Bibe bityo .Abantu bati Iteka n’iteka.

Nubwo bimeze nk’uko ariko , ibi ntibishaka kuvuga ko tutashimira abatugiriye neza.abakoze umurimo neza, abo gushimwa baba bakwiriye gushimwa Abakwiriye ibyiza, babihabwe.Abatuyobora, bavunwa no kwikorera imitwaro yacu, abayobozi bacu bo mu mwuka nabo tubwirizwa kubaha ibibakwiye, kandi ibyo biba umugisha kuri twe. Niyo mpamvu abo baba bakwiye kubona ishimwe ryo mu buryo bwose riturutse ku mukumbi baragira. Uko ni ukuri kw’ijambo ry’Imana.

Ni muri urwo rwego, nshimira hano izo ngabo za Kristo, Jean Pierre, Olivier, na bagenzi babo bayobora iteraniro ryo kuwa gatatu mu Gakinjiro, kuba babera Mwuka Wera umuyoboro mwiza tuboneramo umugisha. Buriya mu Mwuka Baba bikoreye iteraniro, gufashwa kose babigiramo uruhare rukomeye, kandi hari intambara y’Umwuka barwana.Ndatekereza ko hari n’abandi bakristo benshi batekereza nkanjye, ndetse n’abayobzi bakuru bakaba babona akamaro ka bariya bagabo.

Bene Data rero ntakindi nashakaga kuvuga, gusa mumenye ko tubashimira kandi uwo mukorera arahemba ntiyambura. Cyokora nasaba ko n’abayobozi banyu uko bashobojwe  kimwe n’abakristo muri rusange, uko bashobojwe bajya babagaragariza ko batari indashima

Imana ikomeze ibagure.

MITALI Adolphe.

Imana ishobora guhindura amateka y’umuntu wiswe izina ribi

$
0
0

Nyina wa Yabesi yamwise iryo zina kubera “agahinda” kuko yavuze ati: ”Namubyaranye agahinda’’ birashoboka ko hari n’abamukinaga ku mubyimba kubera iri zina, bituma akurana igikomere mu mutima, bimutera kujya imbere y’Imana agira ibyo ayisabira 1 Ngoma 4:10. Ku Mana byose birashoboka, ishobora guhindura amateka y’umuntu wiswe izina ribi, akamwita irindi zina kandi akabera amahanga yose umugisha. 
Hari ubwo ugira ikigeragezo, abantu bose bakabimenya cyangwa imibereho yawe ikaba izwi n’abantu bose, (…)

Nyina wa Yabesi yamwise iryo zina kubera “agahinda” kuko yavuze ati: ”Namubyaranye agahinda’’ birashoboka ko hari n’abamukinaga ku mubyimba kubera iri zina, bituma akurana igikomere mu mutima, bimutera kujya imbere y’Imana agira ibyo ayisabira 1 Ngoma 4:10. Ku Mana byose birashoboka, ishobora guhindura amateka y’umuntu wiswe izina ribi, akamwita irindi zina kandi akabera amahanga yose umugisha.

Hari ubwo ugira ikigeragezo, abantu bose bakabimenya cyangwa imibereho yawe ikaba izwi n’abantu bose, nawe ukumva nta kizagukura muri ako gahinda k’ibyakubayeho, ariko iyo wubaha Imana birashoboka ko yagushumbusha imyaka yariwe n’inzige Yoweli 2: 25.

Birashoboka ko hari abantu bafite ibikomere by’ibyababayeho, rimwe na rimwe baba bataranagizemo uruhare, bigatuma nabo bitwaba Yabesi (Gahinda), ariko muri Yesaya 61:7 haravuga ngo “Mu cyimbo cyo gukorwa n’isoni kwanyu, muzagererwa kabiri; mu cyimbo cyo kumwara kwabo, bazishimira umugabane wabo.”

Yabesi amaze kumenya ko hari Imana ishobora guhindura amateka y’umuntu bikaba bishya, ajya kuyishaka yumva ko ibishoboye (kuko hari n’abayisenga bumva ibyababayeho bidashoboka ko bibavaho).

Agahinda yari afite yumvaga nta muntu uwo ari we wese washoboraga kukamumara. Ikibazo ni uko abantu benshi ibibazo byabo babibwira abandi bantu kandi na bo nta cyo babikoraho kuko na bo bafite ibyabo. Nta cyo umuntu yakumarira kuko na we hari igihe aba afite ibikomeye kuruta ibyawe.

Yabesi ageze ku Mana ayisaba ibintu bine: 1. Ayisaba umugisha 2. Ayisaba kumwagurira imbago 3. Ayisaba kumurinda ibyago 4. Ayisaba ko ukuboko kwayo kubana na we. 
Bibiliya ivuga ko Imana yamuhaye ibyo yayisabye byose.

Ntibivuga ngo kuba uri umuntu w’Imana utazahura n’ibibazo, ahubwo menya ko kubakunda Imana, byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza (Abaroma 8:28).

Ibyo byakubayeho Imana izabihindura ubuhamya bukomeye. Nawe Imana izafata ibyo wanyuzemo bibi ivange n’ibya none byiza, bibyare inzagihe nziza yuzuye amashimwe. Yabesi yabayeho yaratereranwe. Wenda hari n’abandi babayeho batyo.

Humura, inzagihe yawe ni nziza, numenya ko Imana ihindura amateka y’umuntu ukabyizera. Abaheburayo 11:1 “Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa, udashidikanya ko bitazaba.”

Burya Dawidi yari umunyamugisha, Sawuli ari umutunzi ariko atagira umugisha w’Imana! Tandukanya umugisha n’ubutunzi, bizagufasha kutifuza ibivuye mu butunzi bubi kandi unyurwe n’uko Imana yakugize.

Nshuti mwene data sinzi ibyo wanyuzemo cyangwa ubuzima wabayemo bikaba byaratumye nawe witwa Gahinda, ariko uyu munsi birashoboka ko wahindurirwa izina n’Imana ukitwa Mugisha, Mahirwe n’ayandi, mbere ya byose izirikane iri jambo rivuga ngo: ”Kubaha uwiteka ni bwo bwenge kandi kuva mu byaha ni ko kujijuka” Yobu 28:28’’

Pasiteri Habyarimana Desire

Igiterane “Turanyuzwe 2017 “cyagombaga kubera kuri Petit Stade i Remera mu mpera z’iki cyumweru kimuriwe amataliki

$
0
0

Minisiteri y’ivugabutumwa yitwa “Urufunguzo rw’amahoro “(KSPM:Key for Sustainable Peace Ministries ) yari yateguye igiterane gikomeye cyo gushima Imana banayisaba ko uburinzi bwayo bwakomeza kuba kubantu bayo no mu mwaka mushya wa 2018 ,iki giterane cyagombaga kuba kuwa gatanu w’iki cyumweru taliki ya 29 Ukuboza 2017 none ntikikibaye kw’iyi taliki ahubwo kimuriwe kuwa 24 Gashyantare 2018.

Ihinduka ry’italiki z’iki gitrane ngo ryatwe nuko muri Stade Amahoro mui iyi minsi hari kubera Expo y’abanya Egypte kandi bikazagera kuwagatanu umunsi iki giterane cyagombaga kubera itarasozwa kandi urusaku n’ukwisanzura kw’abagana Expo bitabona uko bihurizwa hamwe n’ki giterane .


Iki giterane italiki cyagombaga kuberaho yimuwe

Israel Mbonyi ,Aline Gahongayire,Umukirigitananga Deo Munyakazi ,Umuramyi Bikorimana Emmanuel (Bikem ) hamwe n’amatsinda arimo Alarm Minisitries ,Glory of God Worship Team hamwe n’amakorali atandukanye n’abakozi b’Imana babwiriza ijambo ry’Imana ribohora imitima y’ababumva ni bamwe mu bari kwitabira iki giterane ariko nabo bakaba bamaze kwakira izi mpinduka .

Bishop Mukansigaye Maggie umuyobozi w’Urufunguzo rw’amahoro Ministries (KSPM: Key for Sustainable Peace Ministries ) mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru IISANGE.COM yavuzeko impindka ziki giterane zatewe n’ibikorwa bindi biri kubera muri Stade maze asaba abantu kuzakira kuko ntakundi byagenda ati” Ahari kubera iki giterane kugeza ubu hari kuberamo Expo y’Abanya Egypte kuburyo urusaku rw’ibyuma bacuranga bigera cyane muri Petit Stade kuburyo bitoroshye ko hari ikindi gikorwa gifite urusaku cyabangikanwa nayo bityo twaganiriye n’ubuyobozi bw’iyi Expo ndetse n’abashinzwe kugenzura imikoresherezwe ya Stade duhitamo gusubika iki giterane tugishyira ku wagatandatu taliki ya 24 Gashyantare 2018 .


Bishop Mukansigaye Maggie umuyobozi w’Urufunguzo rw’amahoro Ministries (KSPM: Key for Sustainable Peace Ministries ) arasaba abantu kwakira izi mpinduka 

Uyu muyobozi yakomje avugako intego z’iki giterane zitazahinduka ko ahubwo haziyongeraho n’indi yuko muricyo hazaberamo igikorwa cyo kwakira urubyiruko rw’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye(Secondaire ) mu mwaka w’amashuri wa 2017.

Urufunguzo rw’amahoro Ministries((KSPM: Key for Sustainable Peace Ministries ) ikora ivugabutumwa yibanda cyane ku nkingi zirimo Urufunguzo rw’amahoro arambye mu biganza by’abagore b’abakristo,Gutegura urubyiruko nk’irerero ryiza ngo rukure rukundwa n’Imana n’abantu kandi bagategurwamo kuzavamo abayobozi beza b’itorero n’igihugu bubaha Imana hakaba n’inkingi ya gatatu y’imbaraga zo gushyira hamwe kw’abakozi b’Imana nk’inzira yo guca amakimbirane yo mu mitima .

Bishop Mukansigaye Maggie yakomeje avugako abanyarwanda bakwiye gushima Imana kuko tunyuzwe n’amahoro n’umutekano Imana yahaye u Rwanda byose bishingiye k’ubuyobozi bwiza dufite ati:”Umuntu wese uzirikana aho u Rwanda rwavuye akarugereranya naho rugeze ubu akwiye kuzaza kwifatanya natwe muri iki giterane igihe kizabera kuko azaba ari uburyo bwiza bwo kwereka Imana ko ikorera imirimo n’ibitangaza abantu batari indashima kandi tuzanasenga dusaba Imana ngo uko yabanye natwe mu myaka yatambutse abe ariko izanadufasha mu mwaka mushya w’i 2018 doreko kizaba mu mezi abiri ya mbere umwaka utaragira aho ujya.


Zion Temple:Umuriro ugiye kwaka, Bishop Vuningoma Dieudonne avuga ko Gitwaza nta burenganzira afite bwo kumwirukana

$
0
0
Bishop Vuningoma Dieudonne wahoze ari icyegera cya Apotre Gitwaza akaza kwirukanwa muri Zion Temple, yahishuye ko agiye gusubira muri iri torero akaguma ku ntebe y’icyubahiro ye nk’umwe mu bantu batangije Authentic World Ministries/Zion Temple.

Nyuma y’intambara n’amakimbirane byamaze igihe muri Zion Temple ndetse bikanavugwa ko Apotre Gitwaza yari agiye guhirikwa ku butegetsi na bamwe mu bari ibyegera bye, tariki 7 Gicurasi 2017 ni bwo Apotre Gitwaza yafashe umwanzuro wo kwirukana burundu bamwe mu bari ibyegera bye atangaza ko nta torero na rimwe rya Zion Temple ku isi bemerewe kubwirizamo. Yunzemo ko bazajya bagera muri Zion Temple nk’abashyitsi.

Nyuma y’iminsi micye birukanywe, humvikanye amakuru ko abirukanywe na Gitwaza basigaye basengera ku Kicukiro kuri Amani Guest House aho bari mu itorero bivugwa ko ari ishami rya World Revival Centre ryatangijwe na Bishop Dr Bienvenue Kukimunu (Paul Daniel) wahoze ayobora Zion Temple mu Bubiligi akaza kuyivamo akajyana n’igice kinini cy’abakristo ba Zion Temple.

Kanda hano wumve Zion Temple:Umuriro ugiye kwaka, Bishop Dieudonne avuga ko Gitwaza nta burenganzira afite bwo kumwirukana

Aba Bishops birukanywe muri Zion Temple ni Bishop Dieudonne Vuningoma, Bishop Bienvenue Kukimunu, Bishop Claude Okitembo Djessa, Pasiteri Kamanzi Patrick na Bishop Richard Muya. Apotre Paul Gitwaza yabwiye abakristo be ko impamvu yirukanye bamwe mu ba Bishops bari ibyegera bye ari uko bitwaye nabi bakanga umurimo. Yakomeje avuga ko bari batangiye gushaka uko bakuraho Zion Temple burundu. Ubwo yabirukanaga.

Apotre Gitwaza yagize ati: “Mpagaze aha kugira ngo mbabwire ko nyuma y’ibi byose Bishop Bienvenue Kukimunu, kuva uyu munsi ntazongera kuvuga ubutumwa muri Zion Temple zose kuko yarahemutse,  Pastor Claude Okitembo Djessa wamushyigikiye na we ni uko ntazongera kuvuga ubutumwa muri Zion Temple zose, Bishop Dieudonne Vuningoma na Bishop Richard Muya nabo nuko ntibazongera kuvuga ubutumwa muri za Zion Temple aho ziri hose, Patrick Kamanzi ntazongera kuba pasiteri muri Zion Temple“.

Related image

Apotre Gitwaza avuga ko atashobokana n’abantu bashaka kureshya nkawe

Bishop Dieudonne yahishuye ko agiye gusubira muri Zion Temple akubahwa nk’umuntu watangije iri torero

Tariki 12/11/2017 ubwo yari yatumiwe mu muhango wo kwimika Apotre John Poda Bihashya, Bishop Dieudonne Vuningoma yabwiye abanyamakuru ko ari umwe mu bayobozi b’Ihuriro nyarwanda ry’Amatorero n’Amadini (Rwanda Religious Leaders forum). Abajijwe itorero asigaye abarizwamo nyuma yo kwirukanwa muri Zion Temple, yanze kuritangaza ahubwo ashimangira ko nta muntu wigeze amwirukana muri Zion Temple mu buryo bwemewe n’amategeko na cyane ko ngo nta muntu ufite uburenganzira bwo kwirukana umuntu uba waratangije umuryango (Founder).

Yagize ati: “Nitwa Bishop Vuningoma Dieudonne ndi umwe mu bayobozi b’Ihuriro nyarwanda ry’Amatorero n’Amadini (Rwanda Religious Leadres forum). Ndi umwe mu bashyizeho umuryango Authentic word Ministries Zion Temple mu Rwanda no mu mahanga. Kubera ko twahuye n’utubazo, kandi tuba hose, twabanje nk’aba Bishop kwishyira hamwe, twagiye gusenga ariko igihe cyo gusenga cyarangiye, ngiye gusubira mu murimo“.

Bishop Vuningoma yavuze ko hari gutegurwa ikiganiro n’abanyamakuru kizavugirwamo ukuri kw’ikibazo Gitwaza afitanye n’abo yirukanye

Bishop Vuningoma avuga ko ari umwe mu batangije Zion Temple bityo ngo kuba yarirukanywe muri iri torero, ni ibintu avuga ko bitizweho neza kuko nta muntu ushobora kwirukana uwatangije umuryango. Ikindi ashingiraho ni uko ngo nta baruwa imwirukana yahawe yemewe n’amategeko. Yunzemo ko bari gutegura ikiganiro n’abanyamakuru kizavugirwamo ibyo aba birukwanywe bafata nk’ukuri.Yasoje avuga ko kuba bari bacecetse atari uko badafite ibyo kuvuga ahubwo ngo bari bategereje igihe cy’Imana na cyane ko bamaze igihe basengera mu Mwuka umwe nk’aba Bishop birukanywe ariko ngo magingo aya igihe cyo gusenga cyarangiye, bagiye gusubira mu murimo muri Zion Temple.

Yagize ati:”Zion ariko ni twe twayitangiye, ndumva tunayisubiyemo nta cyaha cyaba kirimo cyane ko nta rwandiko dufite rutwirukana muri Zion Temple mu buryo bw’amategeko kandi ntabwo wakwirukana founder burya amateka ntabwo uyahindura, umuntu watangiye umuryango ntabwo umwirukana, umwirukana se gute, ntabwo bisobanuka mu mategeko. Tuzabahamagara (abanyamakuru) tuzakora press conference mu gihe kiri imbere tubivuge rwose kuko twaracecetse ariko guceceka kwacu ntabwo ari ukuvuga ko ntacyo tuzi, ko ntacyo tubona, ko ntacyo twavuga, igihe kiri hafi tuzabivuga.”

Apotre Gitwaza

Bishop Dieudonne Vuningoma wahoze wungirije Apotre Gitwaza

Bishop Dieudonne yatangaje igikurura amakimbirane mu matorero

Abajijwe kuri we impamvu mu matorero anyuranye usanga harimo amakimbirane, Bishop Dieudonne yatangaje ko biterwa no kutumvira Umwuka Wera, ugasanga abantu barashaka kuyoborwa n’ibitekerezo byabo aho kuyoborwa n’Umwuka Wera. Bishop Dieudonne wahoze muri Zion Temple aho yari umwe mu bari bungirije Apotre Gitwaza ariko nyuma akaza kwirukanwa.

Yagize ati:”Amakimbirane ntabwo avutse uyu munsi abaho igihe cyose, mu rugo ari umugabo n’umugore ntihabura ibibazo, mu ishuri ntihabura ibibazo, mu kazi ntihabura ibibazo, ibibazo bibaho, ariko ntekereza ko ibibazo kenshi na kenshi bibaho mu myumvire itari myiza cyane cyane mu matorero, amakimbirane ava mu kutumvira Umwuka Wera,…burya nta muntu wihamagaye mu murimo w’Imana, iyo wihamagaye ntaho ugera, ariko iyo ari Imana yaguhamagaye ukomeza kuyoborwa n’Imana. Iyo utayobowe n’Imana rero ugashaka kuyoborwa n’ibitekerezo byawe cyangwa n’impuguro uvanye ahandi icyo gihe amakimbirane ntabwo abura ariko gusa n’igihe cya Kristo amakimbirane yabayeho, mu Ibyakozwe n’Intumwa tubona ko amakimbirane yabayeho, icy’ingenzi ni ugushaka uburyo mwakemura amakimbirane.”

Image result for Bishop Dieudonne amakuru igihe

Bishop Vuningoma arasaba abakristo kuyoborwa n’Umwuka Wera

Apotre Gitwaza ashavuzwa no kuba abo bahuriye mu murimo w’Imana ari bo bakwirakwije ibihuha ko akorana na satani

Apotre Gitwaza avuga ko bamwe mu bo bakoranye umurimo w’Imana ndetse banafatanyaga kuyobora Zion Temple bari bihishe inyuma y’ibyamuvuzweho ko ajya ikuzimu ndetse ko arara mu isanduku. Yagize ati: “Muri icyo gihe ndiyo (muri Amerika), hazamo inkuru nyinshi z’ibihuha rero si n’ibihuha birandikwa mu binyamakuru, ibyo mwasomye byinshi ntasubiramo, mu byo mwasomye bimwe harimo ibyavugaga ko mba mu isanduka, njya ikuzimu, ntari umuntu mwiza, ngambanira Leta, …icyaje kumbabaza ni uko nasanze hari bene data bari babirimo. Icyo gihe nabonye ko ninkomeza gutinda muri Amerika, abantu bazafata igihuha nk’ukuri, mbwira madamu nti ndatashye”

Zion Temple:Umuriro ugiye kwaka, Bishop Dieudonne avuga ko Gitwaza nta burenganzira afite bwo kumwirukana

Itorero Calvary Temple Worship Center ryateguye ijoro rya bonane ry’imbaraga n’ubuhanuzi rizabanzirizwa nicyo bise ” The cross over week”

$
0
0

Itorero Calvary Temple Worship Center mu Rwanda riyobowe na Pastor Patrick Joshua Twagirayesu na Pastor Sanyu Gertrude, riherereye I Remera hepfo ya Control Techique ryateguye the cross over week hamwe n’ijoro rya bonane ry’imbaraga n’ubuhanuzi.

Iki giterane cyahawe intego igira iti, “Dore ndarema ibintu bishya niko uwiteka avuga” ikaba igaragara muri Yesaya 43:19, ahagira hati,” Dore ngiye gukora ikintu gishya, ubu ko kigiye kwaduka ntimuzakimenya? Nzaharura inzira mu butayu, ntembeshe imigezi mu kidaturwa.” cyatangiye kuwa 27-31 ukuboza 2017 kuri Calvary Temple Worship Center I Remera.

Ni igiterane cyatangiye kuri uyu wa gatatu tariki ya 27 kuzageza kuya 31 Ukuboza 2017, mu ijoro rya bonane, aho iki gitera kizinjiza abantu mu mwaka mushya kuko kizasozwa bukeye cyatangiye ku isaha ya saa tatu z’ijoro.

Pastor Patrick Joshua Twagirayesu uyobora itorero Calvary Temple Worship Center

Mu kiganiro n’ubuyobozi bwa Calvary Temple Worship Center, batangarije ikinyamakuru isange.com ko iki gitaramo ari umwanya w’amashimwe. Umunezero no kwakira amasezerano mashya.

Iki giterane ni umwanya wo kwakira amasezerano mashya y’umwaka mushya wa 2018, kuko ku Mana yacu ibihe bishya Bizana imigisha mishya, muze rero twibere imbere yayo kuko niyo soko y’imigisha.”

Ibihe byiza by’umunezero, ibihe by’umumaro ukomeye mu buzima bwacu, nibyo bikomeje kuranga iki giterane gikomeje kugeza ubu. Kiri gutangira kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba naho mu ijoro rya bonane kikazatangira saa tatu z’ijoro kugeza bukeye

Abakozi b’Imana bariho amavuta y’ijambo ry’ubuhanuzi bwa none barimo Apostle Stiven Mushyoka guturuka I Nairobi muri Kenya, Rev. Patrick Joshua Twagirayesu ndetse n’abandi.

Umwanya wo kuramya no guhimbaza Imana hakaba haratekereje ku matsinda yo kuramya no guhimbaza Imana harimoMorning star choir , Calvary temple worship team n’abandi.

 

Imyiteguro irarimbanije ku itsinda The Power of the Cross bitegura kumurika album yabo ya mbere bise ‘Super power’

$
0
0

Imyiteguro irarimbanije ku itsinda The Power of the Cross bitegura kumurika umuzingo (Album) wabo wa mbere w’amajwi (Audio) bise ‘Super power’. Iri tsinda ryateguye igitaramo cyizabera ku itorero Betsida Holy church, ku Gisozi umwaka utaha tariki 14/01/2018. Uyu muzingo ukaba ugizwe n’indirimbo z’amajwi umunani (8).

Iri tsinda rizwi nka “The Power of Cross” rikunzwe mu ndirimbo Ndiho, Ndaje, Mfite umukunzi, Super power yitiriwe uyu muzingo uzaba umurika n’izindi. Kugeza ubu iri tsinda rigizwe n’abasore n’inkumi baturuka mu matorero atandukanye.

Muri uyu mwaka wa 2017, aba baririmbyi bitabiriye irushanwa rya Groove Awards Rwanda aho indirimbo yabo ‘Super power’ yahatanaga mu cyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru isange.com, umuyobozi w’itsinda The Power of the cross, Maurice Ndatabaye Kazigamyi yatangaje ko igitaramo cyabo kizabera kuri Bethesda Holy church tariki 14/01/2018 kuva saa cyenda z’amanywa kugeza saa moya z’umugoroba.

Amatsinda akunzwe cyane muri iyi munsi mu kuramya no guhimbaza Imana azafatanya n’itsinda the Power of the Cross ni True Promises, Kingdom of God, Heman Worshipers International, Light choir ndetse n’umuhanzi Bigizi Gentil

REBA HANO ‘SUPER POWER’ YA THE POWER OF THE CROSS

Itsinda The Power of the cross ryatangiye mu mwaka wa 2007, icyo gihe ryari rigizwe n’abahungu batanu gusa ari nabo baritangije ndetse ribanza no guheza abakobwa. Nyuma ryaje kwakira abandi baririmbyi barimo n’abakobwa, riza kubyara amatsinda atandukanye harimo abyina imbyino za Kinyarwanda, drama n’izindi.

Image result for The power of cross amakuru

The Power

Bamwe mu bagize The Power of the Cross

 

 

Korali Omega ya ADEPR Kabagari yateguye igiterane cy’impemburo mu gusoza umwaka wa 2017.

$
0
0

Korali Omega ku bufatanye n’itorero rya ADEPR Kabagari bateguye igiterane cy’impemburo mu gusoza umwaka wa 2017. Iki giterane kikazitabirwa by’umwihariko na korali Integuza ya ADEPR Kacyiru, umuhanzi Giramahoro Claudine ndetse n’umuvugabutumwa Nyagasanaribuka Loti kuva I Huye.

Iki giterane kiratangira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 kugeza ku cyumweru tariki ya 31 Ukuboza 2017 ku cyicaro cy’iri torero mu Kabagari ku Kacyiru.

Insanganyamatsiko y’iki giterane igira iti, “Nibutse iminsi ya kera, nibwira iby’imirimo wakoze ntekereza umurimo w’intoki zawe nkuramburira amaboko.”

Mu rwego rwo gusoza umwaka biragiza Imana, korali Omega kubufatanye n’Itorero rya ADEPR Kabagari ryateguye igiterane cy’impemburo kizaba tariki 30 Ukuboza 2017 kuva Saa saba z’amanywa naho kuwa 31 Ukuboza 2017 kikazatangira saa saba kugeza  saa moya hakomeza igiterane cyo kwinjiza abantu mu gitaramo gisoza umwaka wa 2017 binjizwa mu mwaka mushya wa 2018. Umuvugabutumwa Nyagasanaribuka Loti guturuka I Butare ni we uzigishamo ijambo ry’Imana.

Korali Integuza kuva kuri ADEPR Kacyiru ndetse n’umuhanzi Giramahoro Claudine, bazaba baje mu ivugabutumwa muri iki giterane, bakazafatanya na korali zisanzwe kuri uyu mudugudu zirimo korali Goshen, Omega ndetse na Korali Bethesida.

Inkuru ikinyamakuru isange.com gikesha ubuyobozi bwa ADEPR Kabagari, butangaza ko iki giterane kizaba kirimo amakorali atandukanye arimo; Korali Bethesda, Goshen, Omega yateguye iki giterane zibarizwa kuri uyu mudugudu, ndetse na korali Integuza ya ADEPR Kacyiru.

Usibye korali Omega n’amakorali asanzwe akorera umurimo w’Imana muri ADEPR Kabagari, hazaba hari n’Umuvugabutumwa Nyagasanaribuka Loti guturuka I Butare akaba ari we uzigisha ijambo ry’Imana. Iki giterane kizabera kuri ADEPR Kabagari iherereye munsi ya gare ya Kacyiru.

KANDA HANO WUMVE UKUBOKO K’UWITEKA Goshen choir, ADEPR Kabagari

Onesphore DUSHIMIRIMANA

Korali amahoro imbere y’imbaga y’abayobozi bakuru yashimangiye intego yayo yo gukura umuvumo ku gihugu

$
0
0

Kuri uyu wa 29 Ukuboza 2017 I Kigali kuri Mariot Hotel, Korali Amahoro yahurije hamwe abayobozi mu nzego zitandukanye zaba iza leta, amadini ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta  mu gitaramo cyiswe ‘Amahoro Iwacu Celebration 2017’ mu rwego rwo gukomeza umurongo bihaye wo gutanga umusanzu wabo mu kubaka amahoro arambye.

Kubaka amahoro ni inshingano ya buri wese mu rwego rwo gusigasira ahazaza h’umuryango, binyuze mu komora ibikomere by’umutima no gutanga ihumure, ibikorwa korali amahoro ibarizwa muri ADEPR Remera yahisemo byunganira ivugabutumwa bakora mu ndirimbo. Aba baririmbyi banateganya ibikorwa binyuranye birimo no kubakira inzu umuturage utishoboye.


Ntakirutimana Zacharie, umuyobozi wa korali Amahoro ya ADEPR Remera

Ntakirutimana Zacharie, umuyobozi wa korali Amahoro avuga ko banejejwe n’igikorwa cyo kubaka amahoro bakoze by’umwihariko abatumirwa babo bose babonye aho bicara, kuko iki gikorwa cyari kigenewe gusa abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu.

Yagize ati,” Iki ni igikorwa cyari kigenewe abayobozi bakuru b’igihugu, turishimira ko cyagenze neza cyane kuko cyitabiriwe n’abayobozi benshi batandukanye ugereranije n’imyaka yashize. Icyo tugamije ni uko abanyarwanda bakira, bagakira imvune zo mu mutima kuko iyo abantu bakize bene izi mvune babasha gukora bakaniteza imbere”.


Bwana Bamporiki Edouard umuyobozi w’itorero ry’igihugu hamwe n’umufasha we

Bamporiki Edouard umuyoboke w’itorero ADEPR, akaba n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu yashimye uruhare rwa korali Amahoro kubw’umusanzu bari gutanga. Yasobanuyeko amahoro ari ukwibungabunga no kubungabunga ibigukikije cyane cyane abantu.

Yakomeje atangaza ko kugirango hubakwe amahoro arambye ari uko abantu babanza kwemera ko bakomeretse bityo bakizera no gukira. Yaboneyeho gusaba abanyarwanda kubaka ubuzima bushya bwo kubaka ubunyarwanda, mbese bubaka ikibaranga (Identity).


Rev. Karuranga Euphrem Umuvugizi w’itorero ADEPR mu Rwanda

Umuvugizi w’itorero ADEPR mu Rwanda, Rev. Karuranga Euphrem ubwo yari yitabiriye igikorwa cya korali Amahoro cyabereye muri Marriot Hotel, yashimangiyeko intego z’itorero ari ugukorera Imana no gukura igitutsi ku gihugu, iyi korali ikaba iri gushyira mu bikorwa inshingano z’itorero nk’urugingo rwaryo.

Ndayisaba Fidele, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge wari witabiriye iki gikorwa yavuzeko imiryango ishingiye ku idini ifite ubushobozi kandi ifite n’umuhamagaro wo guhindura imitima kugirango basenye inkuta z’urwango, baharanire ikibahesha amahoro kandi buri wese aharanire kuba umubibyi w’amahoro ku wundi ndetse buri wese abonamo mugenzi we igisubizo aho kumubonamo ikibazo.


Ndayisaba Fidele, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge

Yagize ati,”Nibyo bizatuma turenga imbibe zose zaba izubatswe n’amateka cyangwa izakubakwa n’izindi mpamvu izo ari zo zose, kandi biri mu muhamagaro w’abanyamadini n’imiryango iyashamikiyeho. Kandi buri dini rifite inshingano zo gufasha abanyarwanda gukira ibikomere basigiwe n’amateka mabi yaranze igihugu cyacu no kubaha ikizere cyo kubaho mu munezero ubu ngubu no mu gihe cyizaza”.

Imyaka 23 irashize Korali Amahoro itangiye umurimo wo gutanga ubutumwa bw’amahoro ibinyujije mu bikorwa binyuranye birimo n’ibitaramo bikomeye yise’’Amahoro Iwacu Celebration’’. Iyi Korali kuva muri 2014 yatangije ibi bitaramo mu ntego yo kwimakaza umuco wo gusigasira amahoro n’ibindi byiza byinshi Imana igenda igeza ku Rwanda n’itorero muri rusange.


Korali Amahoro yafashe ifoto y’urwibutso iri hamwe n’abayobozi bitabiriye igitaramo cyayo

Ibi byose bikorwa binyuze mu nzira yo gushimira Imana intambwe imaze guterwa, no gukomeza gusabira i gihugu umugisha. Korali Amahoro yibanda ku gushimangira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge abanyarwanda biyemeje kunyuramo, ikabikora ibinyujije mubikorwa binyuranye birimo: Amahugurwa, ibiganiro mbwirwaruhame, ibikorwa bifatika by’urukundo, n’ibindi nk’ibyo nyuma bigasozwa n’ibitaramo binini byiswe “Amahoro Iwacu Celebration”.

 

REBA AMWE MU MAFOTO YARANZE IKI GITARAMO:








Korali Amahoro ya ADEPR Remera mu gitaramo yise Amahoro iwacu Celebration 2017″ yomoye imitima ya benshi 



Itsinda rya New Merodie ryasusurukije bikomeye abitabiriye igitaramo “Amahoro iwacu Celebration 2017




















Salle ya Marriott hotel yari yuzuye abantu b’ingeri zitandukanye nk’ubuyobozi bwa ADEPR mu rwego rw’igihugu, abo muri Commission y’ubumwe n’ubwiyunge ,Bwana Eduard Bampiliki n’abandi benshi batandukanye

 

Onesphore Dushimirimana

 

Viewing all 2000 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>