Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live

Uko Karl Marx agereranya idini n’ikinya cyo gusinziriza abashobewe ngo bagire agahenge

$
0
0

Umuhanga muri Filozofiya, Karl Henreich Marx, wabayeho hagati y’imyaka ya 1818-1883, ni umwe mu bakunze kwandika ku nkomoko y’umuntu n’isano afitanye n’icyo abantu bita Imana n’idini, aho yabigereranyaga nk’ikinya cyo gusinziriza abashobewe ngo bagire agahenge mu bibazo bibugarije.

Ibitekerezo by’Umudage Marx, ku idini bisa n’ibyakoreye mu ngata ibya mugenzi we Feuerbach nawe wari wigeze kuvuga ko umuntu ariwe ugira uruhare mu kugena ibirebana n’iyobokamana, ko iyobokamana atari ryo rifite uruhare na mba ku kiremwa muntu.

Ibi byose aba bahanga babikoraga ngo mu rwego rwo kwimakaza umuco wo kunenga ibitavugwaho rumwe n’abantu, uko kunenga kukaba kwatera umuntu kugera ku kuri nyako, atari ugufata ibivugwa byose nk’ukuri ngo abantu bamire bunguri badasesenguye.

Karl Marx ariko mu bitekerezo bye, ntiyagiye kure cyane y’ibyavugwaga na Feuerbach, ahubwo yaje kubishimangira nk’aho yavuze ko “Umuntu afata ibyo atekereza, akabyihindukirizaho we ubwe bwite nk’uwireba mu ndorerwamo, bityo ibyo avuga ko yizera bikamutera kwinjira mu byo we yita Imana ariko ashidikanya, mu by’ukuri akabikora nk’ugaruye ishusho ye bwite y’ibimuri mu bitekerezo akabyita Imana kandi ariwe Mana yivuga.”

Marx akemeza ko ngo abantu bakwiriye kureka kumva Imana nk’iyibera mu kirere ahantu kure, ahubwo bakayiyegereza mu buzima bwabo bwa buri munsi, agasa n’uca amarenga ko buri wese yagakwiriye kwiyumva nk’Imana ye ku giti cye, ko kandi ari ko bimeze.

Yaba Marx cyangwa Feuerbach, icyo basa n’abahurizaho kandi, ni uko niba koko Imana ubwayo yararemye umuntu mu ishusho yayo, nta kabuza ko umuntu nawe ari Imana neza neza nk’uko iyamuremye nyine imeze.

-  Ibitekerezo bya Marx byakwiriye isi kandi bihindura ubuzima bwa benshi

Gusa Karl Marx ubusanzwe anabarwa nk’umukurambere w’abaharaniye ukwigenga kw’ikiremwa muntu, kuko ku bitekerezo bye niho havuye inkomoko ya bamwe yatumye baharanira uburenganzira bwabo mu bihugu bitari bike kuri iyi Si.

Mu nkundura izwi cyane nka “Marxism”, bigaragara ko intwari zaharaniraga ubwigenge bw’ibihugu bitari bike zifashishaga ingengabitekerezo za Marx mu icengezamatwara ryo mu rugamba rw’ubwigenge bw’ibihugu byabo.

Ni muri urwo rwego Marx hari aho yagize ati “Kuba abantu bajya impaka ku iyobokamana n’imyizerere yabo, ni intambwe y’ingenzi yo kwibohora imigozi ya byinshi bishidikanywaho n’ikiremwa muntu.”

Aha niho ndetse muri politiki igenga imibereho myiza y’abantu, bivugwa ko ari uburenganzira bwa buri wese mu gutanga igitekerezo cye, yaba ashima cyangwa anenga, Liberté d’Expression, cyangwa Freedom Of Speech mu rurimi rw’Icyongereza.

-  Ngo idini ni nk’amaburakindi cyangwa ubuhungiro

Marx akomeza ashimangira ko umuntu watangiye kwita ku by’iyobokamana n’amadini kenshi atabiterwa n’uko yumva aguwe neza cyane, ahubwo abikora nko kubura uko agira, aho kenshi mu madini atandukanye haba huzuyemo amaganya abantu bavuga ko baganyira Imana, bamwe bayitabaza mu ngorane zijyanye n’imibereho bafite, cyangwa ubukungu bwabo bugeze aharindimuka, bakabona kwegera inzira y’amasengesho.

Ku bwa Marx ngo ibi ntibikorwa mu ntego yo gushaka Imana ahubwo aba ari ugushoberwa kuri benshi, cyangwa se abandi bakabikora bakuruwe n’irari n’inyota y’ibintu baba bafite, byigaragaza mu byo baba basaba Imana.

Muri kimwe mu bitabo yanditse yise ngo “La Réligion est l’opium du peuple”, umuntu agenekereje ni nko kuvuga ko “Idini mu bantu ari igihamya cyo gushoberwa kwabo”, Marx ntiyatinye kuvuga ko bisa n’aho abantu bitangiye kwisunga amadini baba bakeneye ikiyobyabwenge cyabafasha kwikura mu byago n’akaga kaba kabagose, kugira ngo izo ngorane bazitambukemo nk’abari mu kinya.

-  Uko umuntu yaje kubeshaho idini kandi ariryo ryakamubeshejeho

Umuntu ashishoje neza hano, Marx yabaye nk’uca amarenga anakomoza ku bazana amadini, ashimangira ko nabo babikora mu rwego rwo gusinziriza abo baba bakorera ibidakwiye, nko kubahuma amaso kugira ngo umuntu atabona ibibi bamukorera, maze bigaha umudendezo abanyamadini wo kwigarurira imbaga, nayo itabona ko yamaze gufatwa bunyago n’abo banyamadini.

Ibi rero Marx akabihamya avuga ko iyo amadini aza kuba yarazanye ukuri, aba yaranazanye ibisubizo by’abayakurikira, aho kugira ngo abantu bayazemo ari benshi ariko n’ibibazo bikomeze bibe uruhuri mu Isi, maze n’ugerageje kuba hari ibyo atumva neza yitwe umupagani, ndetse ibindi byatuma umuntu asobanukirwa neza abanyamadini bamwe bakabyita amayobera.

Ikindi abahanga bakomeje gusa n’abahurizaho, ngo hari n’indi mirongo migari ngenderwaho mu bukungu na politiki yaje kwaduka mu isi, umuntu atagakwiye gutandukanya cyane n’amadini asanzwe.

Marx atanga urugero rw’aho usanga ibihugu bimwe byitwa ko bigendera kuri Capitalism … Ibi ngo bikajya gusa neza neza n’amadini asanzwe, kandi akurikiwe n’imbaga itari nto ku Isi, aho we abyita “Idini rya kijyambere”.

Icyo Marx anegura cyane kurushaho ariko, ni uko yaba amadini cyangwa Capitalism, byombi bigera ku muntu byishushanya nk’ibije kumwubaka, kandi ari amaco yo kumunyunyuza imitsi, bimwubikiriye ku bukene n’ibibazo yifitiye, ugasanga n’utwo yacungiragaho biratumucucuye, umuntu akabeshaho idini aho kuba ari ryo rimubeshaho.

 

Karl Henreich Marx ni umwe mu bahanga Isi yagize bari bazobereye ibijyanye n’imitekerereze ya muntu

Inkuru dukesha ikinyamakuru IGIHE.COM


Urusengero rw’Itorero Agape i Mbarara rwahindutse icyicaro cy’ibikorwa bya RNC

$
0
0

Mu minsi ishize nibwo humvikanye inkuru y’umupasiteri w’Umunyarwanda uba muri Uganda, wifashisha urusengero rwe mu bikorwa by’ubukangurambaga by’umutwe wa RNC bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uru rusengero ruri i Mbarara muri Uganda rwitwa Agape, mu gihe bimenyerewe ko izindi aba ari ingoro yera ihuza abantu n’Imana, rwo si ko biri kuko rukorerwamo ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ikinyamakuru Virunga Post cyatangaje ko gifite amakuru yizewe ko Urusengero Agape rwa Pasiteri Deo Nyirigira rwahindutse ihuriro ry’ibikorwa bya RNC mu Burengerazuba bwa Uganda aho ibikorwa nyobokamana bihakorerwa mu rwego rwo guhisha umugambi w’ubukangurambaga no gushaka abajya muri uyu mutwe.

Uru rusengero ni hamwe mu hantu RNC ikorera ibikorwa byayo ishize amanga muri Uganda ishakisha abayoboke bayifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose bigakorwa bihagarikiwe na Brig. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw’Ubutasi mu Ngabo za Uganda,CMI.

Amakuru yizewe avuga ko muri uru rusengero atari ho honyine habera ibikorwa by’ubukangurambaga by’abajya muri RNC ahubwo ko hameze nk’icyicaro gikuru cy’ibikorwa byose muri Uganda y’Uburengerazuba.

Abatangabuhamya bavuze ko abayoboke ba RNC bakunze guhurira muri uru rusengero bikitwa ko bagiye mu masengesho, hanyuma bagakora amalisiti y’urubyiruko rw’abanyarwanda bagiye kwinjiza muri uyu mugambi hamwe n’andi y’abanyarwanda b’inzirakarengane babona ko babangamira ibikorwa bya RNC.

Umwe mu basengera muri uru rusengero yavuze ko abo banyarwanda bagaragazwa nk’ababangamira icengezamatwara rya RNC ndetse inshuro nyinshi bahimbwa ko ari intasi za Guverinoma y’u Rwanda, bikageza ubwo bafatwa na CMI bagafungwa ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Uyu muyoboke wa Agape yagize ati “Mu gushaka abayoboke n’ubukangurambaga hagamijwe kwigizayo abo babona nk’intambamyi ku mugambi wabo, babagaragaza nk’intasi z’u Rwanda, bakabashyikiriza CMI… ni umugambi bigaragara ko ugera ku ntego zawo kuri iri tsinda.”

Umwe mu baherutse gutabwa muri yombi muri ubu buryo ni umunyarwanda ukorera ubucuruzi i Mbarara witwa Emmanuel Cyemayire wafashwe ku wa 4 Mutarama 2018 na CMI. Kugeza n’ubu, ntabwo haramenyekana irengero rye.

Iri tsinda ntabwo rihagararira mu rusengero ku bikorwa byaryo byo gushaka abayoboke no gucura umugambi wo gushimuta abanyarwanda, ahubwo bakorana na CMI mu gutwara abarambagijwe babajyana mu nkambi y’imyitozo y’uyu mutwe i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho mu minsi ishize 43 bafashwe bajya

Uru rusengero ni rwo rwafatiwemo undi muyoboke ukomeye wa RNC witwa Dr. Sam Ruvuma ariko aza kurekurwa na Polisi nyuma y’igitutu cya CMI. Nyuma yo kurekurwa, Ruvuma yakomeje ibikorwa bye ahuriramo na RNC mu mudendezo.

Abandi bantu bari ku isonga muri ibi bikorwa bya RNC byo gushaka abayoboke bakunze kugaragara muri urwo rusengero ni Charles Sande (uzwi nka Robert Mugisha) na Felix Mwizerwa (Umuhungu wa Pasiteri Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma ni bamwe mu bari baherekeje urubyiruko 43 rwafatiwe ku mupaka wa Kikagati na Polisi ya Uganda rujyanywe mu bikorwa bya RNC muri RDC.

Mu mezi abiri ashize, mu rusengero rwa Nyirigira hahimbirwa ibirego bishinja ubutasi abanyarwanda bikaza kugeza ubwo batabwa muri yombi. Amakuru avuga ko hari abanyarwanda barindwi bakorera ubucuruzi muri Uganda bashimuswe bakajyanwa i Kampala ahakorera CMI, amazina yabo yari yatangiwe muri uru rusengero.

Pasiteri Nyirigira uyobora uru rusengero, yahunze ubutabera bw’u Rwanda mu 2000 nyuma y’aho bamwe mu bayoboke ba AGAPE Church i Kigali bamenyesheje ubuyobozi ko abaka ku ngufu amafaranga ndetse ko akoresha itorero mu nyungu ze.

Ibirego bisa n’ibi byanatanzwe n’abayoboke b’itorero Agape i Mbarara ariko biba iby’ubusa kuko bivugwa ko inshuti ze zikora muri CMI zamufashije kubisisibiranya.

Ibikorwa bya RNC muri Uganda bigenzurwa na Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa ukuriye ibikorwa bya politiki by’uyu mutwe hamwe na na Corporal Mulindwa wo muri CMI uzwi nka Mukombozi, bose bari mu mutaka wa General Abel Kandiho uyobora CMI.

Ni mu gihe imikoranire ya RNC na CMI ndetse n’ibikorwa by’iyicarubozo bya hato na hato bikorerwa abanyarwanda, bitizwa umurindi na Minisitiri w’Umutekano, Lt Gen. Henry Tumukunde, ushyigikiye abarwanya u Rwanda.

Urusengero rw’Itorero Agape rubarizwa i Mbarara nirwo rukorerwamo ibikorwa byo gushaka abayoboke b’Umutwe wa RNC

Inkuru dukesha ikinyamakuru IGIHE.COM

ADEPR akanyafu karavuza ubuhuha, nyuma yo kwamburwa inshingano, Tom Rwagasana n’abo bari bafatanije bacishijwe bugufi bidasubirwaho

$
0
0

Nyuma yo kugaragarwaho ubunyangamugayo hafi ya ntabwo mu itorero rya ADEPR ndetse n’igihugu muri rusange, abari abayobobozi bakuru ba ADEPR baherutse kwamburwa inshingano za gipasitori n’abo bari bafatanije kuyobora, kuri ubu noneho amakuru agezweho ni uko barangije gushyirwa inyuma y’itorero batakemerewe kwegera ameza y’umwami no kwitabira inama z’abakristo kugeza basabye imbabazi bagakomorerwa imbere y’itorero.

Nyuma yuko itorero rya ADEPR ryambuye inshingano za gishumba abahoze ari abayobozi bakuru b’iri torero, Muri bo harimo Bishop Sibomana Jean wahoze ari umuvugizi mukuru wa ADEPR, Bishop Tom Rwagasana wahoze ari umuvugizi wungirije mu itorero rya ADEPR n’abandi 4 bari mu bayobozi bakuru ba ADEPR bashinjwa kunyereza umutungo w’iri torero ,ubu noneho ikigezweho nuko mu midugudu n’amaparuwasi aba bari muri iki kirego babarizwamo barimo babahagarika ku kwegera igaburo ryera no kwitabira inama z’abakristo.

Ku ikubitiro abamaze guhagarikwa n’amaparuwasi babarizwamo harimo Engenier Sindayigaya Theophile wahoze ari Pasiteri muri Paruwasi ya Kamashashi hamwe na Mutuyemariya Christine wahoze ari DAF wa ADEPR akaba yari n’umudiyakoni ku mudugudu Kamashashi ndetse na Tom Rwagasana wahoze ari umuvugizi wungirije wa ADEPR nawe akaba yamaze guhagarikwa  kujya ku meza y’Umwami (Igaburo ryera) no guhezwa mu nama y’abakristo mu itorero rya ADEPR Paruwasi ya Kicukiro Shell ku mudugudu wa Kagarama.

Inkuru dukesha ikinyamakuru iyobokama.com, ivugako Rev.Pastor Nkejumugabe Narcisse umushumba wa ADEPR Paruwasi ya Kamashshi yemeje aya makuru, ubwo yatangazaga ko Madame Mutuyemariya Christine na Sindayigaya Theophile bamaze guhagarikwa ku igaburo ryera no kwitabira inama y’abakristo muri iyi Paruwasi , igikorwa atangaza ko cyatangarijwe abakristo mu ruhame kuri ku cyumweru taliki ya 31 Ukuboza 2017. Uyu mushumba yemeje ko aba  bahagaritswe bazize ibyaha bijyanye no kunyereza umutungo w’itorero baregwa

 


Nyuma yo kwamburwa inshingano za Gipasiteri Tom Rwagasana ubu ntiyemerewe kwegera igaburo no kwitabira inama y’abakristo ba ADEPR

Tom Rwagasana ,  usanzwe ari umukristo witorero rya ADEPR muri Paruwasi ya Kicukiro Shell ku mudugudu wa Kagarama, nawe akaba yamaze guhagarikwa kwegera ameza y’umwami no kwitabira Inama z’abakristo nk’uko byemejwe na Rev.Pastor Nkurunziza Richard umushumba wa ADEPR Paruwasi ya Kicukiro Shell, ko Tom Rwagasana yahagaritse ku cyumweru taliki ya 7 Mutarama 2018.

Nyuma yo gufungurwa by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi, bakurikiranyweho n’ubutabera kunyereza miliyari zisaga ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ubwo hagati ya 2015 na 2016 bayoboraga iri torero, bakomeje gukurwaho ikizere n’itorero rya ADEPR, aho bambariye inkindi bakaba bakomeje kuhambarira ubucocero.

Nyuma yo gusubira hanze, itorero ryabo ryabandikiye amabaruwa abambura inshingano. Buri wese yandikiwe ati“ Dushingiye ku myitwarire mibi yakugaragayeho mu micungire y’umutungo w’Itorero no kutaba inyangamugayo muri ibyo nk’uko bigaragazwa muri raporo mu igenzura ku mikoreshereze y’umutungo w’Itorero rya ADEPR”

“Dushingiye kandi ku mwanzuro w’Inama ya Biro Nyobozi ya ADEPR yateranye kuwa 5 Ukwakira 2017. Tubabajwe no kukumenyesha ko wambuwe inshingano za Gipasitori muri ADEPR uhereye kuri iyi tariki ya 6 Ukwakira 2017.”

Inkubiri y’ifungwa ry’abahoze bayoboye ADEPR yaje muri Gicurasi uyu mwaka ndetse nyuma yo kugera muri gereza bahise basimburwa n’indi komite.

Aba bakomeje kugirwaho ingaruka na bimwe mu byo bashinjwa nubwo urukiko rutarababuranisha ngo rubahamye ibyaha cyangwa bagirwe abere barimo Sibomana Jean wari Umuvugizi wa ADEPR, uwari umwungirije, Tom Rwagasana; uwari ushinzwe ubuzima bw’itorero Niyitanga Salton ; Mutuyemariya Christine; uwari ushinzwe ubutegetsi n’imari, Sebagabo Bernard n’abandi.

Bitegerejwe ko abakurikiranweho icyaha cyo kunyereza umutungo wa ADEPR  baregwa muri uru rubanza, bose ntawe usigaye bazagerwaho n’izi ngaruko zo guhezwa mu itorero kugeza basabye imabazi bagakomorerwa.

Kigali: Healing Worship Team na Injili Bora bagiye guhurira mu gitaramo cyateguwe na Christ Cornerstone church

$
0
0

Amwe mu matsinda akomeye nka Healing Worship Team ndetse na Injili Bora Choir bagiye guhurira mu gitaramo gikomeye cyateguwe na Flame of the Holy Ghost Ministries / Christ Cornerstone Church kizaba kuwa 21 Mutarama 2018.

Flame of the Holy Ghost Ministries / Christ Cornerstone Church iyoborwa na Pastor Biganiro Salomon Eric yateguye igitaramo gikomeye kizahuza abavugabutumwa batandukanye nka Pastor Julienne Kabanda ndetse na Ev. Ibambasi Christian wo muri Zion Temple Gatenga ndetse n’abaririmbyi b’ibyamamare nka Healing Worship Team ndetse na Injili bora.

Iki gitaramo kizaba gifite intego igira iti : “Igihe cyo Kwaguka” nkuko twabitangarijwe na Pastor Biganiro Salomon akaba yaragize ati : “uyu ni umwaka udusanzwe, 2018 ni umwaka wo kwaguka mu mwuka (ubusabane bwawe n’Imana,impano zawe, agakiza kawe), mu bugingo (ibitekerezo,amarangamutima,ibyemezo n’amahitamo) ndetse no mu mubiri (ubutunzi:ibintu n’amafaranga, ibihe :time and circumstances, ahantu :amasambu n’amazu, abantu :inshuti n’imiryango).”

Bazaba bagendera ku murongo wo muri Bibiliya dusanga muri Yesaya 54:2, Akaba kandi yaranadutangarije ko iki gitaramo ari imbarutso y’ibihe byiza muri uyu mwaka wa 2018, biteganyijwe ko bizabera muri GRAND LEGACY HOTEL, REMERA ku italiki ya 21/01/2018 kuva saa munani (14h00).

Yanditswe na Happy Espoir BYISHIMO

Abayobozi bakuru bagiye kongera guhurira mu masengesho yo gusengera igihugu

$
0
0

Ku nshuro ya 22, ihuriro Rwanda Leaders Fellowship’, ryongeye gutegura amasengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu, azitabirwa n’abayobozi mu nzego nkuru za leta n’abaturutse mu madini n’amatorero atandukanye.

Aya masengesho azwi nka “National Prayer Breakfast”, ateganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2018, azitabwira na Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente.

Umwaka ushize aya masengesho aba agamije gushimira Imana, gusengera umwaka mushya no kumva icyo ivuga ko miyoborere myiza, yitabiriwe n’abagera kuri 700 barimo Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mu butumwa yatanze icyo gihe, Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabahaye ubushobozi busendereye bwo gukora ibyiza, abashishikariza kubukoresha mu kuzuza inshingano bahawe.

Ati “Imana iturema ntiyigeze idushyira mu byiciro kuva ku wo hejuru kugeza ku wo hasi. Twese twaremanywe ubushobozi bungana. Abanyafurika, Abanyarwanda bagomba guhindura uburyo batekereza, tugomba kongera gusuzuma imitekerereze yacu, indangagaciro zacu.”

Yakomeje avuga ko bidakwiye gutegereza ugukorera ibyo wagakwiye kwikorera kuko guhora iteka ahantu ukomera abandi amashyi, nta kamaro bishobora kugira mu iterambere.

Umukuru w’Igihugu kandi yanagaragaje ko hari isano rikomeye riri hagati yo gukorera Imana no gukorera igihugu nk’umuyobozi ku Isi.

Ati “Kugira ngo twizere ibyiza nyuma y’ubuzima, tugomba kuzuza inshingano zacu muri ubu buzima. Nk’abayobozi, Imana yaduhaye ubushobozi busendereye bwo gukora ibyiza ku bwacu no ku bo dushinzwe gukorera.”

Amasengesho yo gusengera igihugu yatangijwe mu 1995, ahuza abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu barimo abagize Guverinoma, abadepite, abasenateri, inzego z’ubutabera, iz’umutekano, abikorera, sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini.

Pasiteri Antoine Rutayisire atanga ikiganiro mu masengesho yo gusengera igihugu umwaka ushize

Perezida Kagame na Madamu ubwo bari bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu umwaka ushize

Umwaka ushize Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabahaye ubushobozi busendereye bwo gukora ibyiza

Muri aya masengesho, aba ari umwanya mwiza wo guhimbaza Imana

Inkuru dukesha ikinyamakuru IGIHE.COM

Musabyimana Assiel yarobanuriwe kuba Musenyeri w’itorero Angilikani diyosezi ya Kigeme

$
0
0
Musabyimana Assiel yarobanuriwe kuyobora Diyoseze ya Kigeme mu itorero Angilikani mu Rwanda, umwanya asimbuyeho Musenyeri Mvunabandi Augustin, ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Ni umuhango wabereye kuri St John’s Cathedral ya Diyoseze ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa 13 Mutarama 2017.

Musabyimana Assiel agizwe Musenyeri wa diyosezi ya Kigeme nyuma yaho tariki 12 Nzeli 2017 ari bwo yatowe n’Inama y’Abepiskopi b’Itorero ry’Angilikani mu Rwanda (EAR). Kuri uyu wa 13 Mutarama 2018 ni bwo Musenyeri Musabyimana Assiel yarobanuwe, ashyikirizwa n’inkoni y’ubushumba.

Musabyimana Assiel wimikiwe kuba Musenyeri wa gatatu wa Diyoseze ya Kigeme kuva yatangira, asimbuye Musenyeri Mvunabandi Augustin ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Diyosezi ya Kigeme imaze imyaka 25 itangiye kuko yatangiye mu mwaka wa 1992. Kugeza ubu iyi diyozezi ifite abakristo basaga ibihumbi 79.

Musabyimana Assiel

Musabyimana Assiel

Musenyeri Musabyimana nyuma yo gusengerwa yahawe inkoni y’ubushumba

Musenyeri Assiel Musabyimana

Ibyishimo byari byinshi kuri Musenyeri Musabyimana

 

 

Ni gute abanyamadini bazigisha “URURIMI” rw’ikinyarwanda kandi ari bo ba mbere mu kurwica?

$
0
0

Iyo utembereye hirya no hino mu madini n’amatorero, usanga ururimi ari ikintu kidahabwa umwanya n’agaciro na gake, kugeza ubwo abarukoreshereza mu nsengero barugoreka nkana mu buryo bw’amafiyeri kugira ngo baryoshye imvugo zabo!

Ni kenshi kandi usanga abanyamadini bigisha ijambo ry’Imana ku maradiyo, ku mateleviziyo, mu biterane n’ahandi, ariko wakurikirana imvugo zabo ugasanga  zitarimo ukubahiriza amabwiriza y’imivugire y’ururimi rw’ikinyarwanda.

Mu nama y’umushyikirano iherutse, nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abanyamadini kimwe n’izindi nzego bireba, gutanga umusanzu mu gusigasira no kwigisha neza ikinyarwanda cyane cyane mu rubyiruko n’abayoboke babo. Nibyo koko, kuko abanyamadini bari mu bavuga rikijyana kuko bahura n’imbaga nyamwinshi kenshi mu cyumweru kandi ibyo bavuze bigafatwa nk’ihame.

Gusa, njye mbona abanyamadini bakeneye nabo andi masomo cyangwa se amahugurwa yihariye kugira ngo ibyo bavuga binyuze mu mbwirwaruhame bijye biba byizewe ko bikubiyemo inyigisho zinoza imivugire y’ururimi rw’ikinyarwanda aho gukomeza kurwahuranya baruhuhura kandi bibwira ko bari mu kuri nkuko tubibona henshi. 

Iyaba abanyamadini bategekwaga kujya bagena umwanya byibuze w’iminota 10 mu mwanya w’amasaha menshi bamara bahagaze imbere y’abayoboke babo, bakawukoresha bigisha imivugire y’ururimi rw’ikinyarwanda. Baramutse bahawe amagambo yanditse neza cyangwa se bagahabwa ubundi butumwa bw’urukurikirane runyuze mu nyigisho, byatanga umusaruro. Naho gutegereza ko ubwabo bazibwiriza kwigisha uru rurimi, byazarangira ari agatereranzamba. 

Urwego rw’igihugu rushinzwe Ururimi n’Umuco ruramutse rubahurije hamwe rukabasaba uyu musanzu, ariko rugategura integanyanyigisho yitondewe, mbona byatanga umusaruro wihuse. Niba bidakozwe ku buryo buri umwe muri bo abasha kumva ko ari inshingano ze, tuzasanga ubusabe Umukuru w’igihugu yabagejejeho bwarabaye amasigarakicaro kuko benshi muri bo batazi amategeko agenga imivugire y’ururimi rw’ikinyarwanda. 

Peter Ntigurirwa

Minisitri w’intebe yasabye abanyamadini kuvuguta umuti watuma urubyiruko ruva ku biyobyabwenge.

$
0
0

Kimwe mu biteza imbere igihugu yabasabye kwibandaho, harimo kurera neza hagamijwe “kugabanya umubane w’urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge birwangiriza ubuzima.”

Dr Ngirente yavuze ko “imibare ya Polisi igaragaza ko hagati ya 2013-2017 abantu 16.273 bari hagati y’imyaka 16-35 ari bo bari barabaye imbata y’ibiyobyabwenge.”

Kuba hafi 70% by’abaturarwanda ari urubyiruko, avuga ko ari impamvu ituma Guverinoma irwitaho, akizera ko ahazaza heza h’u Rwanda hazashingira ku rubyiruko rufite icyerekezo.

Yakomeje agira ati “Ababyeyi, sosiyete sivile, amadini n’amatorero… barasabwa kurushaho guha uburere bukwiye urubyiruko no kubabera urugero rwiza muri byose.

“Amadini n’amatorero arasabwa gushishikariza abayoboke babo kujyanisha ukwemera kwabo n’ibikorwa byubaka igihugu, kuko ukwemera kutagira ibikorwa ntacyo kwaba kumaze.”

Umva hano wumve ijambo ryose Minisitiri w’Intebe yabwiye abitabiriye aya masengesho

Iki gikorwa cyo gusengera igihugu, cyitabiriwe n’abayobozi hafi 1000 bo mu nzego za Leta, iz’abikorera, sosiyete sivile n’abanyamadini.

Aya masengesho yabereye muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa 14 Mutarama, yanitabiriwe n’abashyitsi bo mu bihugu 14 byo ku migabane itandukanye.

Ni amasengesho aba buri mwaka kuva mu 1995 agamije gushimira Imana ibyo yafashije igihugu mu mwaka urangiye, no kuyiyambaza muri gahunda z’umwaka mushya.

Madame Jeannette Kagame ni umwe mu bitabiriye aya masengesho ku nshuro yayo ya 23

Francine Havugimana wungirije umuyobozi w’urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, yavuze ko mu bintu by’ingenzi Imana yafashije u Rwanda mu mwaka ushize, ari amatora ya Perezida.

Yavuze ko “amatora ya Perezida yagaragaje ubudasa bw’abanyarwanda mu buryo bwose”, avuga ko yabaye mu mahoro n’umutekano ndetse abanyarwanda barayitabira cyane.

Kuba nta midugararo yabaye muri ayo matora yegukanwe na Perezida Kagame, Havugimana asanga ari ikintu cyo gushimira Imana kuko mu bindi bihugu amatora arangwa n’ubushyamirane.

Yakomeje avuga ko iterambere u Rwanda rwagezeho umwaka ushize rurikesha Perezida Kagame “ukomeje guhesha ishema Abanyarwanda” mu Rwanda no mu mahanga.

Ati “Aho tugeze ntitugiterwa ipfunwe n’ibyabaye mu Rwanda (Jenoside yakorewe Abatutsi), tugenda twirata ibyo tumaze kugeraho.”

Ni igitekerezo asangiye na Mgr Antoine Kambanda uhamya ko “kuba igihugu cyacu kitarazimye ngo gihinduke umuyonga” byatewe na Perezida Kagame n’abo bafatanyije guhagarika Jenoside.

Mu isengesho rye rifungura uyu muhango, yasabye Imana gukomeza kurinda igihugu n’abayobozi bacyo.

Yagize ati “Mana tugutuye igihugu cyacu, umukuru wacyo, abo bafatanya kukiyobora n’abanyarwanda muri rusange.”

“Uturinde umwanzi waduhungabanya, abana bacu tuzabasigire urukundo n’ubuvandimwe kugira ngo bazakomeze ibyo twagezeho.”

Aya masengesho azwi nka National Prayers Breakfast ategurwa n’Umuryango wa National Leaders Fellowship, akaba mu ntangiriro z’umwaka.

Bamwe mu bitabiriye aya masengesho ngarukamwaka yabereye muri Kigali Convention Centre
Chorale de Kigali irimo iririmbira abitabiriye aya masengesho
Abitabiriye aya masengesho ngarukamwaka, aha barimo baririmbirwa na Chorale Ambassadors of Christ yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi
Chorale Ambassadors of Christ iririmba mu masengesho ya National Prayers Breakfast ku nshuro yayo ya 23

Inkuru ya izuba rirashe.


Urugero Media Group bateguye igitaramo kizahuza abana b’abanyempano mu kuramya no guhimbaza

$
0
0
Igitaramo Stir it Up the Gift of God n’igitaramo kigiye kuba ku inshuro ya mbere ,kikaba gifite intego yo kujya giha urubuga abana basohotse mu Urugero Music Academy mugukomeza kwerekana impano zibarimo no kubatinyura gukora muzika . Stir it Up the Gift Of God live Concert izajya yunganira Urugero music Talent, kuko ubusanzwe Urugero Music […]

Gasabo: Ahari harahindutse indiri y’abanywarumogi hubatswe urusengero!

$
0
0
Ntibisanzwe ko abanywa ibiyobyabwenge bahindurirwa aho babinywera  kugeza ubwo urubyiruko rubimazemo imyaka  17 rureka  itabi bakunze kwita ako ku mugongo w’ingona  tuzi nk’urumogi. Bamwe  mu babifataga ubu bahise binjira mu rusengero  bakaba batanga ubuhamya bw’ibyo bakoreraga ahatangijwe urusengero mu mezi agera kuri abiri, nyuma yuko aba babaye abaririmbyi  mu rusengero rwa Africa Revival rwubatswe aha barunyweraga. Itorero Africa Revival riyobowe na Bishop […]

Apotre Paul Gitwaza yahaye “GASOPO” Bishop Vuningoma ushaka kugaruka muri Zion Temple ku ngufu nyuma yo kwirukanwamo!

$
0
0
Bishop Vuningoma Dieudonne wahoze ari icyegera cya Apotre Gitwaza akaza kwirukanwa muri Zion Temple, aherutse gutangaza ko agiye gusubira muri iri torero akaguma ku ntebe y’icyubahiro ye nk’umwe mu bantu batangije Zion Temple. Apotre Gitwaza yagize icyo avuga kuri ibi byatangajwe na Vuningoma.     Apotre Dr Paul Gitwaza uyobora Zion Temple kuri uyu wa […]

Methodiste Unie: Abana babujijwe kwiga kubera ko ababyeyi babo basabye ko imitungo y’Itorero yagaruzwa.

$
0
0
Mu cyigo cy’amashuli y’Itorero rya  Communaute Methodiste Unie International haravugwamo amakimbirane ashingiye ku mitungo y’Itorero irimo insengero n’ibindi, yagurishijwe n’umushumba waryo Past.Sekimonyo Fidele. Ababyeyi barerera muri iki kigo, hafi ya bose ni abayoboke b’iri Torero, bakaba bangiwe ko abana babo bazacyigamo ngo kuko ababyeyi babo bagize uruhare mu kubaza impamvu imitungo y’iri Torero ryabo yagurishijwe batabizi. […]

Impinduka zidasanzwe muri Anglikani: Hatowe umuyobozi mushya wasimbuye Arch. Rwaje Onesphore.

$
0
0
Byari byitezwe cyane ko uyu Bishop Dr Laurent Mbanda kugeza umwaka ushize wari umushumba wa Diyoseze ya Shyira (kuva 2010) ari we usimbura Onesphore Rwaje kuko umwaka ushize byagarutsweho mu itangazamakuru ko ari we uhabwa amahirwe. Ni nyuma y’uko hari hatoranyijwe bamwe mu bakandida bo gusimbura Onesphore Rwaje mu bashumba banyuranye muri iri torero ry’Abangilikani […]

Sitade Amahoro na “Petit Stade ” zigiye kuvugururwa, MINISPOC yimurwe

$
0
0
Kuva muri Werurwe 2018 Stade Amahoro na “Petit stade ” kimwe n’ibindi bikorwaremezo by’imikino biri i Remera bizatangira kuvugururwa. Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) igomba kwimukira ku Kimihurura mu nyubako n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe bizakoreramo. Biteganyijwe ko hazabanza ibikorwa byo kuvugurura stade nto (petit stade) y’i Remera bitarenze muri Werurwe. Petit Stade isanzwe yakira imikino […]

Umuhanzikazi Rosine kayirangwa yahisemo kuyoboka umuziki wo kuramya no guhimbaza nyuma yo kwakirwa neza n’abahanzi bo muri gospel

$
0
0
”Njya kuririmba indilimbo zisanzwe nari narayobyensanze umwanya wanjye uri mu zivuga ubutumwa bwiza” Ayo ni amagambo twatangarijwe n’umuhanzi wari usanzwe mu ndirimbo zisanzwe, no gukina filimi,Rosine Kayirangwa wari uzwi ku izina rya The Flash,ubu akaba yaramaze kuhasezera akagana inzira yandika akanaririmba indilimbo ziramya,izihimbaza Imana n’izihamagarira abantu kuva mu byaha bakitegura kugaruka kwa Yesu. Uyu Kayirangwa […]

Kujya gusengera mu butayu bwo kwa Masasu bisaba kubanza kwishyura! Hari ababyinubira.

$
0
0
Bimaze kumenyerwa ko abanyamasengesho bakoresha uburyo bwose bwo kwiyegereza Imana batitaye ku bigaragara nk’ibigoye nko kurara mu mashyamba, kujya mu buvumo, mu nzuzi, imigezi n’ibindi. Itorero rya Restoration Church riyoborwa na Apôtre Yoshua Ndagijimana Massasu, rikorera i Masoro mu Karere ka Gasabo ryatunganyije ubusitani bw’urusengero bwarwo abayoboke baryo n’abandi babishaka bashobora gusengeramo igihe icyo ari […]

Ibintu 5 abanyarwanda, abanyamadini n’abayoboke ba Angilikani bazibukira kuri Musenyeri Rwaje Onesphore.

$
0
0
Kuwa 17/01/2018 nibwo Musenyeri Rwaje Onesphore yasimbuwe ku mwanya wo kuyobora Itorero Anglikani mu Rwanda nyuma y’uko hari hamaze gutorwa Bishop Dr Laurent Mbanda. Aha, Musenyeri Rwaje Onesphore yari acyuye igihe kigenwa n’amategeko ndetse aninjira mu kiruhuko cy’iza bukuru akaba yaratangiye kuyobora iri Torero  kuva mu mwaka wa 2011 ubwo yasimburaga Bishop Emmanuel Kolini wayoboye iri Torero […]

Umusore yafashe ku ngufu umukobwa wari ugiye muri ‘Nibature’

$
0
0
Mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 15 Mutarama 2018, Umugabo witwa Musengimana Leonard yatawe muri yombi azira gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko bivugwa ko yazindutse aziko bwakeye akajya mu masengesho ya mu gitondo ‘Nibature’ ariko yagera mu nzira akabona bwanze gucya akigira inama yo gucumbika ari nabwo yacumbikiwe n’uyu mugabo wahise amufata […]

Korali Umugisha yashyize hanze indirimbo yiswe ”ahari kurira” nk’integuza ya album Nshya

$
0
0
Korali Umugisha  yo mu itorero ADEPR Rugando ho mu mujyi wa Kigali yamaze gushyira ahanze indirimbo nshya ,izaba iri kuri albu yayo nshya izamurika muri uyu mwaka wa 2018.Ni indirimbo y’amajwi yiswe ”Ahari Kurira ikaba yagiye hanze kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Mutarama 2018. Iyi indirimbo  igiye hanze ni imwe mu ndirimbo zitandukanye […]

Senegal:Abanyamadini bashwishurije Rihanna ko atakoza ikirenge mu gihugu cyabo, bamushinja ko ngo ari Umwilluminati.

$
0
0
Senegal:Abanyamadini bashwishurije Rihanna ko atazabagerera mu gihugu,ku mpamvu zuko  ngo ari Umwilluminati. Nyuma yuko Abanyamadini bo mu gihugu cya Senegal baburije Abaframaso (umuryango w’abantu bavugwaho kuramya Satani)gukorera inama mu gihugu cyabo, ubungubu noneho bahakaniye Umuririmbyi w’icyamamare Rihanna, witeguraga kuza muri icyo gihugu, kuzahakoza ikirenge, bavugako ari Umwilluminati. Ishyirahamwe ry’abanyamadini ryiganjemo  cyane Abayisilamu, rikaba ryariyise izina […]
Viewing all 2000 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>