Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

DRC / AGAPE Voice singers ije gutaramira abanyarwanda

$
0
0

Itsinda ry’abaririmbyi baririmba indirimbo zihimbaza Imana Agape voice Singers  ribarizwa muri leta iharanira demokarasi ya Congo  rigizwe n’abasore 4  bazwiho umwihariko w’amajwi y’umwimerere yuje ubuhanga   , ubu ngo baba bagiye kuza gutaramira abanyarwanda mu umujyi wa Kigali

Mu igitondo cyo kuri uyu wa kane bwana  IRIHO Eric umwe mu baririmbyi bagize iritsinda akaba umuyobozi  yatangarije isange.com ko bafite umunezero ukomeye wo kuzaza kuririmba mu Rwanda

Yagize ati : Sikenshi  amakorari cg abahanzi bo muri Congo twambuka imipaka ngo tugiye mu  ivugabutumwa mu bindi bihugu ! Natwe iki ni ikibazo duhora twibaza gusa ahari biterwa n’itangazamakuru ryacu rikora nabi bityo ibihangano byacu ntibigere kure ngo  natwe tubashe kubona ubutumire.  gusa si umbwa mbere tuje mu Rwanda ariko kandi biradushimisha iyo tubonye ubutumire bwo mu Rwanda kuko  turirimba tubona abantu banezerewe  tukumva imitima yacu inezerewe Imana cyane. Abanyarwanda bakunda ubutumwa bwiza mu indirimbo cyane iyo twahuriye mu gitaramo twumva natwe gutaha tutabyifuza  mubyukuri kuza kuririmba mu Rwanda ni ishema kuri twe.

 

Agape Voice singers ni abasore bari hagati y’imyaka 19 na 28  dore uko amazina yabo akurikirana n’amajwi baririmba : MARIUS Bisimwa   aririmba ijwi rya mbere .   DEOGRATIAS Chentwali   aririmba ijwi rya 2   KELVIN Tazi  aririmba ijwi rya 3  naho  IRIHO Eric akaririmba ijwi rya 4   aba basore babarizwa mu itorero ry’Abadiventiste  b’umunsi  wa 7 . bakemezako uretse iri torero no muyandi matorero  hose biyumvamo gukora  umurimo kuko  ngo bahamagariwe kwamamaza Christo

Iriho Eric  Yongeye ati : Tuba mu umuryango w’ivugabutumwa  Wokovu Family  uduhuza n’bantu benshi ndetse babarizwa  mu matorero atandukanye bityo bikadutera ishema ryo kugira abakunzi b’indirimbo zacu benshi  ndetse tukumva twishimiye  kugira inshuti z’abakozi bimana hirya no hino .

Kuri  uyu mwagatandatu  tariki 18 /11/2017  nibwo biteganyijweko aba basore bazaba bageze I Kigali i Masoro  mu igitaramo batumiwemo na chorale  PERLE DE VIE  bakazagaruka kandi ku  itariki 2 ukuboza  2017  I Kigali mu Bibare mu gitaramo  batumiwe mo  na korari  INKURUNZIZA   aho bazafatanya na korari ABAKURIKIYE YESU  ya Kacyiru ndeta na korari  Abahamya ba Yesu ibarizwa ku Muhima

Frere Manu   / Isange.com    Goma  DRC


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles