Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Apotre Mignonne niwe mwigisha mu gitaramo gikomeye cyateguwe na Diana Kamugisha &Pst Rose Ngabo

$
0
0

Kuriki cyumweru taiki ya 26 Ugushyingo 2017,I kigali harabera igitaramo gikomeye cyateguwe na Diana Kamugisha ndetse  Pastor Rose ,igitaramo cyiswe ”Atmosphere of Healing and Worship Concert ”.Ni igitaramo kizabera kuri New Life Bible Church kuva saa kumi z”umugoroba.Byamaze gutangazwa ko Apotre Mignonne ariwe uzigisha muri iki gitaramo akaba ari umwe mu bavugabutumwa b”abagore bakunzwe cyane muri iki gihugu cy”u Rwanda

Iki gitaramo kandi  kikazitabirwa n’abahanzi  nka Bosco Nshuti ukunzwe cyane mu ndirimbo  ze zamenyekanye cyane harimo Ibyo Ntuze, Ndumva unyuzuye n’izindi, hazaba kandi  hari Healing Worship Team ndetse n”Umuhanzikazi w”umunyempano uzwi ku izina rya Dinah Uwera bose batumiwe n’abahanzikazi twavuze haruguru.

                                                      

Diana Kamugisha umwe mu bateguye iki gitaramo avuga  ko kizaba ari igitaramo cyo kuramya Imana no kuyibohokera imbere hatitawe ku bibazo n”ingorane za buri munsi.Yongeyeho kandi ari umwanya mwiza wo guturiza imbere y”Imana abantu ba bakayiha  icyubahiro binyuze mu ndirimbo.

Ni igitaramo  kandi kizaba kirimo umwanya uhagije wo kuramya no guhimbaza Imana ariko nanone  ijambo ry’Imana rikazahabwa umwanya.

Aba bahanzikazi kandi bageze kure imyiteguro  y’iki gitaramo mu buryo butandukanye ,ku buryo abazitabira bazatahana  kubohoka bitewe ahanini n’ibyo bateguriwe n’aba bahanzikazi.

Abavuga ko kandi iri ari iyerekwa bafite rizakomeza  ndetse ko hari n’ibindi  bikorwa bitandukanye bazagenda bakora nyuma y’iki gitaramo harimo ibitaramo,gufasha abatishoboye n’ibindi.

Bosco Nshuti ari tayari kuramya Imana

Diana Kamugisha yamenyekanye cyane mu ndirimbo Impamba, Haguruka, ku musozi n’izindi akaba yaherukaga igitaramo mu mwaka wa 2016  cyiswe Refresh Worship and Music Festival, kandi kurubu akaba ari mubari guhatana kwegukana Groove Awards 2017 muri Female artist of the Year.

Pastor Rose Ngabo yamenyekanye cyane mu ndirimbo Sinzatinya, Mwami  Ndaje n’izindi akaba n’umushumba Mukuru mu itorero Baho Church riherereye i Kabuga.

 

 

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>