Muri iki gihe mirongo itanu n’umwe ku ijana, 51/100 gusa mu baturage bo mu Bwongereza nibo bahamya ko ari Abakristo. Ni ukuvuga ko hagabanyutseho umubare w’abakristo batanu ku ijana(5/100) kuva muri 2011.
Mu gihe kingana nk’icyo, abatagira idini bo bavuye kuri mirongitatu na batanu ku ijana, bagera kuri mirongo ine ku ijana 35/100 – 40/100.
Ubu ngubu aba batagira idini nibo benshi ku bantu bari munsi y’imyaka 35.
Aya makuru yavuye mu iperereza ryabaye mu kwa munani rikozwe ku bantu 8000.
Ibi bikaba byaratangajwe ku itariki ya mbere Ukwakira n’ikinyamakuru, British Religion in News.