Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Upendo Choir yakoze igitaramo kitazibagirana kuko cyari cyuje ubwuzu

$
0
0

Nyuma y’igihe kitari gito bitegura iki gitaramo ‘Upendo Choir’, abagize Upendo Choir kuri iki tariki 02 Ukwakira 2016 bakoze igitaramo kidasanzwe cyabereye mu itorero rya Fourscare church riherereye Kimirinko kuva isaa munani(14h00’) z’umugoroba aho kwinjira byari ubuntu.

Umuyobozi mukuru wa Upendo Choir  yavuze ko batiyumvisha impamvu urubyiruko rujya mu tubyiniro rukurikiyeyo umuziki mu gihe no mu nzu y’Imana uwo muziki wacurangwa ariko mu buryo buhimbaza Imana aAshima kandi Imana yabashoboje gukora umurimo ukomeye dore ko hanabonetse abantu bashyigikira ibikorwa bateganya mu minsi irimbere.

14658452_1102051779843480_221297251_n

Ubwitabire bwari buri ku rwego rwo hejuru aho na Upendo Choir yagerageje  kubahiriza amasaha nubwo bitari byoroshye kuko imvura nayo yari imeze nabi cyane, ubusazwe mu bitaramo bya hano mu Rwanda amasaha yo gutangira n’ ikintu gikunze kugora benshi mu bahanzi. Ku mugoroba ahagana isaa cyenda  n’indi minota nibwo iki gitaramo cyatangiye, Upendo Choir  yakirwa mu ba mbere yishimirwa n’abantu batari bacye. Dore ko ari nayo yateguye iki gitaramo, Upendo Choir yagiye  yakirwa mu byiciro bitandukanye kandi  buri uko yakirirwaga yazanaga agashya.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>