Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Chorale Christus Regnat igiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 mu gitaramo cy’imbaturamugabo

$
0
0

Chorale Christus Regnat ni korali yo muri Paruwasi Regina Pacis /Remera, muri Arkidiyosezi ya Kigali. Ikaba ari korali imaze kuba ubukombe mu bijyanye na muzika ikoze neza, cyane cyane mu gitambo cya Misa no mu bindi bikorwa byubaka umuntu kuri roho ndetse n’umubiri.

Aha n’igihe Chorale Christus Regnat yari yiteguye gutaramira abakunzi bayo mu ntangiriro z’uyu mwaka

Aha n’igihe Chorale Christus Regnat yari yiteguye gutaramira abakunzi bayo mu ntangiriro z’uyu mwaka

Ni muri urwo rwego Chorale Christus Regnat yabateguriye igitaramo cyo gushimira Imana ibyiza bagezeho muri iyi myaka 10 bamaze bamamaza ijambo ry’imana binyuze mu ndirimbo.

iyi nayo ni cover ya Album nshya bazaba bamurika yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”

iyi nayo ni cover ya Album nshya bazaba bamurika yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”

Muri iki gitaramo cy’imbaturamugabo Chorale Christus Regnat izaboneraho n’umwanya wo kubamurikira Album yabo ya 5 yitwa “URUHANGA RW’IMPUHWE”. Ikaba ari album nziza, igizwe n’indirimbo nziza zahimbwe n’abahanga muri muzika, kandi by’umwihariko ikaba irimo ubuhanga mu miririmbire ndetse no mu micurangire.

Aba ni abagize ijwi rya Basse na Tenor

Aba ni abagize ijwi rya Basse na Tenor

Kwinjira muri icyo gitaramo ni amafaranga ibihumbi bitanu (5,000 frw) ku bantu bakuru ndetse n’ibihumbi bibiri (2,000 frw) ku bana.

Agashya muri iki gitaramo n’uko babateguriye n’igitabo cy’izo ndirimbo kandi zanditse ku manota

Agashya muri iki gitaramo n’uko babateguriye n’igitabo cy’izo ndirimbo kandi zanditse ku manota

Icyo gitaramo kizabera kuri Lemigo Hotel, kuri icyi cyumweru, tariki ya 13/11/2016, saa kumi n’ebyiri (18h00’) za ni mugoroba. Amatike aragurishirizwa kuri librairie Sainte famille, kuri Centre Christus, ndetse no kuri Paruwasi Regina Pacis. Amatike kandi azanagurishirizwa ku muryango kuva saa kumi (16h00) za ni mugoroba.

Kubura muri iki gitaramo n’uguhomba uburyohe bw’amajwi meza y’aba baririmbyi ba Nyiribiremwa.

 

Nd. Bienvenu/Isange.com


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles