Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Bishop Rugagi yanenzwe bikomeye kwigereranya n’Umuhanuzi ELIYA wo muri Bibiliya. Ese ubundi imbaraga ze ziva he?

$
0
0

Nyuma y’uko Bishop RUGAGI Innocent atanze itangazo ahamagaza abantu bahinyuza imbaraga ze  ngo bazaze bajye ku Misozi no mu masitade kugira ngo abemeze ko imbaraga ze zishobora gukora ibitangaza abantu BOSEBABIREBA, hari abantu benshi bagiye bavugira mu matamatama, abandi bandika ku mbuga za interineti, abandi nabo basakaaza ubutumwa bwabo ku mbugankoranyambaga bunenga bwivuye inyuma uyu Bishop Rugagi Innocent uyobora Itorero Redeemed rikorera mu mujyi wa Kigali.

Ese ubundi Bishop Rugagi ni Muntu ki ku buryo yakwigereranya n’umuhanuzi ELIYA ukomeye muri Bibiliya?

Bishop Rugagi yahoze ari umukristo uciriritse mu Itorero rya ADEPR, akaba yarabaga mu matsinda y’abanyamasengesho. Igihe cyarageze nk’abandi, nawe afata icyemezo cyo kuva muri ADEPR ajya gutangiza Itorero Redeemed. Itorero rye yaje kurijyana i Nyamirambo aho bita ku Ntaraga, binavugwa ko mbere yo kuhaza yaba yarirukanishije Pastor YONGWE Joseph wakoreraga muri iyi nyubako yahoze ari “AKABARI” yaje kuba urusengero rwe, hakaba ari naho hamenyekaniye Itorero rye.

Bishop Rugagi, yaje gukora iyo bwabaga akajya ajya muri Kenya inshuro nyinshi gushaka umubano wihariye ku bapasiteri baho, agategura ibiterane bikomeye, akaba ari nabwo yatangiye kuvuga ko nawe ari UMUHANUZI.

Bishop Rugagi yasabye abahinyuza imbaraga ze ko bazaza bagahurira ku musozi nk’uko umuhanuzi Eliya yabikoze

Mu rwego rwo gushaka guca amagambo cyangwa se amazimwe, Bishop Rugagi yasabye abavuga ko akoreshwa na Satani kuza bakajya ku musozi nk’uko Eliya yabigenje ubwo yahamagazaga abahanuzi ba Bayali bakazamuka, agasenga umuriro ukamanuka mu ijuru ugatwika igitambo.

Hari ababifashe nko tutagira ubwenge….no kutamenya uburyo impano z’Imana zikoreshwa.

Ijambo ry’Imana riragira riti “Nuko ntimukagende nk’abatagira ubwenge” mu magambo Bish Rugagi yavuze umuntu yakwibaza impamvu hagaragaramo gushaka kwemeza abantu kandi atari we ukora ibitangaza ahubwo ari ikimurimo. Gushaka kwemeza abantu sicyo gikenewe, ahubwo hakenewe icyabafasha niba koko bari mu buyobe. Impano z’Imana ubundi ntizikoreshwa mu rwego rwo kwemeza abantu, ahubwo zikoreshwa mu rwego rwo kungura Itorero no kugarurira abantu kuri Kristo.

Hari abibajije impamvu izo mbaraga ashaka kujya kwerekanira ku musozi ngo ahinyuze abantu, atazijyana mu bitaro byuzuyemo indembe ngo azisengere zikire. Bibaza kandi impamvu atazikoresha ngo asengere abababajwe n’ibibazo bitandukanye kugira ngo babohoke, ahubwo akumva ko akeneye kwemeza rubanda ndetse no kwigereranya ku Muhanuzi Eliya kandi batari ku rwego rumwe.

Ese ubundi izo mbaraga azikomora he?

Hari amakuru isange.com yahawe n’umwe mubashumba bakomeye b’inshuti za hafi ye, avuga ko Bishop Rugagi yaba yaragiye muri NIGERIYA kubonana n’umwe mu bahanuzi baho maze aramubatiza. (Gusa uwo mubatizo ntiyawudusobanuriye neza, niba ari uwo mu mazi cyangwa se uw’umuriro)

Kuva ubwo, ngo Bishop Rugagi yatangiye kwerura ko ari UMUHANUZI ukomeye, akajya akoresha itangazamakuru mu rwego rwo kwerekana ibitangaza akorera ku mugaragaro ku buryo byagiye bigera ku rwego rwo kurondora umuntu akavuga amazina ye ngo na nimero z’indangamuntu (Nubwo hari ababihinyuza)

Gusa n’ubwo abantu bavuga ibi byose, Bishop Rugagi we yemeza ko ari umuhanuzi w’ukuri ukorera Imana muri iki gihe ikaba imuhagurukije kugira ngo mu Rwanda kimwe n’ahandi ku isi bayimenye.

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>