Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Mu gihe cya vuba, Korali Hoziyana n’andi makorali akomeye yo muri ADEPR ashobora kwerekeza ku mugabane w’i Burayi mu ivugabutumwa!

$
0
0

Hashize imyaka 3 Itorero rya ADEPR rifunguye amatorero yanze y’u Rwanda. Iyi gahunda yatangiriye mu gihugu cya Uganda, itorero ryahafunguwe rikaba ryariswe ururembo rwa 6 rugizwe n’amatorero 20 akorera mu turere 23 rukurikira indembo 5 zisanzwe ziba mu Rwanda ari zo Umujyi wa Kigali, Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba n’Iburasirazuba.

Nyuma yaho gato, ubuyobozi bwa ADEPR bwakomeje gufungura izindi ndembo ku migabane y’iburayi, hakaba haragiye hoherezwa abavugabutumwa bakomeye barimo Pasiteri Uwambaje Emmanuel wagiye kwigisha akamara igihe kingana n’iminsi 30.

Nyuma y’iri vugabutumwa ry’uyu mupasiteri, hari amakuru yizewe yavuye muri aya matorero y’iburayi yageze ku kinyamakuru isange.com avuga ko haba hari ikifuzo cy’uko Korali Hoziana yo mu karere ka Nyarugenge mu gihe cya vuba yazajya kuvugayo ubutumwa bwiza kuko abakristo b’iburayi  bayikunda cyane. Mu gushaka kumenya neza ayo makuru, isange.com yahamagaye Umuyobozi w’iyi Korali Bwana MUJIJI Deo, atubwira ko nta makuru y’ubwo butumire bazi, gusa ngo bafite isezerano ryo kujya kuvuga ubutumwa mu bihugu by’uburayi kuva mu bihe bya kera.

Korali Hoziana

Isange.com kandi yaganiriye na Bish.Tom Rwagasana, Umuvugizi ushinzwe ubuzima bw’Itorero muri ADEPR, avuga ko nk’Itorero batigeze babona ubwo butumire busaba ko Korali Hoziyana yazajyayo. Gusa yongeyeho ko bafite amakuru n’ubundi ko hari amakorali atandukanye yo muri ADEPR ashobora kuzatumirwa kujya kuvuga ubutumwa i Burayi mu gihe cya vuba, nk’uko muri iyi minsi hari amakorali atumirwa kujya kuvuga ubutumwa mu Itorero rya Kampala. Yongeyeho ko bazashyigikira aya makorali kugira ngo ivugabutumwa rirusheho kwamamara.

Bish.Twagasana Tom yakomeje atangariza isange.com ko Ururembo rw’Uburayi ari urwa 7 rukaba rukurikirana n’urwa Uganda. Yavuze kandi ko bateganya gufungura uturere tugize uru rurembo tukazaba tubarizwa mu bihugu nka Norvege, Lexambourg, Italy, Ubudage n’ahandi. Yasoje avuga ko uru rurembo rw’uburayi rwamaze kwemezwa na Leta y’u Rwanda rukaba rwarasohotse no mu Igazeti.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>