Quantcast
Channel: .::Urubuga rwa mbere rwa Gikristo::. Amakuru asesenguye.
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Abahanzikazi Diana Kamugisha na Pastor Rose bagiye gukora igitaramo kizabohora abantu bakaramya Imana byuzuye

$
0
0

Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Ugushyingo 2017,i Kigali harabera igitaramo cyiswe ”Atmosphere of Healing Worship Concert” kigamije kubohora  imitima y”abantu maze bakabohokera kuramya Imana byuzuye.

Ni igitaramo kizabera kuri salle ya New Life Bible Church  Kicukiro  kikazahuza abahanzi Diana Kamugisha ndetse na Pastor Rose Ngabo  ari nabo bateguye iki gitaramo. Muri iki gitaramo kandi hatumiwemo abandi baramyi bakomeye barimo

Bosco Nshuti ukunzwe cyane mu ndirimbo  ze zamenyekanye cyane harimo Ibyo Ntuze,Ndumva unyuzuye n’izindi.

Hazaba kandi  hari Healing Worship Team ndetse n”Umuhanzikazi w”umunyempano uzwi ku izina rya Dinah Uwera.

Dinah Uwera uherutse gukora igitaramo nawe azaba ari muri iki gitaramo

Diana Kamugisha umwe mu bateguye iki gitaramo yabwiye Isange.com ko kizaba ari igitaramo cyo kuramya Imana no kuyibohokera

imbere hatitawe ku bibazo n”ingorane za buri munsi.Yongeyeho kandi ari umwanya mwiza wo guturiza imbere y”Imana abantu ba bakayiha

icyubahiro binyuze mu ndirimbo.Ni igitaramo  kandi kizaba kirimo umwanya uhagije wo kuramya no guhimbaza Imana ariko nanone  ijambo ry’Imana

rikazahabwa umwanya.Aba bahanzikazi kandi bageze kure imyiteguro  y’iki gitaramo mu buryo butandukanye ,ku buryo abazitabira bazatahana

kubohoka bitewe ahanini n’ibyo bateguriwe n’aba bahanzikazi.Abavuga ko kandi iri ari iyerekwa bafite rizakomeza  ndetse ko hari n’ibindi  bikorwa bitandukanye bazagenda bakora nyuma y’iki gitaramo harimo ibitaramo,gufasha abatishoboye n’ibindi.

Bosco Nshuti wamenyekanye cyane mu ndirimbo Ibyo Ntunze,Ndumva Unyuzuye nawe azaba ahari.

Diana Kamugisha yamenyekanye cyane mu ndirimbo Impamba,Haguruka,ku musozi n’izindi akaba yaherukaga igitaramo mu mwaka wa 2016  cyiswe Refresh Worship and Music Festival naho Pastor Rose Ngabo yamenyekanye cyane mu ndirimbo Sinzatinya,Mwami Ndaje n’izindi akaba n’umushumba Mukuru mu itorero Baho Church riherereye i Kabuga.

Reba indirimbo Haguruka  ya Diana Kamugisha

Re hano indirimbo Mwami Ndaje ya Rose Ngabo


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2000

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>