Ntibisazwe kuko ubu usiagaye usanga amakorali abarizwa mu matorero atandukanye asa naho yahagurukiye gukora umurimo w’ ivugabutumwa hirya no hino mu bihugu byo ha nze y’urwanda, kuri ubu rero Korali Bethlehem ibarizwa mu itorero rya ADEPR Paruwasi ya Gisenyi ikaba yere keje mw’ ivugabutumwa mu gihugu cya Kenya.
Korali Bethlehem ibarizwa mu itorero rya ADEPR Gisenyi Paruwasi ya Gisenyi mu karere ka Rubavu, yatangaje ko bahagurutse ku mugoroba wo kwagatatu tariki 13 Mata 2016.
Babinyujije mu butumwa bugufi , batangaje ko bamaze guhaguruka i Rubavu berekeza mu gihugu cya Kenya mu rugendo rw’ ivugabutumwa.
Mu ijambo ry’uhagarariye Korali Bethlehem yavuze ko bose bateruriye hamwe bari mu modoka baravuga bati: “Turingingira nyir’ umurimo kujyana natwe, gukorana natwe, kuturinda, kuko twe tutakwishoboza, mwami! Ntabe aritwe”. Iri ni isengesho rigufi ryasenzwe mbere y’ uko bahaguruka mu Karere ka Rubavu kubutaka bw’u Rwanda.
Amakuru dukesha umwe mubashijwe itangaza makuru muri iyi Korali yavuze ko uretse ingendo z’ivugabutumwa bakora, yavuze kandi ko igihe kigeze ngo Imana ibatume aho ishaka hose, tubibutse ko iyi korali itahagurukanye abaririmbyi bayo gusa, kuko banjyanye nabandi bavugabutumwa batandukanye n’abaterankunga bayo. Isange Corporation ikaba izakomeza kubakurikiranira hafi aya makuru kugeza bagarutse mu Rwanda
Nd. Bienvenu/Isange.com/Tel;0785247778,0725040607.
The post Korali Bethlehem Mbere yuko ihaguruka kubutaka bw’ u Rwanda yerekeza muri Kenya. appeared first on .::Urubuga rwa mbere rwa Gikiristo ::..